
Umutwe wa gisirikare wa M23, waraye utanze igisubizo kubavuga ko bishe abantu muri Teritware ya Rutshuru.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 02.05.2023. Saa 6:45 am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Abasirikare barwanira ukubaho kwabaturage bo muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo aribo M23, baraye batanze igisubizo kubabashinja kwicya abantu 60, bavuze ko ibi ari nta shingiro bifite.
Ubushize ni bwo abatangazamakuru bandikira muri Congo Kinshasa, harimo nabandi mpuzamahanga batangaje inkuru y’uko hari abantu bagera Kuri 60, basanzwe bicyiwe mubicye bya Kashali na Kazaroho, ibi bicye bikaba biri muri Chefferie ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru.
Inzego zishinzwe umutekano muri Republika ya Democrasi ya Congo (RDC), zahise zitangaza ko bishwe n’ingabo za M23 hagati mumatariki ya 20 na 25 zukwezi gushize Kwa Kane(4), bakemeza ko ababishe bari baturutse ahitwa Mabenga.
Ibi bikaba byatumye umutwe wa M23, usohora itangazo tariki 01.05.2023, muriri tangazo bavuze ko ibirego by’uko ari bo bavugwa ko bishe abo bantu ari Propagande yahimbwe n’umwe mu banyamakuru b’abanye-Congo ukunze kuyitangazaho inkuru zibogamye.
Iri tangazo ryashyizweho umukono na Lawrence Kanyuka akaba ari Umuvugizi wa M23, mubya Politike, bagize bati:
“Birazwi kandi byanditse henshi ko muri Kazaroho hari ibirindiro bisaga icumi bya FDLR biyoborwa na Colonel Sirkof. Kazaroho, Rutare na Kirama ni indiri ya FDLR.”
Kanyuka akomeza agira ati: “Ibice byatangajwe biri imbere muri Pariki ya Virunga, aho FDLR itema ibiti ndetse yanahinze ibigori n’indi myaka, ku buryo abanye-Congo babakodesha imirima yo guhinga.”
Yakomeje avuga ko M23 bifuza ko aho abaturage bivugwa ko bishwe baturutse, kubera ko ibyo bice bivugwa biherereye muri pariki bidatuwe.
Kanyuka kandi yavuze ko ikizwi ari uko Ingabo za Leta ya Congo n’abo bakorana ari bo bagaba ibitero kuri M23 bakanica abaturage, bifashishije uduce uyu mutwe urekura ukadushyikiriza Ingabo za EAC mbere yo kwinjirwamo n’Ingabo za FARDC.




