• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 18, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

minebwenews by minebwenews
September 2, 2025
in Conflict & Security
0
Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo
119
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abasirikare b’u Burundi bakorera mu bice bituwe n’Abanyamulenge biherereye muri grupema ya Bijombo, ahazwi nk’i Ndondo y’i Buvira cyangwa ya Bijombo muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’aho basahuye mu mihana y’abahatuye, ubu ho bashyinze “amaka” mu mihana yabo hagati.

You might also like

Abasirikare bafunzwe nyuma y’igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa

RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili

Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

Bikubiye mu butumwa twahawe n’abamwe mu Banyamulenge baherereye muri ibyo bice, aho ubwo butumwa bugira buti: “Byakomeye noneho, ingabo z’u Burundi ziri gushyinga amakambi yabo ya gisirikare mu mihana hagati dutuyemo.”

Burakomeza buti: “Imwe bayishyinze mu muhana neza rwagati wo kw’Irango, ku Kiziba , indi bayishyinga mu Gahuna no mu yindi mihana itandukanye iyo dusanzwe dutuyemo.”

Mbere hose, amakambi yabaga yegereye iyi mihana, ariko ubuho si ko biri, kuko bayinjije neza imbere.

Uwaduhaye aya makuru yasobanuye ko byavuye ku kuba drone iheruka kurasa abasirikare ba FARDC n’ab’u Burundi bari kwa Musumari mu Gahuna, mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru tariki ya 01/09/2025. Icyo gihe yahitanye abasirikare bari hagati ya 36 na 48, nk’uko byavuzwe, mu gihe abandi benshi bakomeretse.

Amakuru amwe avuga ko yari iy’ingabo za FARDC yayobeye muri kiriya gice ikarasa ku ngabo zayo, ariko yarigambiriye kurasa abarwanyi ba MRDP-Twirwaneho.

Ariko ku rundi ruhande, bivugwa ko yari drone y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP.

Ari naho bahera bavuga ko ziriya ngabo z’u Burundi zashyinze ariya makambi yabo mu mihana ituwe, mu rwego rwo gutinya drone, aho bavuga ko niba ari ya AFC/M23/MRDP iheruka kubatera, ntizongera kubaterera mu buturage, kandi mu gihe yabarashe hakagira abaturage bagira ikibazo, bazabonereho uburyo bwo kuyegekaho ibyaha byo kwica abasivili.

Mu kwezi gushize kwa mu nani uyu mwaka, izi ngabo z’u Burundi zasahuye mu mihana y’aba baturage, zibasahura ibintu bitandukanye birimo amatungo, ibikoresho byo mu ngo, n’ibindi.

Ndetse na nyuma y’ubwo zishe umwana w’umuhungu uri munsi y’imyaka 18 zimwicisha inkoni, mu gihe hari undi zakubise zi mu hindura intere.

Hagataho, ibi bikomeje kongera urwango hagati y’izi ngabo n’abaturage b’i Ndondo ya Bijombo.

Share48Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abasirikare bafunzwe nyuma y’igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abasirikare bafunzwe nyuma y’igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa

Abasirikare bafunzwe nyuma y'igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa Abasirikare ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, bagaragaye mu mujyi wa Kinshasa bambika ubusa umugore witwa Honorine Porche...

Read moreDetails

RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili

RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili Imitwe itutu yitwaje intwaro ya Wazalendo isanzwe ifatanya n'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo guhangana n'ihuriro...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

Ingabo z'u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y'Epfo Igisirikare cy'u Burundi kiravugwaho kongera abasirikare bacyo mu bice bitandukanye muri Kivu y'Amajyepfo...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro RDC na M23 birimo byo guhana imfungwa

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

Icyo amakuru avuga ku biganiro RDC na M23 birimo byo guhana imfungwa Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa M23 uyirwanya biri mu biganiro byo guhana imfungwa, aho...

Read moreDetails

Havutse imvururu hagati y’Abarega n’Ababembe muri Kivu y’Epfo

by Bahanda Bruce
October 16, 2025
0
Muri RDC abagabo bane batwitswe n’abaturage barashya barakongoka

Havutse imvururu hagati y'Abarega n'Ababembe muri Kivu y'Epfo Amakuru aturuka muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko havutse umwuka mubi hagati y'Ababembe n'Abarega, nyuma...

Read moreDetails
Next Post
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Hafi n'i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n'ingabo za RDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?