• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Itangazo ry’amagana u Rwanda ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC, na Tshisekedi wagize icyarivugaho ryiswe ikinyoma cyambaye ubusa.

minebwenews by minebwenews
February 6, 2024
in Regional Politics
0
Itangazo ry’amagana u Rwanda ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC, na Tshisekedi wagize icyarivugaho ryiswe ikinyoma cyambaye ubusa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Itangazo rya vugako leta Zunze Ubumwe z’Amerika zokeje i gitutu i Gihugu cy’u Rwanda ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ryiswe ko ari ibihimbano bya Banyekongo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

N’itangazo ryagaragaza ko ryasohotse ku munsi w’ejo hashize tariki ya 05/02/2024, rikaba rigaragaza ko ryashizwe hanze n’ambasade y’Amerika, ir’i Kinshasa, mu gihugu cya RDC.

Ir’i tangazo ryavugako Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasabye u Rwanda kuvana Ingabo zabo k’u butaka bwa RDC vuba nabwangu ndetse no guhagarika ubufasha baha u mutwe wa M23, u rwanya ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Ir’itangazo bari barisohoye mugihe u butegetsi bwa Kinshasa bwatinya ko M23 yigarurira u Mujyi wa Goma, uzwi nk’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, n’inyuma y’imirwano ikaze yabaye mu mpera z’iki Cyumweru dusoje, yasize M23 y’igaruriye ibice byinshi byingenzi ku Mujyi wa Goma.

Mugenzi Félix, umwe mu Banyekongo ukurikiranira hafi ibya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yavuze ko ririya tangazo ari Fake (ibihimbano), n’ibyo yanenze akoresheje urubuga rwe rwa X, yavuze ko itangazo ryasohotse ejo atari ry’ukuri ko ahubwo Abanyekongo bakorera mu kwaha k’ubutegetsi bwa Kinshasa aribo barihimbye, avuga kandi ko bari himbye mugihe Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zari zasabye ubutegetsi bwa Kinshasa kuganira na M23, ibyo perezida Félix Tshisekedi atarigera y’umva n’umunsi n’umwe.

Mugenzi Félix, yagize ati: “Abanyekongo baratangaje cyane, Blinken yahamagaye Tshisekedi amusaba kuganira na M23, depite Andre Carson w’umunyamerika aheruka gusohora inyandiko zamagana ihohoterwa n’itsemba bwoko rikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo muri RDC.”

Yakomeje agira ati: “Abanyekongo bakoreye imyigaragambyo kuri Ambasade y’Amerika i Kinshasa. Rero abamamaza ibinyoma bya Patrick Muyaya bo bari gusohora amatangazo y’ibinyoma . Ririya tangazo ni Fake.”

Nyuma MCN yaje kureba ku rukuta rwa Ambasade y’Amerika i Kinshasa, dusanga iryo tangazo ntari hari ndetse tureba no kurukuta rw’uhagarariye Amerika muri RDC, Lucy Tamlyn, dusanga ririya tangazo ntari hari.

Urebye inyandiko za Perezida Félix Tshisekedi yashize hanze ku mugoroba w’ejo hashize ubona zifitanye isano na ririya tangazo, aho yagize ati: “Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasabye leta y’u Rwanda kuvana Ingabo zabo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, no guhagarika gutera igihugu cyacu.”

Ubutegetsi bwa Kinshasa bwakomeje gushinja Guverinoma y’u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, ibyo Kigali yakomeje gutera utwatsi hubwo bagashinja ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi gukona byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, urimo abasize bakoze Genocide mu Rwanda, mu 1994.

Kugeza ubu imirwano irakomeje mu Burasirazuba bwa RDC, aho iy’i mirwano yamaze kwinjira muri Kivu y’Amajy’epfo, ni mugihe ibisasu biri kurasirwa muri Minova, muri teritware ya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Bruce Bahanda.

Tags: AmerikaItangazoRwandaRyiswe ikinyoma cyambaye ubusaTshisekedi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ubutegetsi bwa RDC, bakinguye inzira y’ibiganiro n’u Rwanda, ariko bashiramo amananiza.

Ubutegetsi bwa RDC, bakinguye inzira y'ibiganiro n'u Rwanda, ariko bashiramo amananiza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?