
Ingabo za Republika ya Democrasi ya Congo (FARDC), zakomeje kuja mubice byahoze byarigaruriwe n’inyeshamba zomumutwe wa M23 nimugihe M23 iheruka kubahiriza amasezerano y’iLuanda igasubira inyuma.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 28.04.2023, saa 12:25 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru yamaze kumenyekana kuri Minembwe Capital News, nuko Ingabo za leta ya Kinshasa zagiye mubice M23 iheruka kuvamo, nimugihe uyu mutwe uheruka kubahiriza amasezerano y’iLuanda n’a Nairobi maze iva mubice yari yarambuye leta ya Kinshasa.
Nkuko byamaze kumenyekana byavuzwe ko ibi bice ingabo za Republika ya democrasi ya Congo (FARDC), zatangiye kubijamo tariki 26.04.2023. Bimwe muribyo bice zimaze kugeramo bikaba biri muri Teritware ya Rutshuru muri Sheferi ya Bwito, hakaba havuzwe nahitwa Kishishe, Bambo, Kabizo, Kirumba, Butare Nahandi.
Ibi kandi byemejwe nuhagarariye Sosiyete Sivile (Civil Society), muri Bambo, Paul Lutibahwa, aho yavuze ko ingabo z’igihugu (FARDC), ko ziri mumujyi wa Bambo, anemeza ko izingabo zahageze kuva kuruyu wagatatu.
Umutwe wa M23 uvuga ko ibi FARDC iri gukora bihabanye namasezerano yi Luanda, gusa ingabo za FARDC nazo ntiziragira ico zibivugaho .
Mumasezerano ya Luanda avugako aho ingabo za M23 ziza ziva hagomba kuza haja ingabo za EAC. Ubushize M23 yabwiye itangaza Makuru ko FARDC niramuka igiye mubice bazaba bavuyemo ko itazabyihanganira ngo bazahita bongera kubura intwaro.




