Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo za RDC mu Minembwe zasubiranyemo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 28, 2024
in Regional Politics
0
Ingabo za RDC mu Minembwe zasubiranyemo.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo za RDC mu Minembwe zasubiranyemo.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 27/10/2024, abasirikare ba FARDC bo muri brigade ya 21, bakorera mu Minembwe ho mu misozi miremire y’Imulenge barasanye, hapfa abasirikare babiri harimo ufite ipeti rya Major, ndetse muri iryo rasana hapfa n’inka z’Abanyamulenge izindi zirakomereka.

Ibi byabaye ahagana isaha zirindwi z’igicamunsi bigeza isaha ya sakumi nebyiri z’u mugoroba, ku masaha ya Minembwe no mu Burasirazuba bwa RDC.

Amakuru ava muri aka gace avuga ko ubwo abantu bari mu makanisa bari gusenga, humvikanye ibiturika byinshi, kandi ko byavuye ku musirikare wa FARDC wari wimwe “umushahara we,” mu gihe yari atangiye kuwubaza ababishinzwe arasa hejuru, birangira komanda we amurashe ahita y’itaba Imana ako kanya.

Haje gukurikiraho iraswa ry’uwo komanda wari warashe umusirikare we, aho abandi basirikare baraho bahise bamurasa uyu komanda wari ufite ipeti rya Major nawe ahasiga ubuzima.

Nyuma aha muri Minembwe uduce twinshi twarimo ingabo za Leta zakomerejeho kurasa amasasu, nka hitwa Kiziba ahari ikibuga cy’indege gikuru cya Minembwe, humvikanye urusaku rw’imbunda rwinshi, Muzinda n’ahandi, ndetse Inka zitandatu z’Abanyamulenge zabigendeyemo izindi zirakomereka.

Mu gihe muri Centre ya Minembwe ho hatabaye kurasagura gusa, kuko ho banasahuye amaduka y’abacuruzi, kandi ibyo byakorwaga n’izi ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) zo muri brigade ya 21.

Umuturage uherereye muri ako gace yahaye minembwe.com ubuhamya agira ati: “Ntibyari ibintu, ikirere cyose cya Minembwe cyumvikanyemo amasasu. Twe twari kuri kereziya, tuza kumva amasasu. Bavuga ko ari umusirikare warimo abaza ifaranga ze, major we aramurasa. Ku Kiziba barashye, Muzinda n’ahandi.”

Yakomeje agira ati: “Ibyabaye muri Minembwe ni akajagari gusa. Abacuruzi basahuwe ibyabo abandi barahunze . Kugeza isaha z’umugoroba wajoro hari hakirimo humvikana amasasu. Hapfuye abasirikare babiri n’inka z’Abanyamulenge zitandatu.”

Kubera ubwibyi buba mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, biri mu bitera abasirikare gusubiranamo, ahanini igihe baba bahawe imishahara yabo, kuko igihe kimwe itinda kuza hakaba ubwo bamara n’amezi menshi badahembwa, ni gihe ibonetse hakaza iyabamwe abandi ikabura.
Ibyo biri mu bituma abasirikare bohejuru bashinjwa kuba aribo banyiribayazana! Kubera ibyo ugasanga habaye gusubiranamo.

Ariko nubwo iz’ingabo zasubiranyemo, muri aka gace hari umutekano bitandukanye no mu Mibunda kuko ho hari intambara hagati y’ingabo z’u Burundi n’umutwe wa Red-Tabara.

Tags: BasubiranyemoBrigade ya 21FardcMinembwe
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yakuriye inzira ku murima Bank y’isi anavuga ko u Burundi butunze.

Perezida w'u Burundi yakuriye inzira ku murima Bank y'isi anavuga ko u Burundi butunze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?