Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Inyeshyamba ziyobowe na Thomas Lubanga zatangije intambara ikaze.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 19, 2025
in Conflict & Security
0
Inyeshyamba ziyobowe na Thomas Lubanga zatangije intambara ikaze.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Inyeshyamba ziyobowe na Thomas Lubanga zatangije intambara ikaze.

You might also like

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

Umutwe w’inyeshyamba uyobowe na Thomas Lubanga urashinjwa gutangiza intambara ikomeye ku ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu ntara ya Ituri mu Burasizuba bw’iki gihugu cya Congo.

Ni byagarutsweho n’igisirikare cya RDC (FARDC), aho cyagaragaje ko inyashyamba ziyobowe na Thomas Lubanga ko zatangiye kubagabaho ibitero muri tumwe mu duce two muri Ituri.

Iki gisirikare cya RDC muri Ituri kikagaragaza ko abo barwanyi ko babateye mu duce duherereye mu nkengero z’ikiyaga cya Albert, harimo n’igitero gikaze zabagabyeho ku munsi w’ejo ku cyumweru ahitwa Nyamamba, ha herereye mu ntera y’i birometero nka 60 uvuye mu mujyi wa Bunia ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara ya Ituri.

Nyamara FARDC ikavuga ko ibyo bitero by’abarwanyi byasubijwe inyuma, n’ubwo kugeza ubu ntacyo urwo ruhande rwa Lubanga rurabivugaho.

Nanone kandi utundi duce twagabwemo ibyo bitero ku wa gatandatu w’icyumweru gishize ni utwa Katoto, Malabo na Lopa.

Kimweho ituze ryongeye kugaruka muri utwo duce ku gicamunsi cyo ku cyumweru no kuri uyu wa mbere.

Bivugwa ko inyeshyamba zazubijwe inyuma. Zimwe muri zo zari zambaye imyenda ya gisirikare, kandi ahanini zarimo zikoresha imbunda zo mu bwoko bwa AK-47.

Mu minsi ishize ni bwo Thomas Lubanga yatangaje ku mugaragaro ko atangije umutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, anavuga ko uwo mutwe witwa CRP-Zaïre.

Uyu Thomas Lubanga yahoze ari umuyobozi w’umutwe wa UPC, yanigeze no guhamwa ibyaha n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i Lahey mu Buholande. Kuri ubu amakuru amwe ahamya ko yaba yibereye i Kampala muri Uganda, nubwo hari n’andi avuga ko ari mu mashyamba yo muri Ituri.

Tags: FardcIturiThomas
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

Iby'akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka. Igitero ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye mu Mikenke cyaguyemo umusirikare mukuru...

Read moreDetails

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza. Ibitero ihuriro ry'Ingabo za Congo ririmo FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo zagabye mu duce dutuwe n'Abanyamulenge two mu Mikenke ho muri secteur...

Read moreDetails

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace. Nyuma y'aho FARDC n'abambari bayo bazindutse bagaba ibitero mu mihana y'Abanyamulenge mu Mikenke, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23...

Read moreDetails

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye. Brigadier General Pierre Banywesize wigeze kuba umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo igihe cya Joseph Kabila ubwo yari...

Read moreDetails

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
1
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila. Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo kuva mu mwaka wa 2001 kugeza mu 2018, Sena...

Read moreDetails
Next Post
Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya.

Dore ibintu byingenzi dusanga muri Tangawizi bigomba gutuma uyihata kuyirya.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?