Impunzi z’Abanye-Congo zahungiye i Burundi zagaragarije ubutegetsi bw’i Kinshasa ko zishoboye kumaraho AFC/M23.
Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abembe n’Abapfulero bahungiye mu nkambi y’i mpunzi ya Gasogwe basabye ubutegetsi bw’i Kinshasa kubaha intwaro bakaja kurwanya ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho ngo niba perezida Felix Tshisekedi yarananiwe kurirwanya.
Inkambi y’impunzi ya Gasogwe iherereye mu ntara y’i Muyinga mu Burasizuba bw’u Burundi.
Iyi nkambi icyumbikiye impunzi z’Abanye-Congo ahanini zaturutse muri Kivu y’Amajyepfo zibarirwa mu bihumbi 10 birenga.
Ku munsi w’ejo ku wa gatanu tariki ya 18/04/2025, ni bwo muri iyi nkambi hageze delegation ivuye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ikaba yaririmo abayobozi batandukanye n’abandi baserukiye ambasade yabo(Congo) i Bujumbura. Akarusho hari n’intumwa ya minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Burundi.
Nyuma iyi delegation yabwiye izi mpunzi ikiyigenza, ibagaragariza kwari ukuzisura no kumva ibibazo zifite.
Ubwo izi mpunzi zahabwaga kubaza no kuvuga ibyifuzo byazo, zabwiye iyo delegation ivuye muri RDC n’intumwa ya minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Burundi kubabariza perezida Felix Tshisekedi niba yarananiwe kurwanya M23, mu gihe yaba yarananiwe bidasubirwaho bo akabaha intwaro bakaja kuyirwanya, ngo kuko bafite ubushobozi bwo kuyimaraho.
Uwo izi mpunzi zahaye ijambo kugira ngo azivugire ibyifuzo byazo yagize ati: “Mwubahwa ntumwa ya minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Burundi namwe ntumwa za Congo, mudushikirize ubutumwa kwa perezida Felix Tshisekedi, buvuga ngo: ‘niba yarananiwe kurwanya M23 twebwe turahari tuzayirwanya kandi tuyimareho,’ aduhe intwaro n’inzira twambuke. Ibindi azabiturekere.”
Izi mpunzi zakomeje zigaragariza iriya delegation ko igihe cyose zo ziteguye kwambuka mu Burasizuba bwa Congo kurwana no gufasha igisirikare cya RDC.
Ubundi kandi zavuze ko perezida Felix Tshisekedi wa Congo yitwa “Beton,” bityo ngwagomba gukora uko izina rye risobanura.
Muri izi impunzi hari iyavuze ko yo ifite ubushobozi bwo kwica abarwanyi ba M23 10 mu minota mike, ndetse ko yanamaraho bose icyarimwe.
Izi mpunzi zisabye ubutegetsi bw’i Kinshasa kubaha kurwanya M23 mu gihe uyu mutwe umaze kwigarurira igice kinini cy’u Burasizuba bw’iki gihugu, kuko ufite intara ya Kivu y’Amajyaruguru hafi ya yose, n’igice kinini cy’intara ya kivu y’Amajyepfo. Ni mu gihe ugenzura umujyi wa Bukavu n’uwa Goma n’ibice byinshi bigize izo ntara.