• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo z’u Burundi zavuzweho imyitwarire mibi yo gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame.

minebwenews by minebwenews
May 31, 2024
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zavuzweho imyitwarire mibi yo gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuryango w’Abibumbye (ONI) wagaragaje ko hagati y’Ingabo z’u Burundi na CNRD-FLN irwanya leta y’u Rwanda hari ubufatanye budasanzwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni mu cyegeranyo cya shizwe hanze n’impuguke z’u muryango wa Loni zikurikiranira hafi umutekano wo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iki cyegeranyo kikaba cyagaragaje ko hari ubufatanye bukomeye hagati y’Ingabo z’u Burundi n’izumutwe w’inyeshamba urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wa CNRD-FLN.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi watangiye kuzamo agatotsi mu mpera z’u mwaka w’ 2023 nyuma y’uko perezida Evariste Ndayishimiye yarimo ashinja u Rwanda gutera inkunga Red Tabara. Mu gihe mu myaka yabanje nk’umwaka w’2021 na 2022, ndetse no mu ntangiriro z’u mwaka w’ 2023 umubano w’ibi bihugu wari mwiza.

Ubwo umubano w’ibihugu byombi wari wifashe neza icyo gihe ingabo z’u Burundi zagiye zikozanyaho na CNRD-FLN, umutwe wari usanzwe ufite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira rihana imbibi na Nyungwe.

Byageze ubwo mu kwezi kwa Kane umwaka w’ 2023 igisirikare cy’u Burundi gita muri yombi Colonel Mukeshimana Fabien Alias Kamayi ubwo yari ageze mu Ntara ya Cibitike.

Impuguke z’u muryango w’Abibumbye zasobanuye ko ubwo Col Mukeshimana Fabien Alias Kamayi yari afunzwe u Rwanda rwamusabye u Burundi, ariko rurabyanga nyuma ruza ku murekura aja gukomeza ibikorwa byo kuyobora umutwe wa CNRD-FLN mu ishyamba rya Kibira.

Zivuga ko Colonel Nsabimana aja mu Burundi uko abishaka kandi ko asigaye aba i Bujumbura, aho agenzura ibikorwa by’uyu mutwe.

Raporo y’izi mpuguke ivuga ko nyuma yaho umubano w’ibi bihugu byombi uzambye, ingabo z’u Burundi zasubukuye ubufatanye na CNRD-FLN mu bikorwa byo kurwanya imitwe y’itwaje intwaro irimo Red Tabara mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo mu Gihugu cya RDC.

Ivuga iti: “Mu gihe cyashize, CNRD-FLN yifashisha u Burundi nk’ahantu hayo hatekanye, hifashishwa mu myitozo no kugaba ibitero ku Rwanda. Ubwo hageragezwaga kuzahura umubano w’u Burundi n’u Rwanda mu 2022 no mu ntangiriro z’u mwaka ushize, u Burundi bwitandukanyije na CNRD-FLN. Ariko ubwo umubano wazambaga, ubufatanye bw’u Burundi na CNRD-FLN bwarasubukuwe.”

Ahagana mu kwezi kwa Gatatu uyu mwaka, Col Nsabimana yavuye i Bujumbura akorera ingendo zitandukanye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo. Muri iy’i raporo y’impuguke z’u muryango w’Abibumbye ikavuga ko ingendo za Col Nsabimana muri RDC zari zigamije ku rwanya umutwe wa Red Tabara, kandi ko yateguraga i Nama afatanije na Maï Maï Makanaki n’undi mutwe wa Gumino.

Ingabo z’u Burundi zagiye muri Kivu y’Amajy’epfo hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye bwa perezida Félix Tshisekedi na Evariste Ndayishimiye. Uretse ko Ingabo z’u Burundi zivugwaho kwifatanya na CNRD-FLN, zinavugwaho kandi kwifatanya na FDLR nayo irwanya Kigali.

         MCN.
Tags: CNRD-FLNImpuguke z'u muryango w'AbibumbyeImyitwarire mibiIngabo z'u BurundiIshyamba rya Kibira
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Amafoto yumwe mu bagizwe minisitiri w’urubyiruko muri Repubulika ya demokarasi ya Congo akomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranya mbaga.

Amafoto yumwe mu bagizwe minisitiri w'urubyiruko muri Repubulika ya demokarasi ya Congo akomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranya mbaga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?