Ingabo z’u Burundi, FARDC na FDLR Zohereje Imbaraga Zidasanzwe, MRDP-Twirwaneho Isubiza Ibitero Inyuma
Amakuru aturuka mu gace ka Bibogobogo, muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko ingabo nyinshi z’u Burundi ziturutse mu bice bya Baraka na Lweba zahageze ari nyinshi, zihita zikomereza mu Minembwe, ahamaze igihe havugwa ibitero bigabwa ku baturage ba Banyamulenge bikozwe n’ingabo za Leta.
Izi ngabo z’u Burundi bivugwa ko zifatanyije n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), imitwe ya Wazalendo ndetse n’umutwe wa FDLR. Amakuru atangwa n’abaturage hamwe n’abakurikirana ibibera muri ako gace agaragaza ko ibikorwa bya gisirikare byiyongereye ku rwego rudasanzwe, cyane cyane mu misozi no mu byaro bikikije Minembwe.
Biravugwa ko ibitero byatangiye mu ntangiriro z’icyumweru gishize, byibanda ku duce twa Gakenge, Kalongi, Rubemba, Bidegu, Kalingi n’ahandi. Amakuru ava aho hantu avuga ko habaye ibitero byo ku butaka no mu kirere, hakoreshejwe indege zitagira abapilote (drones).
Mu bisasu byatewe, hari ibyasenye amazu menshi mu duce twa Kalingi, Rundu na Bidegu, bituma abaturage benshi bahunga ingo zabo. Abaturage bavuga ko ubuzima bwabo buri mu kaga, aho bamwe bamaze kwamburwa ibyabo, abandi bakaba baratakaje ababo.
Hari kandi amakuru avuga ko mu mirwano yabaye hari abaturage bishwe, barimo umukecuru w’imyaka myinshi witwa Elizabeth Mukuza, warasiwe mu nzu ye i Rundu. Ibi byakajije uburakari n’ubwoba mu baturage, basaba ko hakorwa iperereza ryigenga ku byaha bivugwa ko byakorewe abasivili.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 13/02/2026, umutwe wa MRDP-Twirwaneho, uvuga ko urwanira kurengera abaturage, wasubije inyuma ingabo za Leta n’abo bafatanyije.
Amakuru ava ku mirongo y’imbere ku rugamba avuga ko imirwano ikomeje kubera mu misozi ya Gakenge, Bicumbi na Kalongi, ikaba iri kwerekeza mu bice bya Mukoko na Point Zero, aho bivugwa ko uruhande rwa Leta ruri gusubira inyuma. Gusa kugeza ubu biracyagoye kumenya umubare nyawo w’abaguye ku rugamba cyangwa abakomeretse, bitewe n’imiterere y’akarere k’imisozi ndetse no kubura itangazamakuru ryigenga rihagera byoroshye.
Ku rundi ruhande, amakuru akomeje kuvuga ko ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira mu cyerekezo cya Minembwe. Ubuhamya bw’umuturage umwe buvuga ko kuva mu masaha ya saa kenda z’urukerera, muri Bibogobogo hinjiye abasirikare b’u Burundi bangana na batayo igizwe n’abagera kuri 700, bitwaje ibikoresho bya gisirikare byinshi, baturutse i Baraka berekeza mu Minembwe.
Undi muturage yavuze ko ku wa Kane nimugoroba hari abandi basirikare benshi baturutse i Lweba, bivugwa ko bari kumwe n’abarwanyi ba FDLR ndetse na FARDC. Ijoro ryaraye rikeye baraye ku Kavumu, mbere yo gukomeza urugendo berekeza mu Minembwe.
Minembwe ni agace kamaze imyaka myinshi karangwa n’umwuka mubi w’amakimbirane ashingiye ku butaka, ubwenegihugu n’imiyoborere. Abaturage b’Abanyamulenge bakunze kuvuga ko bibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro bakayishinja ubufatanye n’ingabo za Leta n’iz’u Burundi.
Uru rugendo rw’ingabo nyinshi ziturutse i Baraka na Lweba rushobora kurushaho gukaza umwuka mubi, cyane cyane mu gihe abaturage bakomeje guhunga no kubura ubufasha bwihuse bw’ubutabazi.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Leta ntiburagira icyo butangaza ku mugaragaro ku bijyanye n’iyoherezwa ry’izo ngabo n’ibivugwa ku bitero byibasiye abasivili. Hagati aho, abaturage bakomeje gusaba ko imirwano yahagarara, hagashyirwa imbaraga mu biganiro bigamije kugarura amahoro arambye muri Minembwe no mu nkengero zayo.






