Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 30, 2024
in Regional Politics
0
Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Byatangajwe n’abayobozi bo mu gihugu cya Ukraine, aho bavuze ko imwe mu ndege z’intambara zo mu bwoko bwa F-16, Ukraine yakoreshaga yashwagujwe.

Iy’i ndege byavuzwe ko igihugu cya Ukraine cya yihawe n’inshuti zayo zo mu muryango wo gutabarana mu bya gisirikare wa OTAN, uyu muryango ukaba ugizwe n’ibihugu by’u Burayi n’Amerika.

Igisirikare cya Ukraine cyavuze ko iyo ndege yahanutse ku wa Mbere mu rukurikirane rw’ibisasu bya misile by’u Burusiya, yicirwamo umupilote wayo Oleksiy Mes. Ni bwo bwa mbere indege nk’iyi ihanuwe kuva Ukraine yahabwa izi ndege mu ntangiriro y’uku kwezi.

Igisirikare cya Ukraine cyavuze ko isandara ry’iyo ndege ritatewe mu buryo butaziguye n’igitero cya misile cy’umwanzi.

Cyavuze ko umupilote yashwanyaguje misile zigera muri zitatu zigendera ku muvuduko wo hagati na hagati no ku butumburuke bwo hasi zo mu bwoko bwa “cruise’ ndetse ashwanyaguza n’indege nto y’intambara itajyamo umupilote izwi nka drone, mu gitero kinini cy’u Burusiya cyo mu kirere kibayeho kugeza ubu.

Itangazo ry’igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyashize hanze, cyagize kiti: “Oleksiy yarokoye Abanya-Ukraine za misile zica z’u Burusiya.”

Iryo tangazo ntiryasobanuye ubwoko bw’indege yari arimo, ariko umusirikare wa Ukraine yabwiye itangaza makuru ko uwo mupilote yari atwaye indege y’intambara ya F-16.

Ku wa Kabiri, w’iki Cyumweru turimo nibwo perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yemeje ku mugaragaro ko izo ndege zikorwa n’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zo mu bwoko bwa F-16 zirimo gukoreshwa mu guhanura drone na misile z’u Burusiya.

Muri iki Cyumweru, yasabye ibihugu byo mu muryango wa NATO kwemerera ingabo ze zigakoresha misile zirasa mu ntera ndende, mu kurasa cyane mu Burusiya.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Buholandi, Gen Onno Eichelsheim yemeje ko buzaha Ukraine indege 24 z’ubwo bwoko, ziyongera ku zindi ntwaro.

Ku wa Gatatu, yavugiye mu nama mu murwa mukuru Washington DC muri Amerika ko nta cyo Ukraine izaba ibujijwe kuzikoresha, uretse kubahiriza amategeko agenga intambara, bivuze ko bigera kure cyane ku butaka bw’u Burusiya.

Indege z’intambara za F-16 zigera kuri 65 zasezeranyijwe na OTAN kuva perezida w’Amerika Joe Biden yatanga uruhushya bwa mbere ku nshuti z’i Burayi zibishaka kuzohereza Ukraine, hari mu mwaka w’ 2023.

Indege za F-16 za Ukraine zifatanya n’umubare muto wa misile zatanzwe n’uburenganzira zirasirwa ku butaka zoherezwa mu kirere, zirimo nka Patriot na Nassams zosanzwe ziri muri icyo gihugu.

Ishwanyaguzwa ry’iyo ndege rikomye mu nkokora Zelensky, wavuze ko azageza gahunda y’intsinzi kuri perezida Biden mu kwezi gutaha.

Yahishyuye ko Ukraine iherutse gukora igerageza rya mbere ryagenze neza rya misile yo mu bwoko bwa ‘ballestic’ yakorewe muri icyo gihugu, ariko yanze kugira andi makuru arambuye atanga.

             MCN.
Tags: ByashwanyagujweF-16U BurusiyaUkraine
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe icyatumye ingabo za Kenya zongera koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Hatangajwe icyatumye ingabo za Kenya zongera koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?