• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Irasana ryabaye kuri Kalongi havuzwe impamvu yaryo.

minebwenews by minebwenews
May 8, 2025
in Conflict & Security
0
Uko byifashe i Katogota ahiriwe imirwano ikomeye ku munsi w’ejo ku wa mbere.
102
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Irasana ryabaye kuri Kalongi havuzwe impamvu yaryo.

You might also like

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Amakuru aturuka kuri Kalongi haherereye mu Burasizuba bwa komine ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko habaye irasana ryakanya gato hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo, ni nyuma y’aho iri huriro ry’ingabo za Congo zagaragaye muri ako gace.

Igihe c’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa kane tariki ya 08/05/2025, nibwo habaye kurasana ku mpande zombi.

Mu busanzwe iki gice cya Kalongi gisanzwe kigenzurwa n’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wa Twirwaneho n’uwa M23.

Byasobanuwe ko kugira ngo habe ririya rasana, ni mu gihe uru ruhande ru rwanirira Leta y’i Kinshasa abarugize bagaragaye mu misozi yabereyemo imirwano ku munsi w’ejo ku wa gatatu, hagati yabo n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifatikanyije.

Aya makuru agakomeza avuga ko uru ruhande rwa Leta bamwe mubasirikare barwo bazinduke muri turiya duce barwaniyemo n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 aha’rejo, bityo bakaba bari baje gushaka inkomeri zabo no gusakiza abayiguyemo babo.

Nyuma y’iriya ntambara yabaye ku munsi w’ejo ku wa gatatu, byavuzwe ko ririya huriro ry’ingabo za Congo zayitakajemo abagera kuri barindwi abandi benshi bayikomerekeramo.

Zimwe muri izo nkomeri bigakekwa ko zaba zaratakaye kuri iyo misozi yabereyemo imirwano, ari nayo mpamvu yatumye haba kuza kuzishaka ku ruhande rwa Leta bikaviramo kurasana kwa kanya gato ku mpande zihanganye.

Umutangabuhamya yagize ati: “Habaye irasana ryakanya gato. Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC, bari baje gushaka inkomeri zabo no gusakiza abayiguyemo babo.”

Yongeye ati: “Twirwaneho yamaze kubabona irabarasa barahunga.”

Uru ruhande rwa Leta rugaba ibitero mu nkengero za centre ya Minembwe igenzurwa na Twirwaneho na M23 ruturutse mu duce two muri secteur ya Mutambara muri teritware ya Fizi.

Ni ibitero rugaba mu rwego rwo kugira ngo rwisubize iki gice cya Minembwe icyo uyu mutwe wa Twirwaneho wafashe mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, nyuma y’urupfu rwa General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika wishwe n’igitero cya drone y’Ingabo za Congo ku itariki ya 19/02/2025.

Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’iri huriro ry’ingabo za Congo yamaze hafi umunsi wose, ubundi uyu mutwe ubirukana mu bigo byabo bya gisirikare byageraga ku icyenda, hariho icyari muri centre ya Minembwe, Kiziba ku kibuga cy’indege, i Lundu n’ahandi.

Umunsi wakurikiyeho, nanone kandi uyu mutwe ufata n’igice cya Mikenke kitari mu ntera ndende uvuye aha muri centre ya Minembwe. Mikenke, ikaba yarimo ibigo bitatu by’ingabo za Congo harimo bibiri byarimo ingabo z’u Burundi zizwiho ubufatanye bukomeye n’ingabo za FARDC.

Kuva icyo gihe uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifashe ibyo bice, niyo ikibigenzura n’ubu, ndetse kandi iyi mitwe yombi igenzura n’ibice bitari bike byo mu Cyohagati. Bigenzura igice cya Kamombo, inkengero zayo n’utundi duce twaho hafi.

Tags: FardcIrasanaKalongiTwirwaneho
Share41Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Ingabo z'u Burundi zahawe igisubizo nyuma y'aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke Nyuma y'aho Ingabo z'u Burundi zihaye umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera muri Kivu...

Read moreDetails

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Indege z'intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyateye ibisasu by'indege za Sukhoi-25 mu bice bituwe cyane byo muri teritware ya...

Read moreDetails

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Urusaku rw'imbunda z'irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n'impamvu yarwo Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ugenzurwa n'ihuriro ry'ingabo za Repubulika...

Read moreDetails

Conflict Monitoring Report: Burundian Military Expansion and the Security Situation in the Mulenge Highlands

by minebwenews
October 19, 2025
0
Burundian Soldiers in Tshisekedi’s Plan to Wipe Out the Banyamulenge

Background Recent developments in the highlands of Mulenge, South Kivu Province (eastern Democratic Republic of the Congo), reveal a growing presence of Burundian soldiers operating in collaboration with elements of the Congolese national army...

Read moreDetails

Menya uduce turenga 4 Ingabo z’u Burundi zashyinzemo ibirindiro mu Cyohagati

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

Menya uduce turenga 4 Ingabo z'u Burundi zashyinzemo ibirindiro mu Cyohagati Igice kizwi nko mu Cyohagati cyo mu misozi miremire y'i Mulenge mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo mu...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku bimenyetso by’imyotsi bigaragaza ko Papa yatowe cyangwa ataratorwa.

Kiliziya Gatolika yamaze kubona Papa mushya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?