Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Irasana ryabaye kuri Kalongi havuzwe impamvu yaryo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 8, 2025
in Conflict & Security
0
Uko byifashe i Katogota ahiriwe imirwano ikomeye ku munsi w’ejo ku wa mbere.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Irasana ryabaye kuri Kalongi havuzwe impamvu yaryo.

You might also like

FARDC n’abambari bayo biswe wa pumbafu banasabirwa kwirukanwa iteka.

FARDC yahuriye n’akaga mu gitero yagabye mu Rugezi.

Ibivugwa ku mirongo y’urugamba hagati ya AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC muri Kivu y’Epfo.

Amakuru aturuka kuri Kalongi haherereye mu Burasizuba bwa komine ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko habaye irasana ryakanya gato hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo, ni nyuma y’aho iri huriro ry’ingabo za Congo zagaragaye muri ako gace.

Igihe c’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa kane tariki ya 08/05/2025, nibwo habaye kurasana ku mpande zombi.

Mu busanzwe iki gice cya Kalongi gisanzwe kigenzurwa n’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wa Twirwaneho n’uwa M23.

Byasobanuwe ko kugira ngo habe ririya rasana, ni mu gihe uru ruhande ru rwanirira Leta y’i Kinshasa abarugize bagaragaye mu misozi yabereyemo imirwano ku munsi w’ejo ku wa gatatu, hagati yabo n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifatikanyije.

Aya makuru agakomeza avuga ko uru ruhande rwa Leta bamwe mubasirikare barwo bazinduke muri turiya duce barwaniyemo n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 aha’rejo, bityo bakaba bari baje gushaka inkomeri zabo no gusakiza abayiguyemo babo.

Nyuma y’iriya ntambara yabaye ku munsi w’ejo ku wa gatatu, byavuzwe ko ririya huriro ry’ingabo za Congo zayitakajemo abagera kuri barindwi abandi benshi bayikomerekeramo.

Zimwe muri izo nkomeri bigakekwa ko zaba zaratakaye kuri iyo misozi yabereyemo imirwano, ari nayo mpamvu yatumye haba kuza kuzishaka ku ruhande rwa Leta bikaviramo kurasana kwa kanya gato ku mpande zihanganye.

Umutangabuhamya yagize ati: “Habaye irasana ryakanya gato. Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC, bari baje gushaka inkomeri zabo no gusakiza abayiguyemo babo.”

Yongeye ati: “Twirwaneho yamaze kubabona irabarasa barahunga.”

Uru ruhande rwa Leta rugaba ibitero mu nkengero za centre ya Minembwe igenzurwa na Twirwaneho na M23 ruturutse mu duce two muri secteur ya Mutambara muri teritware ya Fizi.

Ni ibitero rugaba mu rwego rwo kugira ngo rwisubize iki gice cya Minembwe icyo uyu mutwe wa Twirwaneho wafashe mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, nyuma y’urupfu rwa General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika wishwe n’igitero cya drone y’Ingabo za Congo ku itariki ya 19/02/2025.

Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’iri huriro ry’ingabo za Congo yamaze hafi umunsi wose, ubundi uyu mutwe ubirukana mu bigo byabo bya gisirikare byageraga ku icyenda, hariho icyari muri centre ya Minembwe, Kiziba ku kibuga cy’indege, i Lundu n’ahandi.

Umunsi wakurikiyeho, nanone kandi uyu mutwe ufata n’igice cya Mikenke kitari mu ntera ndende uvuye aha muri centre ya Minembwe. Mikenke, ikaba yarimo ibigo bitatu by’ingabo za Congo harimo bibiri byarimo ingabo z’u Burundi zizwiho ubufatanye bukomeye n’ingabo za FARDC.

Kuva icyo gihe uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifashe ibyo bice, niyo ikibigenzura n’ubu, ndetse kandi iyi mitwe yombi igenzura n’ibice bitari bike byo mu Cyohagati. Bigenzura igice cya Kamombo, inkengero zayo n’utundi duce twaho hafi.

Tags: FardcIrasanaKalongiTwirwaneho
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

FARDC n’abambari bayo biswe wa pumbafu banasabirwa kwirukanwa iteka.

by Bruce Bahanda
May 10, 2025
0
FARDC n’abambari bayo biswe wa pumbafu banasabirwa kwirukanwa iteka.

FARDC n'abambari bayo biswe wa pumbafu banasabirwa kwirukanwa iteka. I Kabembe ho muri Cheferi ya Kaziba, teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika...

Read moreDetails

FARDC yahuriye n’akaga mu gitero yagabye mu Rugezi.

by Bruce Bahanda
May 9, 2025
0
Uko byifashe i Katogota ahiriwe imirwano ikomeye ku munsi w’ejo ku wa mbere.

FARDC yahuriye n'akaga mu gitero yagabye mu Rugezi. Igitero ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye ku mutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 mu Rugezi, zagiherewemo isomo...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mirongo y’urugamba hagati ya AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC muri Kivu y’Epfo.

by Bruce Bahanda
May 9, 2025
0
Uko byifashe i Katogota ahiriwe imirwano ikomeye ku munsi w’ejo ku wa mbere.

Ibivugwa ku mirongo y'urugamba hagati ya AFC/M23 n'ihuriro ry'ingabo za RDC muri Kivu y'Epfo. Abarwanyi bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa...

Read moreDetails

Rugezi yazindukiyemo ibitero bikaze by’ihuriro ry’Ingabo za RDC.

by Bruce Bahanda
May 9, 2025
0
Rugezi yazindukiyemo ibitero bikaze by’ihuriro ry’Ingabo za RDC.

Rugezi yazindukiyemo ibitero bikaze by'ihuriro ry'Ingabo za RDC. Mu Rugezi mu gice kigenzurwa n'umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 cyazindutse kigabwamo ibitero by'ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

M23 yafashe ibindi bice byingenzi muri Kivu y’Epfo nyuma y’aho ifashe gurupema ya Luciga.

by Bruce Bahanda
May 8, 2025
0
Ibya basirikare ba FARDC basanzwe mu bigo by’ingabo za SADC muri RDC.

M23 yafashe ibindi bice byingenzi muri Kivu y'Epfo nyuma y'aho ifashe gurupema ya Luciga. Amagrupema arenga atatu aherereye muri cheferi ya Luhwinja izwiho kuba yibitseho ubutunzi bukomeye bwa...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku bimenyetso by’imyotsi bigaragaza ko Papa yatowe cyangwa ataratorwa.

Kiliziya Gatolika yamaze kubona Papa mushya.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?