Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Israel ikomeje gushyirwaho igitutu kugira ngo ihagarike intambara.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 27, 2024
in World News
0
Israel ikomeje gushyirwaho igitutu kugira ngo ihagarike intambara.
73
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Israel ikomeje gushyirwaho igitutu kugira ngo ihagarike intambara.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Igitutu gikomeje kuba cyinshi kuri kuri Israel aho isabwa guhagarika ibitero ikomeje kugaba muri Libani, ikemera agahenge k’iminsi 21 mu rwego rwo kugirana ibiganiro n’umutwe wa Hezbollah.

Ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byari byatangaje ko hashyizweho agahenge kemeranyijweho na Israel, kazamara iminsi 21 hari gushakwa umuti ku kibazo cy’imirwano ikomeye guca ibintu muri Libani.

Ariko nyuma gato y’uko byari bimaze gutangazwa, bamwe mu bayobozi muri Israel bahise bahakana iby’aya makuru, bavuga ko Israel itagize uruhare muri ibyo biganiro.

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu ari muri Amerika, aho agomba guhura n’abayobozi batandukanye bifuza ku mushyiraho igitutu kugira ngo ahagarike imirwano na Hezbollah, imaze gutuma abarenga ibihumbi 250 biganjemo abo mu majyepfo y’igihugu cya Libani bahunga.

Minisiteri y’ubuzima muri Libani yari iheruka gutangaza ko kuva Israel yatangira ibitero kuri Hezbollah umwaka ushize, nibura abantu barenga 1500 bamaze kugwa muri ibi bitaro.

Mbere yo kuva muri Israel, Benjamin Netanyahu yari yasabye igisirikare cye gukomeza guhangana na Hezbollah gikoresheje imbaraga zose gifite, ibyakurikiye n’amakuru avuga ko ingabo za Israel zishobora kugaba ibitero ku butaka bwa Libani, ndetse amafoto agaragaza ibikoresho biri kwerekezwa ku mupaka w’ibihugu byombi.

Ku rundi ruhande, ubuyobobozi bw’Ingabo zirwanira mu kirere za Israel bwatangaje ko biteguye kuba bafasha ingabo zirwanira ku butaka mu gihe zasabwa kwinjira muri Libani.

Minisitiri w’ingabo wa Israel, yavuze ko biteguye gukomeza ibitero bigamije guca intege Hezbollah, kugira ngo nyuma yo ku yica intege, Abaturage barenga ibihumbi 70 ba Israel bahunze, bazabone uko bagaruka mu bice by’Amajyaruguru y’igihugu bavuyemo kubera ibitero bya Hezbollah.

Andi makuru avuga ko impamvu Israel ishaka kwinjira muri Libani ni ukugira ngo ihagarike intwaro zinjira muri icyo gihugu ziturutse muri Iran, igihugu gishinjwa gushyigikira Hezbollah.

Abakurikirana iby’iyi ntambara bemeza ko aya ari amahirwe Israel itagomba kwitesha, kuko iramutse itanze agahenge k’iminsi 21, Hezbollah ishobora kugakoresha ikisuganya, ikaba yarwana n’iki gihugu ifite ubushobozi bwinshi.

Muri iy’i ntambara ya Hezbollah na Israel abarwanyi b’uyu mutwe wa Hezbollah barenga ibihumbi 1.500 bagize ubumuga bw’ingingo burimo gucika ibice by’umubiri no kwangirika kw’amaso ku buryo badashobora kongera kujya ku rugamba no gukora indi mirimo ikomeye ya gisirikare. Ahanini ibyo byabaye mu gihe uwo mutwe wari wagabweho igitero simusiga ku bikoresho by’itumanaho byakoreshwaga n’uwo mutwe.

Ikindi n’uko Israel imaze kwica abasirikare bo hejuru muri Hezbollah, aho no kuri uyu wa Kane yishe umwe mu bayobozi bo mu ishami rirwanira mu kirere, Mohammed Hussein Surur, warasiwe i Beirut ku murwa mukuru wa Liban.

                  MCN.
Tags: 21Guhagarika intambaraHezbollahIgitutuIsrael
Share29Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Haravugwa icyoba kidasanzwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi.

Haravugwa icyoba kidasanzwe mu batavuga rumwe n'ubutegetsi bw'u Burundi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?