Israel na Iran Byazindukiye mu Mwuka Ukomeye w’Intambara
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, amakimbirane amaze igihe hagati ya Israel na Iran yongeye gufata indi ntera ikomeye, nyuma y’uko igisirikare cya Israel gitangaje ko cyagabye ibitero bishya byo mu kirere mu murwa mukuru wa Iran, Tehran.
Nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya Israel (IDF), ibyo bitero byibasiye ibikorwa remezo bivugwa ko bifitanye isano n’ubutegetsi bwa Iran, Israel ikaba ibushinja gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba mu karere. Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa Telegram, IDF yavuze ko iri kurasa ku ntego zitandukanye i Tehran, mu rwego rwo kugabanya ubushobozi bwa Iran mu bya gisirikare.
Nyuma y’ibi bitero, Iran na yo ntiyatinze gusubiza, aho amakuru aturuka muri Israel yemeza ko yarashe misile zigana ku butaka bwayo. Ubuyobozi bwa Israel bwahise butangaza ko ubwirinzi bwabwo bwo mu kirere bwatangiye kuzihanura, mu rwego rwo kurinda abaturage n’ibikorwaremezo.
IDF yahise inasaba abaturage ba Israel kujya mu bwihisho bwihuse, iburira ko hashobora gukurikiraho ibindi bitero. Abaturage basabwe kwinjira mu byumba byabugenewe birinda ibisasu (shelters) no kuguma aho kugeza igihe hatangiwe andi mabwiriza.
Mu majyepfo ya Israel, cyane cyane mu gace k’inganda kazwi nka Neot Hovav, hagaragaye inkongi z’umuriro zikomeye nyuma y’aho zimwe muri misile za Iran zihagwiriye. Nubwo hataratangazwa imibare nyayo y’abaguye muri ibi bitero cyangwa ibyangiritse, biragaragara ko ibyangiritse ari byinshi, cyane cyane ku bikorwaremezo by’inganda.
Israel na Iran bimaze imyaka myinshi birebana ay’ingwe, ahanini biturutse ku mpamvu za politiki, ideolojiya n’umutekano w’akarere ka Moyen-Orient. Iran ishyigikira imitwe nka Hezbollah muri Liban na Hamas muri Gaza, ibintu Israel ifata nk’inkunga y’iterabwoba iyibangamiye.
Ku rundi ruhande, Israel yakomeje kugaba ibitero ku nyungu za Iran n’imitwe iyishyigikiye, cyane cyane muri Syria na Liban, igamije gukumira ikwirakwira ry’intwaro n’ingabo zifatwa nk’izishobora kuyibangamira.
Iyi myitwarire y’impande zombi yakomeje gutuma habaho ubushyamirane budashira, rimwe na rimwe bukagera ku rwego rw’ibitero byeruye nk’ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.
Abasesenguzi mpuzamahanga baravuga ko uku guhangana gukomeje gufata indi ntera bishobora guteza umutekano muke ukomeye mu karere, ndetse bikaba byakurura n’ibindi bihugu bikomeye mu ntambara yeruye.
Hari impungenge ko niba nta rwego mpuzamahanga rugobotse ngo ruhoshe ubu bushyamirane, bishobora kuvamo intambara nini irimo ibihugu byinshi byo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mu gihe abaturage ku mpande zombi bakomeje kugira ubwoba no guhunga aho batuye, amahanga akomeje guhamagarira Israel na Iran kwirinda gukomeza kongera ubushyamirane, ahubwo hagashakwa inzira y’ibiganiro n’ubwumvikane.
Ibi bitero bishya hagati ya Israel na Iran birerekana ko umwuka mubi hagati y’ibi bihugu ukomeje gukara, kandi ko amahoro mu karere ka Moyen-Orient akiri kure. Icyizere kiri mu biganiro bya dipolomasi, ariko igihe cyose impande zombi zigikomeje guhitamo inzira y’imbaraga za gisirikare, amahoro aracyari inzozi.






