• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Isi Ngwibabajwe Nokubura Umuririmbyikazi Tina Turner. Mubabaye Harimo Na Président Joe Biden.

minebwenews by minebwenews
May 25, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuhanzikazi Anna Mae Bullock wamamaye nka Tina Turner yapfuye azize uburwayi yaramaranye igihe. Apfuye ageze kumyaka 83 y’amavuko.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Uyu muhanzikazi akomoka mu Busuwisi, yamenyekanye cyane muri leta z’Unze Ubumwe Za Amerika nk’umwamikazi wa “Rock&Roll.”

Asize abana bane(4), yaguye mu rugo iwe ahitwa Küsnacht mu Busuwisi, nyuma y’igihe kinini yari amaze arwaye bikomeye.

Mu butumwa buri ku rukuta rwe rwa Instagram bwagaragaje ko “Babajwe no kubamenyesha inkuru y’urupfu rwa Tina Turner.’’

Urupfu rwe rwatumye abamukurikiraga binjira mubihe byumubabaroro ukomeye kubera ubuhangange yari afite mu muziki.

Hari nabakomeye bamufanaga harimo Barack Obama wabaye President wa 44 wa Amerika, kuva mumwaka wa 2009 kugeza 2017 ni umwe mu bakunzi buyu muhanzi ndetse akaba ari mubabajwe nokunva inkuru yurupfu rw’uyu muhanzikazi wubatse amateka akomeye mu muziki.

Mu butumwa burebure Obama, yashyize kuri Twitter yagaragaje ko uyu muhanzikazi nk’umwe mu babayeho babanyembaraga kandi bakoze impinduka zikomeye mu ruganda rw’umuziki kuri y’isi yose.

Yasoje ubutumwa bwe agira ati “Uyu munsi twifatanije n’abafana ku isi yose mu guha icyubahiro Umwamikazi wa Rock na Roll, ni inyenyeri itazigera izimira.Uyu munsi dusezeye inshuti ikomeye idusigiye twese umurage ukomeye cyane; mumuzika we.”

Obama yakomeje amugaragaza nk’umuhanzi waririmbye “Ukuri kwe yaba mu byishimo cyangwa mumubabaro”.

Ntabwo ari we gusa kuko na Joe Biden ubu uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni umwe mu babajwe n’urupfu rw’uyu mubyeyi aho yanditse agaragaza ko “yakoze impinduka mu muziki wa Amerika iteka ryose, kandi yaravutse ari umwana w’umuhinzi.’’

Umuhanzikazi w’Umunyamerika Gloria Gaynor we yamugaragaje nk’umuhanzi waharuriye benshi mu bagore inzira mu muziki wabo, bakitinyuka.

.Dore ubuzima bwe?

Uyu yari umuririmbyi kandi yari n’umwanditsi w’indirimbo, umwanditsi w’ibitabo, umubyinnyi, umukinyi wa filime n’ibindi byinshi.

Tina Turner yatangiye umuziki afashwa n’umugabo we, Ike Turner banaririmbanye mu itsinda rya Ike Turner.

Yubakanye numugabo we ahagana mumwaka wa 1962 kugeza mu 1978.

Nyuma yakundanye na Erwin Bach bashakanye guhera mu 2013. Uyu mugabo we wa kabiri yanamuhaye impyiko imwe mu myaka mike ubwo uyu mugore yari arembejwe n’indwara yazo.

Tina kuva yandukana na Ike Turner bakoranye cyane ndetse bakanaririmbana yatangiye urugendo rwe rwa muzika ku giti cye, rwatumye afatwa nk’umunyabigwi mu njyana ya pop mu myaka ya za 1980 nyuma ya album ye yise ‘Private Dancer’.

Tina Turner wamenyekanye cyane mu ndirimbo yitwa ‘What’s Love Got to Do With It?

Yavukiye ahitwa Mae Bullock tariki 26.11.1939, akurira i Nutbush, muri Tennesse muri Amerika. Yatangiye kugaragaza impano ye akiri muto ubwo yari muri korali.

Turner yatangaje ko ahagaritse urugendo rwe rwa muzika mu 2000, umwaka umwe nyuma yo gushyira hanze album ye ya nyuma yise ‘Twenty Four Seven.

Ahagana mumwaka wa 2021, nibwo uyu muhanzikazi yashyizwe ku rutonde rw’ibihangange ruzwi nka Rock & Roll Hall of Fame.

Tina Turner mu 2013, yanze ubwenegihugu bwa Amerika ahitamo ubw’u Busuwisi ari naho yari atuye.

Uyu muhanzikazi wubatse izina mu myaka yo mu 1960 na 1990, yapfuye amaze igihe kinini ahanganye n’ibibazo by’ubuzima birimo indwara nka Kanseri, impyiko n’izindi.

Tina Turner, umugore wabayeho mu byishimo bicagase mu rukundo

Tina Turner ni umwe mu bahanzikazi babayeho mu buzima busa n’ubudashimishije mu Rukundo. Uyu mubyeyi yatangiye gukundana akiri mu mashuri yisumbuye ubwo yakundanaga na Harry Taylor.

Mumwaka wa 1960 yabyaye umwana wa kabiri wa Tina Turner.

Uwitwa Ike Turner witabye Imana mumwaka wa 2007 avugwa nk’umuntu watumye Tina Turner abaho mu buzima bw’ubwigunge kubera kumuhohotera mu buryo bukomeye kugeza aho mumwaka wa 1968 uyu mubyeyi yashatse kwiyahura, ariko Imana igakinga akaboko.

Nyuma byaje gutahurwa ko Ike Turner afite uburwayi bwo mu mutwe buzwi nka Bipolar disorder. Mu gitabo cy’ibyo yaciyemo yanditse mu 2018 yise My Love Story, Tina nTurner yibuka ihungabana yaciyemo aho agereranya imibonano mpuzabitsina n’uyu wari umugabo we utakiriho no “gufatwa ku ngufu”.

Umuziki we uzahora wibukwa!

Tina Turner asize ibigwi byinshi mu muziki ndetse ni umwe mu bahanzikazi bazahora bibukwa.

Ubudahangarwa by’uyu muhanzikazi bunagaragazwa n’uburyo abayobozi bakomeye barimo na Président Joe Biden ndetse n’ibindi bymamare, bahaye icyubahiro ibikorwa yakoze.

Indirimbo zakunzwe cyane za Tina Turner:

Hari nka ‘‘Private Dancer’’ yagiye hanze mu 1984, ‘‘We Don’t Need Another Hero” yagiye hanze mu 1985, “The Best” yo mu 1989, “Steamy Windows” yo mu 1989, “GoldenEye” yo mu 1995 n’izindi nyinshi.

Uyu muhanzikazi yatwaye ibihembo 12 bya Grammy Awards.

Mu 2013 Tina Turner yabaye umuntu ukuze kurusha abandi bahanzi wagaragaye ku gifuniko cya Vogue Magazine. Icyo gihe yari afite imyaka 73.

Yitabye Imana aheruka kugaragara mu ruhame mu 2021. Mu 2022 Erwin Bach wabaye umugabo yamuguriye inzu ya miliyoni $76, mu Busuwisi.

Tags: BidenTina TurnerUrupfu
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

Abaturage B'i Rulenge Barasaba Ingabo Za FARDC Zomuri 12ème Brigade Kubashakira Umutekano Amasoko Yabo Akarema Neza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?