Israel Yivuganye Undi Muyobozi Mukuru w’Ingabo za Iran
Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati, Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko cyagabye igitero gikomeye cy’indege cyahitanye umwe mu bayobozi bakomeye b’ingabo za Iran zirwanira mu mazi, Alireza Tangsiri.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 25/03/2026, mu gikorwa cyavuzwe ko cyari kigamije guhitana abayobozi bakuru mu rwego rwa gisirikare cya Iran, cyane cyane abo mu mutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), uzwiho kugira uruhare rukomeye mu bikorwa by’umutekano n’intambara z’inyungu za Iran mu karere.
Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yemeje ayo makuru, avuga ko uwo muyobozi yishwe kubera uruhare rukomeye yagiraga mu gutegura ibikorwa Israel ishinja Iran by’iterabwoba, birimo gushyira ibiturika mu nyanja no kugerageza gufunga umuhora wa Strait of Hormuz, inzira y’ingenzi inyuzwamo ibikomoka kuri peteroli ku isi.
Yagize ati: “Yari ashinzwe ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’ubwikorezi bwo mu nyanja, cyane cyane mu mugambi wo gufunga umuhora wa Hormuz, byari kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi.”
Alireza Tangsiri yari umwe mu bayobozi b’ingenzi mu ngabo zirwanira mu mazi za IRGC, ashinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare mu gace ka Golfe, aho Iran ifite inyungu zikomeye mu bijyanye n’ubucuruzi bwa peteroli.
Mu mateka ye, Tangsiri yamenyekanye cyane mu gutanga ubutumwa bukomeye ku bihugu birimo Amerika na Israel, aho yigeze gutangaza ko Iran ishobora gufunga umuhora wa Hormuz igihe cyose yabona inyungu zayo zibangamiwe. Uyu muyoboro unyuzwamo hafi 1/5 cy’ibikomoka kuri peteroli ku isi buri munsi, ibintu bituma uba igikoresho gikomeye cya politiki n’ubukungu kuri Iran.
Ibi bitero bikurikiye andi makuru yatangajwe n’impande zitandukanye avuga ko Israel imaze kwibasira abayobozi bakuru ba Iran barimo Esmail Khatib ndetse na Ali Larijani, nubwo aya makuru akomeje kuvugwaho byinshi kandi ataremezwa n’impande zose.
Raporo zatanzwe n’ubuyobozi bwa Iran zigaragaza ko iyi ntambara imaze guhitana abantu benshi, aho abarenga 1900 bivugwa ko bamaze kwicwa, barimo abagore n’abana barenga 450. Abakomeretse bo barenga ibihumbi 24, harimo abagore n’abana benshi.
Ibi byemejwe n’Umuyobozi Wungirije wa Minisiteri y’Ubuzima muri Iran, Ali Jafarian, wagaragaje ko ibitero bikomeje kugira ingaruka zikomeye ku baturage basanzwe.
Abasesenguzi mu bya gisirikare bagaragaza ko niba koko urupfu rwa Tangsiri rwemejwe, byaba ari igihombo gikomeye kuri Iran, cyane cyane mu bijyanye n’imiyoborere y’ingabo zirwanira mu mazi.
Bavuga ko ibi bishobora guca intege ubushobozi bwa Iran bwo kugenzura neza ibikorwa byo mu nyanja, ndetse bikaba byatuma igabanuka ry’ubushobozi bwo gukoresha umuhora wa Hormuz nk’iturufu ya politiki.
Ku rundi ruhande, ibi bitero bikomeje kugaragaza uburyo amakimbirane hagati ya Israel na Iran agenda arushaho gufata indi ntera, bikaba bishobora gukururira isi yose ingaruka zikomeye, cyane cyane mu bijyanye n’ubukungu n’umutekano mpuzamahanga.
Iyi nkuru igaragaza ko intambara iri hagati y’izi mpande zombi itakiri mu rwego rw’amagambo gusa, ahubwo iri gufata isura y’ibikorwa bya gisirikare byagutse, bishobora guhindura isura y’umutekano mu karere ka Golfe no ku isi muri rusange.






