Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi zahuye n’agasenyaguro ku muriro w’imbunda za m23 na Twirwaneho, mu misozi y’ahazwi nk’i Mulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.
122
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi zahuye n’agasenyaguro ku muriro w’imbunda za m23 na Twirwaneho, mu misozi y’ahazwi nk’i Mulenge.

You might also like

Hatowe ibisasu n’imbunda byari byarahishwe na FARDC n’Ingabo z’u Burundi.

Kivu y’Epfo: Abakora ubutabazi bari kugerageza bashakisha abagwiriwe n’ikirombe.

Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Ihuriro rigizwe n’Ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo ryagabye igitero ku barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho n’uwa m23 mu misozi miremire y’i Mulenge, maze iyi mitwe ibiri irwanirira Abanye-Congo bahutazwa muri iki gihugu, irekurira umuriro w’imbunda kuri ririya huriro ryabagabyeho igitero, abarigize bakwira imishwaro.

Ni ahagana igihe c’isaha zamanywa yo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 21/03/2025, ni bwo Ingabo zo ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa zagabye igitero kuri m23 na Twirwaneho mu irango rya Ruhuha riri hafi no mu Rurambo irimo ibirindiro bya Twirwaneho na m23, maze abarwanyi bo muri iyi mitwe yagabweho igitero mukuzisubiza izirekuriraho ibirimi by’umuriro w’imbunda zikizwa n’amaguru.

Ako kanya imirwano yahise ihindura isura, nk’uko amakuru agera kuri Minembwe Capital News abivuga, maze karahava uruhande rwa Leta niko guhungira i Marimba ahahoze ari mundiri ya FDLR n’indi mitwe y’amahanga nka Red-Tabara n’indi, ubwo Twirwaneho na m23 n’abo baba babadibutseho, Fardc, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo bongera guhungira ahitwa mu Rubarati ahahoze ari umuhana munini wari utuwe n’Abanyamulenge ariko kubera intambara zahayogoje barahunga ubu wari ibirindiro by’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta.

Ntibyarekeye aho kuko aba barwanyi bo muri m23 na Twirwaneho bahise birukankana izi ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta bazikura mu Rubarati zihungira mu bice bya Magunda byo muri teritware ya Mwenga nyuma yuko zirukanwe muri biriya bice byavuzwe haruguru byo biherereye muri teritware ya Uvira.

Mu cyumweru gishize ni bwo umutwe wa m23 wakandagije ibirenge byabo iwabo w’Abanyamulenge, bakaba barahitiye mu Rurambo ho mu misozi ya Uvira. Bahita bakirwa na Twirwaneho yarisanzwe ireba iki gice.

M23 yageze muri iki gice cya Rurambo gisanzwe gituwe n’Abanyamulenge, nyuma yuko yari maze gufata i Kaziba, ariko ikaza kuhikura nta mirwano ibaye.

Rurambo iherereye mu ntera y’i birometero bibarirwa muri 200 uvuye mu Minembwe centre ifatwa nk’umurwa mukuru w’imisozi y’i Mulenge ahazwi nk’iwabo w’Abanyamulenge bo mu bwoko bw’Abatutsi b’Abanye-Congo.

Hagataho aba barwanyi bo mu mutwe wa m23 baramutse bakandagije ibirenge byabo mu Minembwe ahatuwe n’aba Banyamulenge benshi, bizafatwa nk’intsinzi ikomeye, ndetse uwo munsi uzaba ari amateka ku Munyamulenge wese ahari hose ku isi.

Gusa, haracyari akagendo katari karekare cyane, kugira ngo bagera mu Minembwe, kuko ibice by’i Ndondo ya Bijombo ibyo bagomba kubanza kunyuramo bakabyirukanamo Ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo zibegenzura, hanyuma bakinjira mu Cyohagati nacyo igice kimwe kikigenzurwa n’ihuriro ry’ingabo za Congo ikindi Twirwaneho, nyuma y’aho bakabona kwinjira mu Mikenke na Minembwe umurwa mukuru w’Abanyamulenge. Bizaba ari ibyishimo bidasanzwe, usibye ko Abanyamulenge babwiwe ko uru rugamba barimo ko atari urwabo, huhwo ko ari “urw’Uwiteka n’uwo yabisigiye amavuta ngwagarure amahoro Imulenge, uwo n’Intare-Batinya na Twirwaneho.”

Tags: agasenyaguroIngabo z'u BurundiM23MinembweRuramboTwirwaneho
Share49Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Hatowe ibisasu n’imbunda byari byarahishwe na FARDC n’Ingabo z’u Burundi.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Hatowe ibisasu n’imbunda byari byarahishwe na FARDC n’Ingabo z’u Burundi.

Hatowe ibisasu n'imbunda byari byarahishwe na FARDC n'Ingabo z'u Burundi. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryatoraguye ibisasu n'intwaro zari zarahishwe mu bice byo mu mujyi wa Goma...

Read moreDetails

Kivu y’Epfo: Abakora ubutabazi bari kugerageza bashakisha abagwiriwe n’ikirombe.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Kivu y’Epfo: Abakora ubutabazi bari kugerageza bashakisha abagwiriwe n’ikirombe.

Kivu y'Epfo: Abakora ubutabazi bari kugerageza bashakisha abagwiriwe n'ikirombe. Mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, abakora ubutabazi bari gukoresha amaboko gusa hamwe n'ibikoresho biciriritse mu kugerageza...

Read moreDetails

Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Leta y'i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw'igihugu. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko igiye gukora ibishoboka byose kugira ngo igarure amahoro...

Read moreDetails

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23. Nyuma y'aho AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa bishyize umukono ku masezerano y'amahoro, izi mpande zombi zahise zitangira...

Read moreDetails

Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y’isinywa ry’amasezerano.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zagaruye Inka zari zanyazwe.

Imirwano ikomeye hagati y'Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y'isinywa ry'amasezerano. Nyuma y'amasaha make gusa, Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, bishyize umukono...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa ku irasana ryabaye hagati y’abasirikare  n’abapolisi i Kinshasa.

Fizi: Hamenyekane icyo FARDC irimo gutegura nyuma y'aho Twirwaneho iyikubise ahababaza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?