• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.

minebwenews by minebwenews
August 30, 2024
in Regional Politics
0
Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Byatangajwe n’abayobozi bo mu gihugu cya Ukraine, aho bavuze ko imwe mu ndege z’intambara zo mu bwoko bwa F-16, Ukraine yakoreshaga yashwagujwe.

Iy’i ndege byavuzwe ko igihugu cya Ukraine cya yihawe n’inshuti zayo zo mu muryango wo gutabarana mu bya gisirikare wa OTAN, uyu muryango ukaba ugizwe n’ibihugu by’u Burayi n’Amerika.

Igisirikare cya Ukraine cyavuze ko iyo ndege yahanutse ku wa Mbere mu rukurikirane rw’ibisasu bya misile by’u Burusiya, yicirwamo umupilote wayo Oleksiy Mes. Ni bwo bwa mbere indege nk’iyi ihanuwe kuva Ukraine yahabwa izi ndege mu ntangiriro y’uku kwezi.

Igisirikare cya Ukraine cyavuze ko isandara ry’iyo ndege ritatewe mu buryo butaziguye n’igitero cya misile cy’umwanzi.

Cyavuze ko umupilote yashwanyaguje misile zigera muri zitatu zigendera ku muvuduko wo hagati na hagati no ku butumburuke bwo hasi zo mu bwoko bwa “cruise’ ndetse ashwanyaguza n’indege nto y’intambara itajyamo umupilote izwi nka drone, mu gitero kinini cy’u Burusiya cyo mu kirere kibayeho kugeza ubu.

Itangazo ry’igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyashize hanze, cyagize kiti: “Oleksiy yarokoye Abanya-Ukraine za misile zica z’u Burusiya.”

Iryo tangazo ntiryasobanuye ubwoko bw’indege yari arimo, ariko umusirikare wa Ukraine yabwiye itangaza makuru ko uwo mupilote yari atwaye indege y’intambara ya F-16.

Ku wa Kabiri, w’iki Cyumweru turimo nibwo perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yemeje ku mugaragaro ko izo ndege zikorwa n’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zo mu bwoko bwa F-16 zirimo gukoreshwa mu guhanura drone na misile z’u Burusiya.

Muri iki Cyumweru, yasabye ibihugu byo mu muryango wa NATO kwemerera ingabo ze zigakoresha misile zirasa mu ntera ndende, mu kurasa cyane mu Burusiya.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Buholandi, Gen Onno Eichelsheim yemeje ko buzaha Ukraine indege 24 z’ubwo bwoko, ziyongera ku zindi ntwaro.

Ku wa Gatatu, yavugiye mu nama mu murwa mukuru Washington DC muri Amerika ko nta cyo Ukraine izaba ibujijwe kuzikoresha, uretse kubahiriza amategeko agenga intambara, bivuze ko bigera kure cyane ku butaka bw’u Burusiya.

Indege z’intambara za F-16 zigera kuri 65 zasezeranyijwe na OTAN kuva perezida w’Amerika Joe Biden yatanga uruhushya bwa mbere ku nshuti z’i Burayi zibishaka kuzohereza Ukraine, hari mu mwaka w’ 2023.

Indege za F-16 za Ukraine zifatanya n’umubare muto wa misile zatanzwe n’uburenganzira zirasirwa ku butaka zoherezwa mu kirere, zirimo nka Patriot na Nassams zosanzwe ziri muri icyo gihugu.

Ishwanyaguzwa ry’iyo ndege rikomye mu nkokora Zelensky, wavuze ko azageza gahunda y’intsinzi kuri perezida Biden mu kwezi gutaha.

Yahishyuye ko Ukraine iherutse gukora igerageza rya mbere ryagenze neza rya misile yo mu bwoko bwa ‘ballestic’ yakorewe muri icyo gihugu, ariko yanze kugira andi makuru arambuye atanga.

             MCN.
Tags: ByashwanyagujweF-16U BurusiyaUkraine
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe icyatumye ingabo za Kenya zongera koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Hatangajwe icyatumye ingabo za Kenya zongera koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?