
Umwe mu mpuguke mu bijyanye n’ikorana buhanga uvuka mu gihugu c’u Bubiligi, yapfuye ahanutse kunzu ya Etage 12, i Kinshasa, k’umurwa mukuru w’igihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo.
Bya vuzwe ko uwapfuye yari yoherejwe n’umuryango w’u bumwe bw’ibihugu by’u Buraya, kugira ngo aje gukurikirana iby’Amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ahagana isaha z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, rishira kuri uyu wo ku Cyumweru, tariki ya 24/12/2023, n’ibwo uriya mu Biligi yahanutse, ubwo yari hejuru muri Hotel, izwi kw’izina rya Hilton Hotel, ikaba iherereye mu Mujyi wa Kinshasa. Nyuma yoguhanuka abatabaye basanze umwuka we waheze.
Mu makuru yizewe Minembwe Capital News, yahawe, avuga ko, umurambo we wahise woherezwa mu gihugu cye c’u Bubiligi.
Bruce Bahanda.