Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Izamuka ry’ibiciro mu mujyi wa Goma riravuza ubuhuha.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 8, 2025
in Regional Politics
0
Izamuka ry’ibiciro mu mujyi wa Goma riravuza ubuhuha.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Izamuka ry’ibiciro mu mujyi wa Goma riravuza ubuhuha.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Nyuma y’aho umutwe wa M23 ufashe centre ya Masisi, iyari icyicaro gikuru cy’iyi teritware ya Masisi, byahise bigira ingaruka ku biciro by’ibiryo mu mujyi wa Goma.

Mu mpera zakiriya Cyumweru gishize ni bwo M23 yabohoje isantire ya Masisi.

Ifatwa ry’iyi santire nkuru ya teritware ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryahise bitangira kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage bo mu mujyi wa Goma n’ibindi bice biherereye hafi aho.

Izo ngaruka zirimo izamuka ry’ibiciro by’iribwa ku masoko.

Zone ya Masisi ari na yo santire nkuru ya teritware ya Masisi, izengurutswe n’uduce turimo Lushebere, Luashi, Buguri ibice nabyo byingenzi byo muri Kivu y’Amajyaruguru, nabyo byigaruriwe n’uriya mutwe wa M23.

Mu busanzwe teritware ya Masisi, izwi kuba ari yo iza kumwanya wa mbere mu buhinzi mu Ntara ya Kivu Yaruguru, mu bihingwa nk’ibitoki, ibirayi n’ibigori.

Ifatwa rya Masisi ryatumye ibiciro by’ibiribwa bihaturuka byiyongera cyane ku masoko atandukanye yo mu mujyi wa Goma.

Abacuruzi bacururiza mu isoko rinini rya Alanine ricuruza ibyo kurya biturutse muri Masisi, umufuko w’ibirayi uragurishwa amadolari y’Amerika 100 mu gihe mbere wagurishwaga amadolari 48 gusa.

Uko umutekano ugenda urushaho kuba muke muri aka gace gasanzwe ariko kagaburira umujyi wa Goma ni nako abacuruzi bakomeje kugira impungenge zokohereza ibicuruzwa byabo mu mujyi wa Goma.

Ibyo kandi bibaye mu gihe minisitiri w’ubukungu afatanyije n’uwigena migambi muri RDC baheruka gutangaza ko ubukungu bw’igihugu bwahungabanye kuva umutwe wa M23 wigarurira isantire z’ubucuruzi n’ubucukuzi bwa mabuye y’agaciro za Rubaya, Kitshanga, Ngungu na Bunagana. Ibyo bice bikungahaye ku buhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubworozi ndetse na centre ya Masisi ikomeye cyane mu Ntara ya Kivu Yaruguru mu buhinzi.

Tags: GomaIbiciro by'ibiribwaM23Masisi
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Abandi bantu muri Leta ya Kinshasa basabiwe kuzajya bahabwa igihano cy’urupfu.

Abandi bantu muri Leta ya Kinshasa basabiwe kuzajya bahabwa igihano cy'urupfu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?