Impunzi z’Abanye-Congo mu Burundi Zugarijwe n’Ibibazo Bikomeye by’Ubuzima, Abapfa Bakomeje Kwiyongera
Impunzi z’Abanye-Congo zicumbikiwe mu nkambi zitandukanye zo mu gihugu cy’u Burundi zirimo kunyura mu bihe bikomeye by’akababaro n’ubuzima bubi, aho imibare igaragaza ko abantu bagera ku 105 bamaze kwitaba Imana mu byumweru bibiri bishize. Ibi byatewe ahanini n’ibibazo bikomeye by’ubuzima, imibereho mibi ndetse n’ibura ry’ubufasha bw’ibanze.
Aya makuru yemejwe n’Umuryango Citizens’ Organization for Peace and Community Coexistence (CPCC) binyuze muri raporo yashyizwe ahagaragara, igaragaza ishusho iteye impungenge ku buzima n’imibereho y’izi mpunzi. Umuyobozi w’uyu muryango, Ahadi Bya Masu, yatangaje ko imibereho yazo “iteye ubwoba kandi idakwiriye ikiremwamuntu,” ashimangira ko urupfu rw’abantu 105 rwatewe ahanini no kubura aho kuryama hahagije, serivisi z’ubuvuzi zinoze, ndetse n’ubufasha bw’ibanze bukenewe mu bihe by’ubutabazi.
Raporo ya CPCC ikomeza igaragaza ko izi mpunzi zimwe na zimwe zugarijwe n’umutekano muke, aho rimwe na rimwe zigabwaho ibitero n’abantu bitwaje intwaro, bigatuma ubuzima bwazo burushaho kujya mu kaga.
Imiryango mpuzamahanga n’iy’igihugu yita ku mpunzi ivuga ko abaturage bagera ku 50,000 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahungiye mu Burundi kuva tariki ya 05/12/2025. Abo baturage ahanini bakomoka mu bice bya Uvira n’inkengero zaho, bahunze imirwano ikomeye yahanganishije Ingabo za Leta ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23.
Nyuma yo kugera mu bice bya Cibitoke na Bukinanyana, izi mpunzi zahise zihura n’ibibazo bikomeye by’imibereho, kuko ubuyobozi bw’u Burundi bwatangaje ko bwatunguwe n’umubare munini wazo, bityo bugaragaza ko butari bu biteguye bihagije kuzakira no kwita kuri izi mpunzi mu buryo bukwiye.
Mu rwego rwo gushaka igisubizo kuri iki kibazo cyihutirwa, Minisiteri y’Umutekano mu Burundi yasohoye itangazo mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka ushize wa 2025, isaba abaterankunga n’imiryango mpuzamahanga gutanga ubufasha bwihuse kugira ngo hafatwe ingamba zo kwita kuri izi mpunzi.
Nubwo hari icyizere cy’uko ubufasha bushobora kuboneka, gusubira mu gihugu cyabo biracyagaragara nk’ibidashoboka kuri izi mpunzi, kuko u Burundi bwafunze imipaka ibuhuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abategetsi b’u Burundi batangaje ko imipaka ya Gatumba n’uwa Vugizo izafungurwa gusa igihe umutekano uzaba wagarutse mu buryo budateye impungenge.
Ku rundi ruhande, ihuriro AFC/M23 rishinja u Burundi “gukoresha imbaraga z’urugomo zikabije” ku mpunzi zigerageza gusubira iwabo. Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza impunzi zambuka amazi y’uruzi rwa Ruzizi zikoresheje imajerekani, mu bushobozi buke no mu kaga gakomeye, zishaka gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo—ishusho ikomeye igaragaza uburemere bw’iki kibazo cy’ubutabazi n’ingaruka zacyo zikomeye ku buzima bw’abantu.






