• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Intambara ya Israel na Iran yahinduye isura, Amerika yayinjiyemo bidasubirwaho.

minebwenews by minebwenews
June 22, 2025
in World News
0
Iran yagabye igitero gikaze i Tel Aviv.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Intambara ya Israel na Iran yahinduye isura, Amerika yayinjiyemo bidasubirwaho.

You might also like

Ibyo wamenya kuri perezida Rajoelina wahunze akaba yagize n’icyo abivugaho

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zarashe kuri Iran bwa mbere mu gitero gikaze zayigabyeho zirasa ahantu hatandukanye ku bigo bya gisirikare by’iki gihugu cya Iran.

Iki gitero cya Amerika yagabye kuri Iran kuri iki cyumweru tariki ya 22/06/2025, gishobora guhindura imiterere y’iyi ntambara ihanganishije Israel na Iran.

Abategetsi barimo perezida w’u Burusiya watangaje ko ibyo Leta Zunze ubumwe z’Amerika zikoze biri kwihutisha gusatira intambara ya gatatu y’isi. Mu gihe abandi bagenzi be bo bamaganye Amerika yakoze icyo gitero.

U Bushinwa bwo buvuga ko kuba Amerika yarashe Iran byatuma n’ibindi bihugu bikomeye byarwana ku ruhande rwa Iran.

Iran yo yavuze ko ibitero bya leta Zunze ubumwe z’Amerika ku nganda zayo za nucléaire bitagize kinini byangiza.

Nyuma yabwo, Iran yahise igaba ibitero kuri Israel mu mijyi irimo uwa Tel Aviv na Aifa.

Iran yanaboneyeho kumenyesha ko yakoresheje ibisasu byayo byo mu bwoko bwa Kheibar Shekan. Ibi bikaba biri mu bikomeye iki gihugu gitunze, kandi iki gitero Iran yakoze kuri Israel ni cyubugira icya 20.

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi nk’u Bwongereza, byagaragaje gushyigikira igitero Amerika yakoze kuri Iran.

Iran yari yatangaje mbere ko mu gihe Amerika yo kwibeshya igashyigikira Israel, muri icyo gihe izahita igaba ibitero ku bikorwa remezo byayo, kandi itangaza ko ibifitiye ubushobozi ngo kuko iba iri kurengera ubusugire bw’igihugu cyabo.

Hari ababona ko Israel yatsinze bidasubirwaho Iran. Ku wa gatatu Israel yiriwe irasa ahantu hatandukanye ho muri Iran, harimo ahitwa i Basiji. Mbere na bwo yari yarashe ku bitaro ahitwa Kermanshah.

Ikindi ni uko Iran itasubije nk’uko yahoraga isubiza. Kandi yari yatangaje ko iri buze guha isomo Israel.

Kimweho Iran yaje gusubiza bukeye bwaho ku wa kane, ni bwo yarashe ku bitaro bya Soroko biri i Beer Sheva, bikaba byari byegeranye n’ibiro bikuru by’urwego rw’ubutasi rwa Israel, bizwi nka Mossad.

Israel hari kindi gitero yongeye kugaba kuri Iran cyikorana buhanga, giteza imivurungano mu mabanki yayo, bituma abenshi bayabikijemo babura amafaranga yabo.

Tags: AmerikaIbiteroImiterere y'intambaraIsraelIsura
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibyo wamenya kuri perezida Rajoelina wahunze akaba yagize n’icyo abivugaho

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida Rajoelina nyuma yo guhunga yagize icyo abivugaho Perezida wa Madagascar, Andry Rojoeline yatangarije abanyagihugu be ko adafite kwegura, anabasaba gukundana no gukunda igihugu cyabo kugira ngo cyekubamo...

Read moreDetails

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri Ijambo Abarabu rigiye gukurwa mu izina ry'igihugu cya Misiri, aho ryari rimenyerewe cyane nka Repubulika y'Abarabu ya Misiri, nk'uko bikomeje gucikana kumbuga nkoranyambaga...

Read moreDetails

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Bonyoni yagejejwe mu bitaro aherekejwe bikomeye

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy'indembe Lieutenant General Alain Guillaume Bonyoni wahoze ari minisitiri w'intebe w'u Burundi, yamaze kujya muri "coma." Gen Guillaume Bonyoni yagiye muri coma nyuma y'iminsi...

Read moreDetails

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu Perezida Andry Rojoeline wa Madagascar yahungiye mu gihugu cy'u Bufaransa, nyuma yo kweguzwa n'umutwe wa basirikare witwa CAPSAT. Mu ijoro ryo...

Read moreDetails

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas  bigiye kuba impamo

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo Leta ya Israel n'umutwe wa Hamas umaze igihe iwugabaho ibitero karahabutaka, bigiye guhurira i Sharm muri Misiri, maze bitere...

Read moreDetails
Next Post
Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?