• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibitero FARDC yagabye mu baturage mu Minembwe, byaguyemo abasivile Babanyamulenge, gusa, Twirwaneho yayikubise inshuro.

minebwenews by minebwenews
December 25, 2024
in Regional Politics
0
Ibitero FARDC yagabye mu baturage mu Minembwe, byaguyemo abasivile Babanyamulenge, gusa, Twirwaneho yayikubise inshuro.
143
SHARES
3.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibitero FARDC yagabye mu baturage mu Minembwe, byaguyemo abasivile Babanyamulenge, gusa, Twirwaneho yayikubise inshuro.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Uduce tugera kuri dutatu two muri komine Minembwe mu misozi miremire y’Imulenge mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, dutuwe n’Abanyamulenge, Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, zo muri brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru muri centre rwagati ya Minembwe, zatuggabyemo ibitero, ariko Twirwaneho irwanirira abaturage yabisubije inyuma byose.

Twirwaneho n’itsinda rigizwe n’insoresore z’Abanyamulenge. Iri tsinda ryavutse nyuma y’aho Maï-Maï ku bufasha bw’ingabo za RDC yari yujuje umugambi wo gutsemba ubwoko bw’Abanyamulenge no kubwangaza mu mahanga, ubwo hari mu 2017.

Kuva mu ntangiriro z’uwo mwaka uvuzwe haruguru kugeza ubu, Abanyamulenge bagiye bagabwaho ibitero bya Maï-Maï, Inka zabo zibarirwa mu bihumbi birenga amagana ziranyagwa n’imihana yabo irasenyuka, ndetse n’abantu baricwa.

Kimweho muri iyi minsi yavuba, byagiye bigaragara ko Maï-Maï yacitse intege kubyo kwica Abanyamulenge no kubagabaho ibitero.

Ni bwo rero, ingabo za Leta ya Kinshasa zikorera mu misozi miremire y’Imulenge zatangiye nazo intambara yeruye ku Banyamulenge.

Mu mpera z’ukwezi kwa Cumi n’umwe uyu mwaka w’ 2024, iz’i ngabo zagabye igitero gikaze mu baturage baturiye mu Kalingi; ni igitero cyasize gihitanye abasivile bane abandi benshi barakomereka, nk’uko byavuzwe icyo gihe.

Uy’umunsi, tariki ya 25/12/2024, naho FARDC yagabye igitero mu muhana w’i Lundu, ku Lunundu no mu bindi bice byo muri iyi Komine ya Minembwe.

Amakuru Minembwe.com yamaze kumenya, n’uko muri ibi bitero iz’i ngabo za Leta ya Kinshasa zagabye, yabisahuyemo aho yarimo yinjira mu mazu ikajana ibintu isanzemo, mu mazu bavuyemo bahunze . Mu byo yasahuye harimo amafu, imyenda y’abagore n’abagabo, ibishimbo n’amatungo magufi.

Si byo gusa kuko yanagiye irasa urufaya rw’amasasu mu baturage barimo bahunga bava za Lunundu berekeza mu mashyamba no mu yindi mihana iri kure n’ahabereye intambara. Abarashwe barapfa ntibaramenyekana bose, usibye umukobwa warashwe ubwo yahungaga ava ku Lunundu.

Nyamara nubwo ingabo za FARDC zakoze amanyanga menshi mu ntambara zashoye uyu munsi mu Banyamulenge, Twirwaneho yabakubise ahababaza.

Byavuzwe ko “igitero cy’izi ngabo za RDC zagabye i Lundu, abasore bo muri Twirwaneho bakibahereyemo isomo, kuko babakubise inshuro, birangira iz’i ngabo zihungiye kuri Ugeafi zicyiye i Lundu ryo kwa Makangata no ku wa Bahinda, zigeze ku kiraro cya Minembwe zambuka kuri Ugeafi zongera gukubitwa kubi!”

Ndetse kandi ahandi iz’i ngabo za leta za kubitiwe ni mu bice byo kuri Lwiko, kukoho haguye abasirikare babo benshi nubwo umubare wabahaguye utaramenyana, ariko amakuru avuga ko haguye abatari bake.

Ni mu gihe no kuri Evomi bitari byoroheye iz’i ngabo, nubwo zahise zishinga ibibunda binini muri Lunundu hejuru bazibira Twirwaneho gukomeza imbere.

Hagati aho abaturage benshi baturiye ibyo bice, baraye mu bihuru, abandi bahungiye ku misozi yo mu bice bitabereyemo intambara.

Gusa, impande zihanganye ziracyakomeje kurebana ayingwe, ariko aka kanya amasasu yahagaze mu duce twose.

Tubibutsa ko iy’i mirwano yabaye mu gihe mu Minembwe hari Komanda Secteur sokola 2 Sud-Kivu, base a Uvira. Aho no muri iki Cyumweru turimo dusoza, haje iz’indi ngabo nyinshi zaje ziturutse i Lulimba na Baraka.

Tags: AbasivileFardcMinembwe
Share57Tweet36Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Me. Nyarugabo, yashyize ahabona ubugome FARDC iri gukora mu Minembwe.

Me. Nyarugabo, yashyize ahabona ubugome FARDC iri gukora mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?