• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.

minebwenews by minebwenews
August 30, 2024
in Regional Politics
0
Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Indege y’intambara ya Ukraine iri mu zikomeye yashwanyagurijwe mu gitero cy’u Burusiya.

You might also like

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Byatangajwe n’abayobozi bo mu gihugu cya Ukraine, aho bavuze ko imwe mu ndege z’intambara zo mu bwoko bwa F-16, Ukraine yakoreshaga yashwagujwe.

Iy’i ndege byavuzwe ko igihugu cya Ukraine cya yihawe n’inshuti zayo zo mu muryango wo gutabarana mu bya gisirikare wa OTAN, uyu muryango ukaba ugizwe n’ibihugu by’u Burayi n’Amerika.

Igisirikare cya Ukraine cyavuze ko iyo ndege yahanutse ku wa Mbere mu rukurikirane rw’ibisasu bya misile by’u Burusiya, yicirwamo umupilote wayo Oleksiy Mes. Ni bwo bwa mbere indege nk’iyi ihanuwe kuva Ukraine yahabwa izi ndege mu ntangiriro y’uku kwezi.

Igisirikare cya Ukraine cyavuze ko isandara ry’iyo ndege ritatewe mu buryo butaziguye n’igitero cya misile cy’umwanzi.

Cyavuze ko umupilote yashwanyaguje misile zigera muri zitatu zigendera ku muvuduko wo hagati na hagati no ku butumburuke bwo hasi zo mu bwoko bwa “cruise’ ndetse ashwanyaguza n’indege nto y’intambara itajyamo umupilote izwi nka drone, mu gitero kinini cy’u Burusiya cyo mu kirere kibayeho kugeza ubu.

Itangazo ry’igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyashize hanze, cyagize kiti: “Oleksiy yarokoye Abanya-Ukraine za misile zica z’u Burusiya.”

Iryo tangazo ntiryasobanuye ubwoko bw’indege yari arimo, ariko umusirikare wa Ukraine yabwiye itangaza makuru ko uwo mupilote yari atwaye indege y’intambara ya F-16.

Ku wa Kabiri, w’iki Cyumweru turimo nibwo perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yemeje ku mugaragaro ko izo ndege zikorwa n’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zo mu bwoko bwa F-16 zirimo gukoreshwa mu guhanura drone na misile z’u Burusiya.

Muri iki Cyumweru, yasabye ibihugu byo mu muryango wa NATO kwemerera ingabo ze zigakoresha misile zirasa mu ntera ndende, mu kurasa cyane mu Burusiya.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Buholandi, Gen Onno Eichelsheim yemeje ko buzaha Ukraine indege 24 z’ubwo bwoko, ziyongera ku zindi ntwaro.

Ku wa Gatatu, yavugiye mu nama mu murwa mukuru Washington DC muri Amerika ko nta cyo Ukraine izaba ibujijwe kuzikoresha, uretse kubahiriza amategeko agenga intambara, bivuze ko bigera kure cyane ku butaka bw’u Burusiya.

Indege z’intambara za F-16 zigera kuri 65 zasezeranyijwe na OTAN kuva perezida w’Amerika Joe Biden yatanga uruhushya bwa mbere ku nshuti z’i Burayi zibishaka kuzohereza Ukraine, hari mu mwaka w’ 2023.

Indege za F-16 za Ukraine zifatanya n’umubare muto wa misile zatanzwe n’uburenganzira zirasirwa ku butaka zoherezwa mu kirere, zirimo nka Patriot na Nassams zosanzwe ziri muri icyo gihugu.

Ishwanyaguzwa ry’iyo ndege rikomye mu nkokora Zelensky, wavuze ko azageza gahunda y’intsinzi kuri perezida Biden mu kwezi gutaha.

Yahishyuye ko Ukraine iherutse gukora igerageza rya mbere ryagenze neza rya misile yo mu bwoko bwa ‘ballestic’ yakorewe muri icyo gihugu, ariko yanze kugira andi makuru arambuye atanga.

             MCN.
Tags: ByashwanyagujweF-16U BurusiyaUkraine
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uzwi nka East African Community (EAC), wasabye impande zihanganye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 9, 2026
0
Loni Yashinje Ingabo za Leta ya RDC n’Umutwe wa FDLR Gukora Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina ku Baturage

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari Mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu ntara ya...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe icyatumye ingabo za Kenya zongera koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Hatangajwe icyatumye ingabo za Kenya zongera koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?