• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, October 26, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Israel ikomeje gushyirwaho igitutu kugira ngo ihagarike intambara.

minebwenews by minebwenews
September 27, 2024
in World News
0
Israel ikomeje gushyirwaho igitutu kugira ngo ihagarike intambara.
73
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Israel ikomeje gushyirwaho igitutu kugira ngo ihagarike intambara.

You might also like

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Igitutu gikomeje kuba cyinshi kuri kuri Israel aho isabwa guhagarika ibitero ikomeje kugaba muri Libani, ikemera agahenge k’iminsi 21 mu rwego rwo kugirana ibiganiro n’umutwe wa Hezbollah.

Ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byari byatangaje ko hashyizweho agahenge kemeranyijweho na Israel, kazamara iminsi 21 hari gushakwa umuti ku kibazo cy’imirwano ikomeye guca ibintu muri Libani.

Ariko nyuma gato y’uko byari bimaze gutangazwa, bamwe mu bayobozi muri Israel bahise bahakana iby’aya makuru, bavuga ko Israel itagize uruhare muri ibyo biganiro.

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu ari muri Amerika, aho agomba guhura n’abayobozi batandukanye bifuza ku mushyiraho igitutu kugira ngo ahagarike imirwano na Hezbollah, imaze gutuma abarenga ibihumbi 250 biganjemo abo mu majyepfo y’igihugu cya Libani bahunga.

Minisiteri y’ubuzima muri Libani yari iheruka gutangaza ko kuva Israel yatangira ibitero kuri Hezbollah umwaka ushize, nibura abantu barenga 1500 bamaze kugwa muri ibi bitaro.

Mbere yo kuva muri Israel, Benjamin Netanyahu yari yasabye igisirikare cye gukomeza guhangana na Hezbollah gikoresheje imbaraga zose gifite, ibyakurikiye n’amakuru avuga ko ingabo za Israel zishobora kugaba ibitero ku butaka bwa Libani, ndetse amafoto agaragaza ibikoresho biri kwerekezwa ku mupaka w’ibihugu byombi.

Ku rundi ruhande, ubuyobobozi bw’Ingabo zirwanira mu kirere za Israel bwatangaje ko biteguye kuba bafasha ingabo zirwanira ku butaka mu gihe zasabwa kwinjira muri Libani.

Minisitiri w’ingabo wa Israel, yavuze ko biteguye gukomeza ibitero bigamije guca intege Hezbollah, kugira ngo nyuma yo ku yica intege, Abaturage barenga ibihumbi 70 ba Israel bahunze, bazabone uko bagaruka mu bice by’Amajyaruguru y’igihugu bavuyemo kubera ibitero bya Hezbollah.

Andi makuru avuga ko impamvu Israel ishaka kwinjira muri Libani ni ukugira ngo ihagarike intwaro zinjira muri icyo gihugu ziturutse muri Iran, igihugu gishinjwa gushyigikira Hezbollah.

Abakurikirana iby’iyi ntambara bemeza ko aya ari amahirwe Israel itagomba kwitesha, kuko iramutse itanze agahenge k’iminsi 21, Hezbollah ishobora kugakoresha ikisuganya, ikaba yarwana n’iki gihugu ifite ubushobozi bwinshi.

Muri iy’i ntambara ya Hezbollah na Israel abarwanyi b’uyu mutwe wa Hezbollah barenga ibihumbi 1.500 bagize ubumuga bw’ingingo burimo gucika ibice by’umubiri no kwangirika kw’amaso ku buryo badashobora kongera kujya ku rugamba no gukora indi mirimo ikomeye ya gisirikare. Ahanini ibyo byabaye mu gihe uwo mutwe wari wagabweho igitero simusiga ku bikoresho by’itumanaho byakoreshwaga n’uwo mutwe.

Ikindi n’uko Israel imaze kwica abasirikare bo hejuru muri Hezbollah, aho no kuri uyu wa Kane yishe umwe mu bayobozi bo mu ishami rirwanira mu kirere, Mohammed Hussein Surur, warasiwe i Beirut ku murwa mukuru wa Liban.

                  MCN.
Tags: 21Guhagarika intambaraHezbollahIgitutuIsrael
Share29Tweet18Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n'u Burusiya Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika ushinzwe ububanyi n'amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyifuza guhura n'u Burusiya, ibihugu...

Read moreDetails

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho Abakunze gukorera ingendo mu gihugu cya Kenya, basabwe kwirinda kunywa inzoga zaho kuko ngo harizashizwemo uburozi. Bikubiye mu...

Read moreDetails

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails
Next Post
Haravugwa icyoba kidasanzwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi.

Haravugwa icyoba kidasanzwe mu batavuga rumwe n'ubutegetsi bw'u Burundi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?