Israel yongeye gukora munda Iran iyo bihanganye bikomeye.
Nyuma y’iminsi itatu gusa, Israel yishe umugaba mukuru w’Ingabo za Iran zirwanira mu kirere, General Gholamali Rashid, yishe kandi n’uwa musimbuye, General Ali Shadmani.
Amakuru avuga ko Gen.Ali Shadmani yishwe mu gitero igisirikare cya Israel cyagabye mu rukerera rw’ir’ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri tariki ya 17/06/2025.
Gen. Ali Shadmani wishwe yari yahawe kuyobora igisirikare kirwanira mu kirere cya Iran nyuma y’urupfu rwa Gen.Gholamali Rashid na we wishwe arashwe mu mpera zakiriya cyumweru gishize. Bivugwa ko yapfanye n’abahanga babanya-Iran bakoraga intwaro ziremereye zirimo iza kirimbuzi.

Ndetse kandi yapfanye n’abandi bayobozi bakuru b’iki gisirikare cya Iran, kuko amakuru agaragaza ko umubare w’abapfuye uri hejuru ya cyenda (9).
Ibitero ku mpande zombi birakomeje aho na Iran yagabye igitero gikaze ku biro bikuru by’ubutasi bwa Israel bizwi nka Mossad biherereye i Tel Aviv. Nubwo ntabizwi byoba byarangijwe.
Ijoro ryo ku wa mbere w’iki cyumweru ryari ribi cyane i Tehran kimwe no mu mijyi itandukanye yo muri Israel. Ku mugoroba kandi w’ahar’ejo Israel yarashe televiziyo ya Iran .
Bimwe mu bitangaza makuru byegamiye kuri Tehran byatangaje ko misile zayo zageze ku ntego yayo mu mujyi wa Tel Aviv n’ahandi hantu hatandukanye muri Israel. Ibi kandi ngo byatumye Israel itabaza Amerika kuyiba hafi ngo kuko ubwirinzi bwayo busa nubwacyogoye. Ariko ibi ntacyo Israel irabivugaho, usibye ko yatangaje ko Amerika ikwiye kubafasha ngo kuko Iran na yo izayirasa kubera ko yatinyutse gutera ibisasu i Jerusalem.
Netanyahu yagize ati: “Amerika muraramuka mutadufashije, Iran yatinyutse gutera ibisasu i Jerusalem izabitera ni Washington DC.”
Amakuru akomeza avuga ko ku wa mbere humvikanye ibintu biturikira i Jerusalem, ariko Israel yo ikavuga ko ibyo bitero ko byakomerekeyemo abantu bake.
Ku rundi ruhande, kugeza ubu nta we uramenya aho iyi ntambara igana. Hari ababona ko ishobora kuramba, ni mu gihe Iran ivuga ko itarakoresha intwaro zayo ziremereye. Kandi ikavuga ko idashobora kwemera ibiganiro mu gihe Israel izaba itarahagarika ibitero kuri yo.
Ibihugu bitandukanye byasabye abaturage babyo kuva muri Israel no kutajyayo kimwe no muri Iran.
Bimwe muri ibyo bihugu harimo u Bushinwa bwasabye abaturage babwo kuva muri Israel, mu gihe u Bwongereza bwo bwababujije kujyayo.
Uko ibyo bihugu bisaba abantu babyo kuva muri Israel no kutajyayo ni ko kandi babasaba kuva muri Iran no kutajyayo.