• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo za RDC ziri gukora ibigaragaza ko ziri kwitegura intambara ikomeye mu Kibaya cya Rusizi.

minebwenews by minebwenews
April 28, 2025
in Conflict & Security
0
Ingabo za RDC ziri gukora ibigaragaza ko ziri kwitegura intambara ikomeye mu Kibaya cya Rusizi.
90
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo za RDC ziri gukora ibigaragaza ko ziri kwitegura intambara ikomeye mu Kibaya cya Rusizi.

You might also like

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo zategetse abaturage bose batuye i Luvungi no mu tundi duce duherereye muri ibyo bice kuhava bakimukira i Uvira mu mujyi, mu rwego rwo kwitegura intambara ikomeye hagati y’iri huriro n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23.

Ni amakuru Minembwe Capital News ikesha abaturiye i Luvungi aho bayibwiye ko ingabo za Congo zabasabye kwimuka bakava muri iki gice no mu nkengero zacyo kandi ko zatangiye ku bibasaba kuva ku munsi w’ejo ku cyumweru tariki ya 27/04/2025.

Nk’uko umwe muri abo baturage baherereye muri ibyo bice yabisobanuye yagize ati: “FARDC n’ingabo z’u Burundi badutegetse kuva i Luvungi tukimukira mu mujyi wa Uvira.”

Yongeyeho kandi ati: “Bari kutubwira ko iki gice kigiye kuberamo imirwano ikomeye, kandi ko izaba hagati yabo n’abarwanyi ba M23.”

Luvungi iri mu Kibaya cya Rusizi nacyo kibarizwa muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Iki gice kiracyagenzurwa n’ihuriro ry’ingabo za Congo zirimo iza FARDC iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR urwanya ubutegetsi bw’i Kigali n’uwa Wazalendo uzwiho gusahura imitungo y’Abanye-kongo cyane cyane abo mu bwoko bw’Abanyamulenge bo mu misozi ya Uvira, Fizi na Mwenga ndetse ni Uvira mu mujyi.

Iri huriro ry’ingabo za Congo zatangiye gusaba aba baturage kuva i Luvungi, nyuma y’aho ku wa gatandatu tariki ya 26/04/025 umutwe wa M23 wafashe umujyi wa Kaziba uherereye muri teritware ya Walungu, ukaba kandi uri mu ntera ngufi uvuye aha mu Kibaya cya Rusizi.

Si umujyi wa Kaziba gusa M23 yabohoje, kuko yafashe kandi n’imisozi y’iki gice harimo n’ipakanye n’uduce two muri teritware ya Uvira.

Gusa, kugeza ubu hari imisozi imwe ikigenzurwa n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC, nk’uwa Nabumbu, Mufo, Miti-mbili na Namushwaga.

Ariko nk’uwa Cibanda, Ngando, Chihumba, Murambi, Bushyenyi n’indi na centre ya Kaziba, ubu biri mu maboko ya M23.

Hagataho, impande zombi zirashamiranye, kuburyo umwanya uwo ari wo wose zokwambikana.

Tags: FardcIntambaraLuvungi
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya Balkanisation - ubusesenguzi Uwamenyekanye cyane kuri Tuungane Minembwe, imwe mu ma radio akorera mu misozi miremire y'i Mulenge,...

Read moreDetails

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw'abasivili benshi Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyifashishe indege z'intambara gitera ibisasu ahatuwe cyane n'abaturage bihitana abatari bake....

Read moreDetails

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyohereje Brigadier General Amuli Civiri na Brigadier General Ilunga Kabamba mu mujyi...

Read moreDetails

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryabyukiye mu mirwano na Wazalendo...

Read moreDetails

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru Mu gihe imirwano yongeye kuremera muri Kivu y'Amajyaruguru hagati y'Ingabo za Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Congo zahuriye n’akaga i Kavumu muri Kivu y’Epfo.

Uko byifashe ku rugamba rukaze ruri kubera mu bicye bigana mu Kibaya cya Rusizi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?