• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 17, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Israel yongeye gukora munda Iran iyo bihanganye bikomeye.

minebwenews by minebwenews
June 17, 2025
in World News
0
Israel yongeye gukora munda Iran iyo bihanganye bikomeye.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Israel yongeye gukora munda Iran iyo bihanganye bikomeye.

You might also like

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya

Odinga war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

Nyuma y’iminsi itatu gusa, Israel yishe umugaba mukuru w’Ingabo za Iran zirwanira mu kirere, General Gholamali Rashid, yishe kandi n’uwa musimbuye, General Ali Shadmani.

Amakuru avuga ko Gen.Ali Shadmani yishwe mu gitero igisirikare cya Israel cyagabye mu rukerera rw’ir’ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri tariki ya 17/06/2025.

Gen. Ali Shadmani wishwe yari yahawe kuyobora igisirikare kirwanira mu kirere cya Iran nyuma y’urupfu rwa Gen.Gholamali Rashid na we wishwe arashwe mu mpera zakiriya cyumweru gishize. Bivugwa ko yapfanye n’abahanga babanya-Iran bakoraga intwaro ziremereye zirimo iza kirimbuzi.

Ndetse kandi yapfanye n’abandi bayobozi bakuru b’iki gisirikare cya Iran, kuko amakuru agaragaza ko umubare w’abapfuye uri hejuru ya cyenda (9).

Ibitero ku mpande zombi birakomeje aho na Iran yagabye igitero gikaze ku biro bikuru by’ubutasi bwa Israel bizwi nka Mossad biherereye i Tel Aviv. Nubwo ntabizwi byoba byarangijwe.

Ijoro ryo ku wa mbere w’iki cyumweru ryari ribi cyane i Tehran kimwe no mu mijyi itandukanye yo muri Israel. Ku mugoroba kandi w’ahar’ejo Israel yarashe televiziyo ya Iran .

Bimwe mu bitangaza makuru byegamiye kuri Tehran byatangaje ko misile zayo zageze ku ntego yayo mu mujyi wa Tel Aviv n’ahandi hantu hatandukanye muri Israel. Ibi kandi ngo byatumye Israel itabaza Amerika kuyiba hafi ngo kuko ubwirinzi bwayo busa nubwacyogoye. Ariko ibi ntacyo Israel irabivugaho, usibye ko yatangaje ko Amerika ikwiye kubafasha ngo kuko Iran na yo izayirasa kubera ko yatinyutse gutera ibisasu i Jerusalem.

Netanyahu yagize ati: “Amerika muraramuka mutadufashije, Iran yatinyutse gutera ibisasu i Jerusalem izabitera ni Washington DC.”

Amakuru akomeza avuga ko ku wa mbere humvikanye ibintu biturikira i Jerusalem, ariko Israel yo ikavuga ko ibyo bitero ko byakomerekeyemo abantu bake.

Ku rundi ruhande, kugeza ubu nta we uramenya aho iyi ntambara igana. Hari ababona ko ishobora kuramba, ni mu gihe Iran ivuga ko itarakoresha intwaro zayo ziremereye. Kandi ikavuga ko idashobora kwemera ibiganiro mu gihe Israel izaba itarahagarika ibitero kuri yo.

Ibihugu bitandukanye byasabye abaturage babyo kuva muri Israel no kutajyayo kimwe no muri Iran.

Bimwe muri ibyo bihugu harimo u Bushinwa bwasabye abaturage babwo kuva muri Israel, mu gihe u Bwongereza bwo bwababujije kujyayo.

Uko ibyo bihugu bisaba abantu babyo kuva muri Israel no kutajyayo ni ko kandi babasaba kuva muri Iran no kutajyayo.

Tags: Gen.Shadmani AliIntambaraIsraelYakoze munda Iran
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y’ikubagahu muri Kenya

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Urupfu rwa Odinga rutumye hatumizwa inama y'ikubagahu muri Kenya Perezida William Samue Ruto wa Kenya, yatangaje ko yahamagaje inama y'inama nkuru y'umutekano wa Leta nyuma y'urupfu rwa Raila...

Read moreDetails

Odinga war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Odinga  war’uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana

Odinga war'uzwi cyane muri politiki ya Kenya yitabye Imana. Raila Odinga wahoze ari minisitiri w'intebe muri Kenya, yitabye Imana nkuko amakuru ava muri iki gihugu abivuga. Murukerera rwo...

Read moreDetails

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n’ibyo akivugaho

Perezida Trump yanenze ikinyamakuru giheruka kumukoraho inkuru, agira n'ibyo akivugaho Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, yavuze ko atashimishijwe n'ifoto ikinyamakuru cya "Time Magazine" cyakoresheje kimuvugaho...

Read moreDetails

Ibyo wamenya kuri perezida Rajoelina wahunze akaba yagize n’icyo abivugaho

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida Rajoelina nyuma yo guhunga yagize icyo abivugaho Perezida wa Madagascar, Andry Rojoeline yatangarije abanyagihugu be ko adafite kwegura, anabasaba gukundana no gukunda igihugu cyabo kugira ngo cyekubamo...

Read moreDetails

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri Ijambo Abarabu rigiye gukurwa mu izina ry'igihugu cya Misiri, aho ryari rimenyerewe cyane nka Repubulika y'Abarabu ya Misiri, nk'uko bikomeje gucikana kumbuga nkoranyambaga...

Read moreDetails
Next Post
Uruzinduko rwa Kiyana muri Afrika rwakuye umutima benewabo.

Uruzinduko rwa Kiyana muri Afrika rwakuye umutima benewabo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?