• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, March 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ingabo za SADC ngozishobora kuba zitakije muri RDC, aho byari biteganijwe ko zizaja guhasha M23.

minebwenews by minebwenews
July 26, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo za SADC ngo zishobora kutaja muri Republika ya Demokarasi ya Congo.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 26/07/2023, saa 11:20Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Igisirikare c’i gihugu cya Afrika y’Epfo bivugwa ko kiri mu bibazo by’ingutu muri iki gihe, bishobora kuza kigora mu gutanga umusanzu ugaragara mu mutwe mushya w’ingabo za SADC zigomba kujya kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC ahari imirwano ihuza M23 n’ingabo za leta ya Kinshasa.

Umushakashatsi mukuru mu Kigo cya Afrika y’Epfo cyita ku Bibazo Mpuzamahanga, Stephanie Wolters, we avuga ko mu gihe igice gito cy’indege za kajugujugu z’ingabo zirwanira mu kirere ari zo zishobora kuguruka ndetse abasirikare bagera kuri 2600 ba Afrika y’Epfo basanzwe mu butumwa bwa Loni muri Congo-Kinshasa, kubwizo mpamvu akabonako iki gisirikare kitaba kigitanze umusanzu gusa ibihugu nka Mozambike, Zambia, Namibia na Angola kwaribyo byatanga uyu musanzu.

Umuryango w’Iterambere ry’ibihugu biherereye muri Afrika y’Amajyepfo (SADC) urashaka ko ingabo zawo zoherezwa muri Congo mu mpera zukwezi Kwa Venda(9), ariko kugeza ubu ntiharamenyekana neza abasirikare bazaba bagize brigade y’abasirikare 5 000 nk’uko iyi nkuru tuyikesha Ikinyamakuru cya News24.

Ibihugu bitanga ingabo bigomba kwirengera amafaranga azagenda muri ubu butumwa ubwabyo mu mezi atatu ya mbere, nyuma bikazahabwa ingurane ku modoka zizakoreshwa n’abasirikare.

Izi ngabo z’akarere ka SADC zitezweho guhashya inyeshyamba za M23 mu gihe amatora y’igihugu ategerejwe uyu mwaka mukwezi Kwa 12. Ingabo z’Umuryango w’ibihugu bya Afrika y’Iburasirazuba (EAC), Leta ya Kinshasa yari yitezeho kurwanya inyeshyamba za M23, zo zigomba gutangira kuhava mu ntangiriro zukwezi Kwa Venda(9).

Ingabo z’akarere zagomba gukorana n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu rwego rubereye, ariko zifite umuyobozi wazo bwite utabazwa ibisobanuro na Loni. Byongeye kandi, ingufu za politiki n’igisirikare zigomba guhuzwa n’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe (AU).

Mu kwezi kwa Gatanu uyumwaka, nibwo abayobozi bo muri SADC bemeje ishingwa ry’umutwe w’ingabo z’akarere zigomba koherezwa mu burasirazuba bwa Congo mu nama yabereye i Windhoek. Naho mu Cyumweru gishize, ibihugu byagombaga kwerekana umusanzu wabyo uko uzaba uteye, ariko amakuru arambuye ntaramenyekana.

Nk’uko Wolters abitangaza ngo Angola na Botswana bifite igisirikare cyo mu kirere gifite ibikoresho ku buryo byatanga indege.

Ingengo y’imari iteganyijwe ku ngabo za SADC igera kuri miliyoni 554 z’amadolari, ariko aya mafaranga ntaraboneka. Kugeza ubu kohereza ingabo bishobora kuzatwara umwaka urenga cangwa se bikarangirira mumagambo nkuko bivugwa nuwo mishakashatsi.

Ibihugu bigize uyu muryango bigomba kugirana ibiganiro n’abafatanyabikorwa ahandi ku Isi kugira ngo bigire uruhare mu kohereza ingabo. Wolters akavuga ko adashobora kubona ukuntu igihugu icyo ari cyo cyose mu bikomeye cyazashyigikira izi ngabo mu bijyanye n’amafaranga. Amaherezo, ngo umutwaro munini w’amafaranga uzajya ku bihugu bizatanga ingabo, kandi ngo Afrika y’Epfo ntishobora rwose kubyishingira.

Impuguke mu bya gisirikare Helmoed-Römer Heitman avuga ko abasirikare 5 000 gusa badashyigikiwe n’ingufu z’igisirikare cyo mu kirere, ntacyo zageraho mu bikorwa byazo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ngo uko bimeze ubu, Afrika y’Epfo ntishobora no kuzuza inshingano zayo muri Mozambike. Amaherezo byasabye izindi mbaraga nk’iz’u Rwanda muri kiriya gihugu mu guhashya intagondwa z’abayisilamu.

Ingengo y’imari y’Igisirikare cya Afrika y’Epfo muri uyu mwaka ubutunzi bwabo bw’agabanutseho miliyoni 500 z’Ama-Rand.

Hakurikijwe ibyo ibigo Krygkor na Denel (bikora bikanacuruza intwaro bya Afrika y’Epfo)biherutse kugeza kuri komite y’inteko ishinga amategeko ishinzwe umutekano, gusa muri kajugujugu zo kugaba ibitero 11 za Rooivalk ni zo zishobora gukora.

Kajugujugu zibiri za Oryx zoherejwe muri Mozambike, imwe gusa ni yo ikora. Naho muri zitanu zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zibiri ntizishobora gukora, ariko n’izishobora gukora ntizaguruka kubera ko imyitozo y’ibanze y’abatwara indege yangiritse ku buryo batemerewe kuguruka. Red Hawks yari muri Congo na yo yakuweyo kuko Denel itagifite amafaranga yokuyigoboka, ngayo nguko.

Tags: ishobora kuba itakije RDCSADC
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

KINSHASA: protests against Rwandan authorities in Kinshasa as DRC claims attacks against it's neighborhood Rwanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?