• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, January 23, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Irasana ryabaye kuri Kalongi havuzwe impamvu yaryo.

minebwenews by minebwenews
May 8, 2025
in Conflict & Security
0
Uko byifashe i Katogota ahiriwe imirwano ikomeye ku munsi w’ejo ku wa mbere.
102
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Irasana ryabaye kuri Kalongi havuzwe impamvu yaryo.

You might also like

Guverineri Jean-Jacques Yasabye Ubumwe n’Imibanire Myiza Nyuma Yaho ageze i Uvira

Drone za FARDC Zagabye Ibitero mu Baturage i Buleusa

Induru y’Akababaro ku Bwicanyi n’Ihohoterwa Bikomeje Guhitana Inzirakarengane i Uvira

Amakuru aturuka kuri Kalongi haherereye mu Burasizuba bwa komine ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo, avuga ko habaye irasana ryakanya gato hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo, ni nyuma y’aho iri huriro ry’ingabo za Congo zagaragaye muri ako gace.

Igihe c’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa kane tariki ya 08/05/2025, nibwo habaye kurasana ku mpande zombi.

Mu busanzwe iki gice cya Kalongi gisanzwe kigenzurwa n’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wa Twirwaneho n’uwa M23.

Byasobanuwe ko kugira ngo habe ririya rasana, ni mu gihe uru ruhande ru rwanirira Leta y’i Kinshasa abarugize bagaragaye mu misozi yabereyemo imirwano ku munsi w’ejo ku wa gatatu, hagati yabo n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifatikanyije.

Aya makuru agakomeza avuga ko uru ruhande rwa Leta bamwe mubasirikare barwo bazinduke muri turiya duce barwaniyemo n’uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 aha’rejo, bityo bakaba bari baje gushaka inkomeri zabo no gusakiza abayiguyemo babo.

Nyuma y’iriya ntambara yabaye ku munsi w’ejo ku wa gatatu, byavuzwe ko ririya huriro ry’ingabo za Congo zayitakajemo abagera kuri barindwi abandi benshi bayikomerekeramo.

Zimwe muri izo nkomeri bigakekwa ko zaba zaratakaye kuri iyo misozi yabereyemo imirwano, ari nayo mpamvu yatumye haba kuza kuzishaka ku ruhande rwa Leta bikaviramo kurasana kwa kanya gato ku mpande zihanganye.

Umutangabuhamya yagize ati: “Habaye irasana ryakanya gato. Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC, bari baje gushaka inkomeri zabo no gusakiza abayiguyemo babo.”

Yongeye ati: “Twirwaneho yamaze kubabona irabarasa barahunga.”

Uru ruhande rwa Leta rugaba ibitero mu nkengero za centre ya Minembwe igenzurwa na Twirwaneho na M23 ruturutse mu duce two muri secteur ya Mutambara muri teritware ya Fizi.

Ni ibitero rugaba mu rwego rwo kugira ngo rwisubize iki gice cya Minembwe icyo uyu mutwe wa Twirwaneho wafashe mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, nyuma y’urupfu rwa General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika wishwe n’igitero cya drone y’Ingabo za Congo ku itariki ya 19/02/2025.

Twirwaneho yafashe komine ya Minembwe nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’iri huriro ry’ingabo za Congo yamaze hafi umunsi wose, ubundi uyu mutwe ubirukana mu bigo byabo bya gisirikare byageraga ku icyenda, hariho icyari muri centre ya Minembwe, Kiziba ku kibuga cy’indege, i Lundu n’ahandi.

Umunsi wakurikiyeho, nanone kandi uyu mutwe ufata n’igice cya Mikenke kitari mu ntera ndende uvuye aha muri centre ya Minembwe. Mikenke, ikaba yarimo ibigo bitatu by’ingabo za Congo harimo bibiri byarimo ingabo z’u Burundi zizwiho ubufatanye bukomeye n’ingabo za FARDC.

Kuva icyo gihe uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifashe ibyo bice, niyo ikibigenzura n’ubu, ndetse kandi iyi mitwe yombi igenzura n’ibice bitari bike byo mu Cyohagati. Bigenzura igice cya Kamombo, inkengero zayo n’utundi duce twaho hafi.

Tags: FardcIrasanaKalongiTwirwaneho
Share41Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Guverineri Jean-Jacques Yasabye Ubumwe n’Imibanire Myiza Nyuma Yaho ageze i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Guverineri Jean-Jacques Yasabye Ubumwe n’Imibanire Myiza Nyuma Yaho ageze i Uvira

Guverineri Jean-Jacques Yasabye Ubumwe n’Imibanire Myiza Nyuma Yaho ageze i Uvira Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Purusi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23/01/2026, yongeye kugera mu...

Read moreDetails

Drone za FARDC Zagabye Ibitero mu Baturage i Buleusa

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Drone za FARDC Zagabye Ibitero mu Baturage i Buleusa

Drone za FARDC Zagabye Ibitero mu Baturage i Buleusa Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyagabye igitero cyifashishije indege zitagira abapilote (drone) mu bice bituwe n’abaturage...

Read moreDetails

Induru y’Akababaro ku Bwicanyi n’Ihohoterwa Bikomeje Guhitana Inzirakarengane i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
“Kuva kwa AFC/M23 i Uvira Byasize Abaturage mu Kaga Gakomeye batewe na Wazalendo” – HRW

Induru y’Akababaro ku Bwicanyi n’Ihohoterwa Bikomeje Guhitana Inzirakarengane i Uvira Umujyi wa Uvira winjiye mu mwijima w’akaga n’icuraburindi. Kuva ku Cyumweru tariki ya 18/01/2026, nyuma y’uko ingabo z’ihuriro...

Read moreDetails

“Nta Wabasha Gukumira AFC/M23 Mu Cyemezo Cyo Gusubira i Uvira” – Corneille Nangaa

by Bahanda Bruce
January 22, 2026
0
Abafunzwe, Abakatiwe Igihano Cy’Urupfu n’Abandi Bahungiye mu Mahanga bo mu Muryango wa Nangaa

“Nta Wabasha Gukumira AFC/M23 Mu Cyemezo Cyo Gusubira i Uvira” – Corneille Nangaa Umuyobozi w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille...

Read moreDetails

Iturika ry’Igisasu Ryahitanye Abantu Babiri, Harimo Abana, muri Kivu y’Epfo

by Bahanda Bruce
January 22, 2026
0
Iturika ry’Igisasu Ryahitanye Abantu Babiri, Harimo Abana, muri Kivu y’Epfo

Iturika ry’Igisasu Ryahitanye Abantu Babiri, Harimo Abana, muri Kivu y’Epfo Mu gace ka Cibanda, gaherereye i Kaziba muri teritwari ya Walungu, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, habaye iturika...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku bimenyetso by’imyotsi bigaragaza ko Papa yatowe cyangwa ataratorwa.

Kiliziya Gatolika yamaze kubona Papa mushya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?