• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo za RDC mu Minembwe zasubiranyemo.

minebwenews by minebwenews
October 28, 2024
in Regional Politics
0
Ingabo za RDC mu Minembwe zasubiranyemo.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo za RDC mu Minembwe zasubiranyemo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 27/10/2024, abasirikare ba FARDC bo muri brigade ya 21, bakorera mu Minembwe ho mu misozi miremire y’Imulenge barasanye, hapfa abasirikare babiri harimo ufite ipeti rya Major, ndetse muri iryo rasana hapfa n’inka z’Abanyamulenge izindi zirakomereka.

Ibi byabaye ahagana isaha zirindwi z’igicamunsi bigeza isaha ya sakumi nebyiri z’u mugoroba, ku masaha ya Minembwe no mu Burasirazuba bwa RDC.

Amakuru ava muri aka gace avuga ko ubwo abantu bari mu makanisa bari gusenga, humvikanye ibiturika byinshi, kandi ko byavuye ku musirikare wa FARDC wari wimwe “umushahara we,” mu gihe yari atangiye kuwubaza ababishinzwe arasa hejuru, birangira komanda we amurashe ahita y’itaba Imana ako kanya.

Haje gukurikiraho iraswa ry’uwo komanda wari warashe umusirikare we, aho abandi basirikare baraho bahise bamurasa uyu komanda wari ufite ipeti rya Major nawe ahasiga ubuzima.

Nyuma aha muri Minembwe uduce twinshi twarimo ingabo za Leta zakomerejeho kurasa amasasu, nka hitwa Kiziba ahari ikibuga cy’indege gikuru cya Minembwe, humvikanye urusaku rw’imbunda rwinshi, Muzinda n’ahandi, ndetse Inka zitandatu z’Abanyamulenge zabigendeyemo izindi zirakomereka.

Mu gihe muri Centre ya Minembwe ho hatabaye kurasagura gusa, kuko ho banasahuye amaduka y’abacuruzi, kandi ibyo byakorwaga n’izi ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) zo muri brigade ya 21.

Umuturage uherereye muri ako gace yahaye minembwe.com ubuhamya agira ati: “Ntibyari ibintu, ikirere cyose cya Minembwe cyumvikanyemo amasasu. Twe twari kuri kereziya, tuza kumva amasasu. Bavuga ko ari umusirikare warimo abaza ifaranga ze, major we aramurasa. Ku Kiziba barashye, Muzinda n’ahandi.”

Yakomeje agira ati: “Ibyabaye muri Minembwe ni akajagari gusa. Abacuruzi basahuwe ibyabo abandi barahunze . Kugeza isaha z’umugoroba wajoro hari hakirimo humvikana amasasu. Hapfuye abasirikare babiri n’inka z’Abanyamulenge zitandatu.”

Kubera ubwibyi buba mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, biri mu bitera abasirikare gusubiranamo, ahanini igihe baba bahawe imishahara yabo, kuko igihe kimwe itinda kuza hakaba ubwo bamara n’amezi menshi badahembwa, ni gihe ibonetse hakaza iyabamwe abandi ikabura.
Ibyo biri mu bituma abasirikare bohejuru bashinjwa kuba aribo banyiribayazana! Kubera ibyo ugasanga habaye gusubiranamo.

Ariko nubwo iz’ingabo zasubiranyemo, muri aka gace hari umutekano bitandukanye no mu Mibunda kuko ho hari intambara hagati y’ingabo z’u Burundi n’umutwe wa Red-Tabara.

Tags: BasubiranyemoBrigade ya 21FardcMinembwe
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yakuriye inzira ku murima Bank y’isi anavuga ko u Burundi butunze.

Perezida w'u Burundi yakuriye inzira ku murima Bank y'isi anavuga ko u Burundi butunze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?