Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo z’u Burundi zavuzweho imyitwarire mibi yo gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 31, 2024
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zavuzweho imyitwarire mibi yo gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuryango w’Abibumbye (ONI) wagaragaje ko hagati y’Ingabo z’u Burundi na CNRD-FLN irwanya leta y’u Rwanda hari ubufatanye budasanzwe.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Ni mu cyegeranyo cya shizwe hanze n’impuguke z’u muryango wa Loni zikurikiranira hafi umutekano wo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iki cyegeranyo kikaba cyagaragaje ko hari ubufatanye bukomeye hagati y’Ingabo z’u Burundi n’izumutwe w’inyeshamba urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wa CNRD-FLN.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi watangiye kuzamo agatotsi mu mpera z’u mwaka w’ 2023 nyuma y’uko perezida Evariste Ndayishimiye yarimo ashinja u Rwanda gutera inkunga Red Tabara. Mu gihe mu myaka yabanje nk’umwaka w’2021 na 2022, ndetse no mu ntangiriro z’u mwaka w’ 2023 umubano w’ibi bihugu wari mwiza.

Ubwo umubano w’ibihugu byombi wari wifashe neza icyo gihe ingabo z’u Burundi zagiye zikozanyaho na CNRD-FLN, umutwe wari usanzwe ufite ibirindiro mu ishyamba rya Kibira rihana imbibi na Nyungwe.

Byageze ubwo mu kwezi kwa Kane umwaka w’ 2023 igisirikare cy’u Burundi gita muri yombi Colonel Mukeshimana Fabien Alias Kamayi ubwo yari ageze mu Ntara ya Cibitike.

Impuguke z’u muryango w’Abibumbye zasobanuye ko ubwo Col Mukeshimana Fabien Alias Kamayi yari afunzwe u Rwanda rwamusabye u Burundi, ariko rurabyanga nyuma ruza ku murekura aja gukomeza ibikorwa byo kuyobora umutwe wa CNRD-FLN mu ishyamba rya Kibira.

Zivuga ko Colonel Nsabimana aja mu Burundi uko abishaka kandi ko asigaye aba i Bujumbura, aho agenzura ibikorwa by’uyu mutwe.

Raporo y’izi mpuguke ivuga ko nyuma yaho umubano w’ibi bihugu byombi uzambye, ingabo z’u Burundi zasubukuye ubufatanye na CNRD-FLN mu bikorwa byo kurwanya imitwe y’itwaje intwaro irimo Red Tabara mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo mu Gihugu cya RDC.

Ivuga iti: “Mu gihe cyashize, CNRD-FLN yifashisha u Burundi nk’ahantu hayo hatekanye, hifashishwa mu myitozo no kugaba ibitero ku Rwanda. Ubwo hageragezwaga kuzahura umubano w’u Burundi n’u Rwanda mu 2022 no mu ntangiriro z’u mwaka ushize, u Burundi bwitandukanyije na CNRD-FLN. Ariko ubwo umubano wazambaga, ubufatanye bw’u Burundi na CNRD-FLN bwarasubukuwe.”

Ahagana mu kwezi kwa Gatatu uyu mwaka, Col Nsabimana yavuye i Bujumbura akorera ingendo zitandukanye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo. Muri iy’i raporo y’impuguke z’u muryango w’Abibumbye ikavuga ko ingendo za Col Nsabimana muri RDC zari zigamije ku rwanya umutwe wa Red Tabara, kandi ko yateguraga i Nama afatanije na Maï Maï Makanaki n’undi mutwe wa Gumino.

Ingabo z’u Burundi zagiye muri Kivu y’Amajy’epfo hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye bwa perezida Félix Tshisekedi na Evariste Ndayishimiye. Uretse ko Ingabo z’u Burundi zivugwaho kwifatanya na CNRD-FLN, zinavugwaho kandi kwifatanya na FDLR nayo irwanya Kigali.

         MCN.
Tags: CNRD-FLNImpuguke z'u muryango w'AbibumbyeImyitwarire mibiIngabo z'u BurundiIshyamba rya Kibira
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Amafoto yumwe mu bagizwe minisitiri w’urubyiruko muri Repubulika ya demokarasi ya Congo akomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranya mbaga.

Amafoto yumwe mu bagizwe minisitiri w'urubyiruko muri Repubulika ya demokarasi ya Congo akomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranya mbaga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?