Ingabo za RDC zacitse intege.
Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu ntambara zihanganyemo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho zamaze gucika intege ntizikirwana zitegereje gusa itegeko ribabwira ko zatsinzwe burundu.
Bikubiye mu butumwa MCN yahawe n’umwe mu barwanyi bo muri iri huriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa rinagamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.
Nk’uko uyu murwanyi utashatse ko amazina ye atangazwa, yahamije ko umuhate w’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta wacyogoye, kandi ko zatsinzwe.
Yagize ati: “Uwo turwana na we yacitse intege. Nta n’uwo ugihaba. Uwo mwumva ni ben’uyu ubuje kwiba akarasa gusa kugira ngo yihe inzira.”
Avuga ko uyu yita Umwanzi wabo ari na we urwanirira Leta y’i Kinshasa ko yacyogoye mu bice byose yarakunze kugabamo ibitero, yaba muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.
Yasobanuye ko ubwo abarwanyi babo bo muri AFC/M23 bafataga Pinga ejo bundi ku wa kane w’iki cyumweru, nta kurinda kwigeze kugaragara ku ngabo zo ku ruhande rwa Leta, ngo kuko zahise zihunga zitabanje kurema nk’izarebaga icyo gice.
Ndetse kandi no mu mirwano yabaye hagati y’izi mpande zombi ku munsi w’ejo ku wa gatanu tariki ya 06/06/2025, mu duce turi mu nkengero ya Pinga ni mu gihe aba barwanyi bo muri AFC/M23 barimo kwagura ibirindiro byabo, ziriya ngabo za RDC zarakubiswe zirashorerwa ntaguhangana kwigeze kuhaba nk’uko byabaga mbere.
Ati: “Kuri uyu wa gatanuho, kwari nko kuzishorera. Zavuye mu duce turi mu nkengero ya Pinga nta guhangana kubayeho pe! Zacitse intege.”
Mbere y’ifatwa rya Goma na Bukavu na nyuma yabwo gato, abarwanirira ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi nubwo batsindwaga urugamba, ariko hari uburyo barwanagamo bugaragaza ko bafitemo agatege, ariko ubu siko bikimeze byarashyize.
Uyu waganiraga na MCN yanatubwiye ko izi ngabo za Leta n’i Uvira zirindiriye ko ziraswaho zikihungira.
Ati: Urebye n’abariya bari i Uvira bategereje isasu ngo bahunge.”
Ibitero bikaze by’ihuriro ry’Ingabo za Congo biheruka kugabwa kuri Twirwaneho na M23 mu mpera z’ukwezi kwa gatanu, muri teritware ya Fizi, Kabare, Mwenga, Walungu, Uvira na Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, ndetse na Walikale, Masisi, Lubero na Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru.
Ariko kuri ubuho, ibitero zisigariyeho n’ibiba bigamije kwiba no kwangiza gusa, nk’uko uriya murwanyi yakomeje avuga, ngo naho ubundi u Burasirazuba AFC/M23 yarabufashe, ngo isigaje kubohoza na Kinshasa umurwa mukuru w’iki gihugu n’izindi ntara.