• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, March 13, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Impungenge zikomeje kwiyongera mu misozi y’i Mulenge nyuma y’aho FARDC irasiye ibisasu mu baturage

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
March 13, 2026
in Conflict & Security
0
Impungenge zikomeje kwiyongera mu misozi y’i Mulenge nyuma y’aho FARDC irasiye ibisasu mu baturage
66
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Impungenge zikomeje kwiyongera mu misozi y’i Mulenge nyuma y’aho FARDC irasiye ibisasu mu baturage

You might also like

Umusirikare Wigeze Kugarukwaho mu Mateka y’Iyicwa rya Perezida Laurent-Désiré Kabila Yongeye Kuvugwa

Amakuru y’Ibanga Agaragaza ko FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bateguye Igitero Kinini gishobora Gutangirira mu Bice bya Uvira

Ku Ndondo: Wazalendo Bahahuriye n’Urugamba Rukomeye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima

Amakuru aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aravuga ko mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13/03/2026, habaye igitero cy’ibisasu cyagabwe na drone y’ingabo za Leta, FARDC, cyibasiye agace ka Mikenke gatuwe n’Abanyamulenge.

Nk’uko amakuru yizewe aturuka muri ako karere abivuga, iyo drone y’ingabo za FARDC yarashe ibisasu mu masaha y’igicuku, ahagana saa saba z’ijoro. Nubwo ibyo bisasu byaraswaga mu gace gatuwe n’abaturage, amakuru y’ibanze agaragaza ko nta byangiritse bikomeye cyangwa abantu bahitanywe na byo byatangajwe kugeza ubu.

Mu buhamya bw’umwe mu baturage wahaye amakuru Minembwe Capital News, yagize ati:
“Mu by’ukuri muri iri joro drone ya FARDC yarashe ibisasu mu gace ka Mikenke. Gusa ku bw’amahirwe menshi ntibyagize icyo byangiza gikomeye kuko byaguye hafi y’ahatuwe.”

Abaturage bavuga ko nubwo kuri uyu wa Gatanu mu karere hose hiriwe ituze kandi ubuzima busa n’aho bwakomeje uko bisanzwe, impungenge ku mutekano zikomeje kuba nyinshi, bitewe n’uko ibikorwa bya gisirikare bikoresha ibisasu bya drone byagiye byiyongera muri aka gace mu minsi ishize.

Iki gitero kibaye nyuma y’ibindi byabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, aho ingabo za FARDC zarashe ibisasu mu bice bitandukanye bya Minembwe. Muri ibyo bice harimo na centre ya Minembwe, aho na bwo abaturage bagaragaje impungenge z’uko ibikorwa bya gisirikare bikomeje gukorerwa hafi y’aho batuye bishobora guteza ingaruka zikomeye ku mutekano w’abasivile.

Akarere ka Minembwe n’imisozi y’i Mulenge muri rusange bimaze igihe birebana n’ibibazo by’umutekano muke, ahanini biterwa n’ibitero by’ingabo za Leta ya RDC n’abafatanyabikorwa babo. Ibi bitero byakunze gushyira mu kaga abaturage basanzwe, cyane cyane mu bice by’imisozi miremire.

Abasesenguzi b’ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa RDC bagaragaza ko ikoreshwa rya drone mu bikorwa bya gisirikare rigenda ryiyongera muri iyi minsi, cyane cyane mu kugenzura cyangwa kurasa ibice bituwe n’Abanyamulenge. Icyakora, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikomeje kugaragaza impungenge z’uko ikoreshwa ry’izo ntwaro mu bice bituwe n’abaturage rishobora guteza ingaruka ku basivile.

Hagati aho, abaturage bo muri aka gace bakomeje gusaba ko habaho ingamba zikarishye zo kurinda abasivile no kwirinda ko ibikorwa bya gisirikare byakongera gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Nubwo kuri uyu wa Gatanu umutekano ugaragara nk’uwifashe neza mu bice byinshi bya Minembwe, abaturage bavuga ko bakomeje kuba maso, bategereje kureba niba mu minsi iri imbere umutekano uzakomeza kuba mwiza cyangwa niba hazongera kubaho ibindi bikorwa bya gisirikare muri aka karere.

Tags: FardcIbiteroMikenke
Share26Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Umusirikare Wigeze Kugarukwaho mu Mateka y’Iyicwa rya Perezida Laurent-Désiré Kabila Yongeye Kuvugwa

by Bahanda Bruce
March 13, 2026
0
Umusirikare Wigeze Kugarukwaho mu Mateka y’Iyicwa rya Perezida Laurent-Désiré Kabila Yongeye Kuvugwa

Umusirikare Wigeze Kugarukwaho mu Mateka y’Iyicwa rya Perezida Laurent-Désiré Kabila Yongeye Kuvugwa Amakuru aturuka mu mujyi wa Lubumbashi aravuga ko Gen. Eddy Kapend yaba yatawe muri yombi n’inzego...

Read moreDetails

Amakuru y’Ibanga Agaragaza ko FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bateguye Igitero Kinini gishobora Gutangirira mu Bice bya Uvira

by Bahanda Bruce
March 13, 2026
0
Ese Politiki ya Tshisekedi mu Burasirazuba bwa RDC Irasa n’Intaba yo Hepfo Ihabwa Yo Ntitange”? — Isesengura rya Girinka William Kabare

Amakuru y’Ibanga Agaragaza ko FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bateguye Igitero Kinini gishobora Gutangirira mu Bice bya Uvira Amakuru mashya avuye imbere mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Ku Ndondo: Wazalendo Bahahuriye n’Urugamba Rukomeye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima

by Bahanda Bruce
March 12, 2026
0
Ku Ndondo: Wazalendo Bahahuriye n’Urugamba Rukomeye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima

Ku Ndondo: Wazalendo Bahahuriye n’Urugamba Rukomeye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima Mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki ya 12/03/2026, ku Ndondo muri gurupema ya...

Read moreDetails

I Goma Abaturage Bigaragambije Basabye AFC/M23 Kubohora RDC Yose

by Bahanda Bruce
March 12, 2026
0
Auto Draft

I Goma Abaturage Bigaragambije Basabye AFC/M23 Kubohora RDC Yose Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12/03/2026, abaturage benshi bo mu mujyi wa Goma mu ntara...

Read moreDetails

Nangaa Yashinje Leta ya Kinshasa Gutegura Kwagura Intambara mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 12, 2026
0
Nangaa Yashinje Leta ya Kinshasa Gutegura Kwagura Intambara mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari

Nangaa Yashinje Leta ya Kinshasa Gutegura Kwagura Intambara mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), Corneille Nangaa, yashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Uvira: Abaturage Bashinja Wazalendo Kwica Umuturage, Ubwoba Bwakomeje Kwiyongera mu Burasirazuba bwa RDC

Ubutabera bw’u Bufaransa Bwatangije Iperereza ku Rupfu rw’Umukozi wa UNICEF Wishwe n’Igitero cy’Indege mu Burasirazuba bwa RDC

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?