• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi nyinshi zerekeje mu Minembwe kuyigabamo ibitero

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 19, 2025
in Conflict & Security
0
Ingabo z’u Burundi nyinshi zerekeje mu Minembwe kuyigabamo ibitero
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi nyinshi zerekeje mu Minembwe kuyigabamo ibitero

You might also like

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Ingabo z’u Burundi zerekeje mu Minembwe kuyigabamo ibitero ziturutse mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gice kikigenzurwa n’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni amakuru Minembwe Capital News ikesha amasoko yayo, aho agaragaza ko izi ngabo z’u Burundi zahagurutse ziva mu Bibogobogo ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa kane tariki ya 18/09/2025, n’i bikoresho bya gisirikare byinshi, zigana kugaba ibitero mu duce two mu Minembwe hagenzurwa n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho ku bufatanye n’uwa M23.

Aya masoko agira ati: “Amakuru ahari hano mu Bibogobogo, nuko ingabo z’u Burundi zari zihari zahavuye sa kumi nimwe z’u mugoroba, zerekeza mu Minembwe. Zigiye kuyigabamo ibitero.”

Akomeza ati: “Kandi zazamutse yo zikoreye ku ntugu no ku mitwe yazo, ibikoresho byinshi bya gisirikare birimo amasasu n’imbunda zirasa amabombe.”

Aya masoko anagaragaza neza ko zahaye inzira ya Magunga-Mutambala no kwa Mulima, ari na ho zihita zizamukira zinjira mu marembo ya Minembwe nka hitwa Mukoko.

Nk’uko aya makuru akomeza abivuga abasirikare bakabakaba amagana abiri bo muri izi ngabo z’u Burundi ni bo berekeje kugaba ibi bitero, kuko aba baturutse mu Bibogobogo bahuye nabandi baturutse mu tundi duce dutandukanye two muri teritware ya Fizi. Bikavugwa ko bose bahuriye mu bice biri hafi na Mutambara mbere y’uko bakomeza.

Mu cyumweru gishize ni bwo aba basirikare bagaragaye bacyukura indake mu duce baherereyemo two mu Bibogobogo, mu irango rya Ugeafi no mu Bivumu.

Amakuru anavuga ko bacukuye nyinshi, bikaba ari mu rwego rwo kwitegura urugamba. Byanavuzwe ko hari bamwe bo muri zo basigaye muri utwo duce turimo ibirindiro byazo mu Bibogobogo, ari natwo twacukuwemo izo ndake.

Minembwe bagiye kugabamo ibitero, uyu mutwe wa MRDP-Twirwaneho uyigenzura wayibohoje mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, nyuma yo kuyirukanamo Ihuriro ry’ingabo za Congo, zirimo iz’u Burundi, FDLR, FARDC na Wazalendo.

Icyo gihe izi ngabo z’u Burundi zari zigizwe na batayo zitatu, kuko imwe yari ku kibuga cy’indege cya Minembwe, mu gihe izindi zibiri zari mu Mikenke. Ariko uyu mutwe wa Twirwaneho wabakubise inshuro, ufata ibyo bice byose zagenzuraga.

Mu gitero kandi ingabo z’u Burundi ziheruka kugaba kuri Twirwaneho mu Mikenke, mu gace ka Bukundji no mu nkengero zako, cyaguyemo abasirikare babo bakabakaba 30, mu gihe abandi babarirwa muri 50 bagikomerekeyemo, ndetse abandi batatu bagifatirwamo mpiri.

Cyari igitero bagabye baturutse mu cy’i Ndondo ya Bijombo, kuko muri Bijombo bafiteyo batayo zabo zirenga zine, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Tags: IgiteroIngabo z'u BurundiTwirwaneho
Share31Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko utewe impungenge n’ibikorwa by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC)...

Read moreDetails

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, aravuga...

Read moreDetails

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO Umunyamerika James Swan yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, buzwi nka MONUSCO, asimbuye...

Read moreDetails

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo Amakuru aturuka mu gace ka Kimuka, kari muri Groupement ya Kabunambo, muri Teritwari ya...

Read moreDetails

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Igitero Kiyobowe na Omari Cyasubijwe Inyuma na MRDP–Twirwaneho mu Mirwano Ikaze ku Ndondo

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya...

Read moreDetails
Next Post
Kivu y’Epfo : Wazalendo basubiranyemo abatari bake bahasiga ubuzima abandi benshi barakomeretswa

Kivu y'Epfo : Wazalendo basubiranyemo abatari bake bahasiga ubuzima abandi benshi barakomeretswa

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?