
Abasirikare ba leta ya Kinshasa, ba herereye mu Mujyi wa Sake, uri mu bilometre 27 n’u Mujyi wa Goma, b’injiye muri hatari cyangwa se mu bihe bibi nyuma y’uko Ingabo za ARC/M23 zigeze mu bice bya Ishasha na Kaliku.
Mu makuru yatanzwe kuva ku mugoroba w’ejo hashize, tariki 08/12/2023, byavuzwe ko u Muhanda uva Minova mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, unyura Ishasha, Bureramana na Sake ukabona kw’injira muri Goma, ahazwi nk’umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ko uri ku genzurwa n’Ingabo za Gen Sultan Makenga.
Ibi byatereye ziriya Ngabo za RDC (FDLR, Wagner, FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo), binjira mubihe by’ubwoba i Sake. Hari n’amakuru yavuzwe igihe c’isaha z’igicamunsi ko uriya Mujyi wa Sake ko ziriya Ngabo z’uruhande rwa Kinshasa, ko zatangiye guhunga ziva muri ibi bice bya Sake.
Umwe mu basirikare ba M23, yahaye ubuhamya Minembwe Capital News, bugira buti: “Buriya Mushaki yamaze gufatwa Sake nayo ibisa niyafashwe. Nk’ubu Imisozi yose izengurutse Sake tuyirimo rwose.”
Yanakomeje avuga ati: “Ntabwo Sake irwanirwamo abayirimo buriya isaha nisaha barayivamo.”
Umutwe wa M23 umaze kwambura ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo, ibice byinshi byo muri teritware ya Masisi naho muri Rutsuru yo ninkaho igenzurwa yose n’ingabo z’uriya mutwe.
Bruce Bahanda.