
Ingabo z’u muryango w’Abibumbye MONUSCO, zatangiye kuzinga ziva muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, n’inyuma y’uko perezida Félix Tshisekedi atangaje ko igihe kigeza ngo ubutegetsi bwa Kinshasa bwicungira umutekano.
Ibi perezida Félix Tshisekedi yabisabiye mu Nama y’u muryango w’Abibumbye iheruka kubera i New York ahagana mu kwezi kwa Cyenda (9) uy’u mwaka w’2023.
Umukuru w’igihugu ca RDC yahise avuga ko mu byifuzo bye yifuza ko ziriya Ngabo z’u muryango w’Abibumbye MONUSCO zatangira kuva k’ubutaka bwa RDC muntangiriro z’ukwezi kwa Cumi nabiri (12) ariko turimo.
Yagize ati: “Ubutumwa bwa Monusco, bwo kugarura Amahoro n’umutekano muri RDC ntabwo bwigeze bugira icyo bugeraho, muriyi Imyaka 25 irangiye nta musaruro igihugu cyabonye, haba mu kurinda abaturage cangwa kwambura imitwe y’itwaje imbunda ntamusaruro wagezweho.”
Isoko yacu dukesha iy’inkuru ihamya neza ko iciciro cya mbere cyaziriya Ngabo za MONUSCO koburiye Indege mw’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, tariki 04/12/2023. Nk’uko byavuzwe ziriya Ngabo z’u muryango w’Abibumbye MONUSCO izafashe iyambere nizari i Butembo na Bunia ho mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Muri RDC habarizwa ibihumbi icumi nabitandatu, by’ingabo za MONUSCO bakaba bahamaze igihe kingana n’imyaka 25.
Monusco igera muri Congo Kinshasa, yasanze k’ubutaka bwa RDC hari imitwe y’inyeshamba mike ariko yarushijeho kwiyongera nk’uko icyegeranyo giheruka gushirwa hanze n’ubutegetsi bwa Kinshasa kivuga ko imitwe y’itwaje imbunda ibarizwa muri RDC kuri ubu irenga 216.
Gusa kuri uyu wa Gatatu, tariki 06/12/2023, haraterana inteko y’Akanama ka UN niyo iribwemeze ko ingabo za Monusco ziva k’ubutaka bwa Congo Kinshasa bose.
Bruce Bahanda.
Kobagisigiy’impyisi😭