Iran yigambye gukubita Amerika inkonji iremereye.
Igihugu cya Iran cyatangaje ko giheruka gukubita ahababaza Leta Zunze ubumwe za Amerika mu gitero yagabye ku kigo cy’ingabo zayo giherereye muri Qatar.
Byatangajwe n’umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, kuri uyu wa kane tariki ya 26/06/2025, aho yamenyesheje amahanga ko igihugu cye ko cyababaje cyane Ingabo za Amerika mu gitero cyazigabyeho.
Ikigo cy’ingabo za Amerika cyagabweho icyo gitero ni cya Al-Udeid.
Abategetsi ba Iran nk’uko babivuga iki gitero bagikoze mu rwego rwo kwihorera kuko Amerika na yo yari yarashe ibigo byayo bitatu byatunganyirizwagamo ingufu za nucléaire.
Ni ubwa mbere Ayatollah ageza ijambo ku gihugu ku nshuro ya mbere, kandi atangaza ko yatsinze Israel na Amerika.
Yagize ati: “Iran yageze ku ntsinzi ikomeye ku banzi bayo. Ibi bizakomeza kwibukwa nk’isomo twatanze mu mateka y’isi.”
Yakomeje ati: “Iran izakomeza gushikama no guharanira inyungu z’ubwigenge bwayo.”
Uyu muyobozi w’ikirenga wa Iran, yasobanuye ko perezida Donald Trump yifuzaga ko Iran yishyira mu maboko ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, ariko avuga ko ibyo ari nzozi ngo kuko ntanarimwe bizigera biba.
Ndetse ashimangira ko Iran izirwanaho, kandi ko izasubiza igitero icyo ari cyo cyose kizayigabwaho.
Iran nubwo yivuga ibigwi ku gitero yagabye muri Qatar ku birindiro by’ingabo za Amerika mu mpera zakiriya cyumweru gishize, ariko ubuyobozi bwa Qatar bwari bwatangaje ko ubwirinzi bwayo bwo mu kirere bwabashije kugikumira. Bunavuga ko ntanakimwe cyangijwe.