Ingabo z’u Burundi Zavuye mu Bibogobogo Zerekeza ku Rugamba
Amakuru mashya aturuka mu gace ka Bibogobogo, kari muri teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, avuga ko abasirikare b’u Burundi bari baherereye muri ako gace bavuyeyo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 26/02/2026, berekeza mu Minembwe, ahavugwa imirwano ikomeye imaze iminsi ihabera.
Abaturage bo muri Bibogobogo baganiriye na Minembwe Capital News batangaje ko babyutse basanga abasirikare batakiri mu birindiro byabo, nyuma haza kumenyekana ko berekeje mu Minembwe, aho bivugwa ko bagiye gutanga umusada ku ngabo zihanganye na MRDP-Twirwaneho na M23.
Umwe mu batuye Bibogobogo yagize ati:
“Twabyutse dusanga abasirikare b’u Burundi bose batakiri hano. Nyuma twaje kumenya ko berekeje mu Minembwe gutabara bagenzi babo ku rugamba, mu mugambi wo gufata ako gace.”
Minembwe imaze iminsi ivugwamo imirwano ihuza ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bivugwa ko zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, iza Angola, imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo ndetse n’inyeshyamba za FDLR. Ku rundi ruhande, hakaba hari ihuriro rya MRDP-Twirwaneho na M23, rivuga ko rirwanira kurengera abaturage b’Abanyamulenge batuye ako karere.
Imirwano yakomeje kugaragara cyane mu duce twa Kalingi, Bidegu, Kalongi, Gakenge na Rundu, aho abaturage bavuga ko bagabwaho ibitero byibasira imihana yabo, bigateza impungenge z’umutekano muke n’ihunga ry’abasivili.
Ku wa Kabiri, tariki ya 24/02/2026, amakuru aturuka mu Minembwe yemeza ko MRDP-Twirwaneho na M23 byatabaye mu bice byari byagabweho ibitero, bihangana n’ingabo za Leta. Nyuma y’imirwano ikomeye, ayo makuru avuga ko bashoboye gusubiza inyuma izo ngabo.
Kugeza ubu, amakuru ava mu nzego zitandukanye z’aho imirwano ibera aravuga ko MRDP-Twirwaneho na M23 aribyo bigenzura uduce twa Bidegu, Rundu, Kalingi ndetse n’utundi turimo Mukoko na Nyaruhinga.
Minembwe ni kamwe mu duce tumaze imyaka myinshi kavugwamo amakimbirane ashingiye ku bibazo by’umutekano, ubwoko n’ubuyobozi bw’akarere. Abanyamulenge, batuye cyane muri ako gace, bamaze igihe bagaragaza impungenge z’ibitero bagabwaho n’ingabo zo kuruhande rwa Leta.
Kwinjira kw’ingabo z’ibihugu by’amahanga muri iyi ntambara, cyane cyane iz’u Burundi n’iza Angola, bikomeje kuzamura impaka ku ruhare rw’ibihugu by’akarere mu kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo. Mu bihe bitandukanye, u Burundi bwagiye bwohereza ingabo mu burasirazuba bwa Congo mu rwego rwo kurwanya imitwe irwanya igihugu cyabo. Ariko kuri ubu, izi ngabo zirwanya Abanyamulenge.
Kwerekeza kw’ingabo z’u Burundi mu Minembwe bishobora kongera ubukana bw’imirwano, cyane ko impande zihanganye zikomeje gushimangira ko zifite ubushake bwo kugenzura ako gace k’ingenzi mu misozi ya Fizi.
Abasesenguzi mu by’umutekano bagaragaza ko, mu gihe hatabayeho ibiganiro bya politiki bihuza impande zose, imirwano ishobora gukomeza gusatira imihana ituwe n’abaturage, bigakomeza guteza ibibazo by’ubuhunzi n’ihungabana ry’ubukungu n’imibereho y’abaturage ba Minembwe n’inkengero zaho.
Mu gihe hagitegerejwe ibyemezo n’itangazo rituruka ku nzego za Leta bireba, abaturage bo muri utu duce bakomeje gusaba ko hashyirwaho uburyo burambye bwo kugarura amahoro n’umutekano, kugira ngo basubire mu buzima busanzwe.






