Ingabo za RDC zahanganye n’umutwe uyobowe na Thomas Rubanga mu gace ka Muchacha
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko zahanganye n’umutwe witwaje intwaro uyobowe na Thomas Rubanga wa CRP, mu gace ka Muchacha, bikavugwa ko hari gushoboka ko uwo mutwe wakurwa muri ako gace gaherereye muri teritwari ya Mambasa mu Ntara ya Ituri.
Nk’uko FARDC yabisobanuye, iryo hangana ryabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, tariki ya 24/03/2026.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko iyo mirwano yari ikomeye cyane, aho impande zombi zahanganye mu masaha y’ijoro kugeza mu rukerera, mbere y’uko ingabo za leta zibasha kugarura ubugenzuzi busesuye bwako gace.
Nyuma y’iyo mirwano, FARDC yatangaje ko ubu umutekano wagarutse kandi ko agace ka Muchacha kagenzurwa n’ingabo za leta. Iyi ntsinzi ivugwa yavuye ku bufatanye n’imikoranire y’ingabo zo mu rwego rwa gisirikare rwa Ituri (Secteur Opérationnel Ituri) ndetse n’izikora mu rwego rwa Sukola I Grand Nord, zimaze igihe zikorana mu bikorwa bigamije kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera muri ako karere.
Intara ya Ituri imaze igihe kirekire irangwamo umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye, irwanira uduce dutandukanye n’ubutunzi burimo ubutaka n’amabuye y’agaciro. Ibice byinshi byo muri Mambasa n’utundi duce tuyegereye bikunze kuba isibaniro ry’imirwano hagati y’iyo mitwe n’ingabo za leta.
Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, Leta ya RDC yashyizeho ibitero byihariye bya gisirikare, birimo nko mu rwego rwa “Sukola”, bigamije kugarura amahoro no gusubiza abaturage mu byabo. Nubwo hari amakuru atandukanye avuga ko FARDC ihungabanya ubuzima bw’abaturage, cyane cyane Abahema, mu gihe umutwe wa CRP uvuga ko urengera abaturage, inzego za leta zo zikomeje guhakana ibyo birego.
Nubwo hari intambwe imaze guterwa, inzego z’umutekano zivuga ko urugamba rugikomeje kuko uwo mutwe ukigenzura ibice bimwe na bimwe.
FARDC ivuga ko ikomeje ibikorwa byo gushakisha no kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro isigaye mu duce twa Mambasa no mu bindi bice bya Ituri, mu rwego rwo kugarura ituze rirambye no kurinda abaturage.
Abaturage basabwe gukomeza gutanga amakuru ku gihe ku bikorwa bikemangwa, kugira ngo bifashe ingabo za leta gukumira no guhagarika ibikorwa byose bishobora guhungabanya umutekano.






