Izo kwa Tshisekedi zirutse umutuno zita ibirindiro byabo, M23 irabifata.
Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, aravuga ko mu nkengero za Parike ya Kahuzi-Biega, muri teritware ya Kabare, habereye imirwano ikomeye hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo n’umutwe wa M23, uyu mutwe urazirukana unafata uduce twinshi two muri iki gice.
Umusibo ejo ku wa gatanu ni bwo iyo mirwano yabaye hagati y’u ruhande rwa Leta n’uy’u mutwe wa M23 ugize igihe utigisa ubutegetsi bw’i Kinshasa.
Ni imirwano amakuru avuga ko yasize Ingabo z’iki gihugu, FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo bayabangiye ingata, M23 ihita yigarurira uduce twinshi turi muri zo nkengero za Kahuzi-Biega.
Kamwe muri utwo duce uyu mutwe wahise ufata harimo akarimo ibirindiro bikaze by’iri huriro ka Kabushwa n’utundi turi hafi aho.
Nyamara amakuru amwe avuga ko uyu mutwe wa M23 ko ari wo wagabye iki gitero muri turiya duce, mu gihe ku rundi ruhande bivugwa ko uyu mutwe ko wabigabye mu gihe ruriya ruhande rwa Leta rwari rwabanje ku wucyokoza, bikawurakaza maze uzihimuraho zihunga ziri guhungura amatwi.
Aya makuru akomeza avuga ko kubera imirwano ikomeye yabereye muri icyo gice, abaturage benshi barahunze bahungira mu bice bitekanye.
Aka gace kabereyemo imirwano mu gihe katari gaheruka kuyiberamo kuva umutwe wa M23 wabohoza umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Hejuru y’ibyo, iyi mirwano ngo yanasize kandi abakoreshaga umutungo kamere mu buryo butemewe n’amategeko muri parike ya Kahuzi-Biega na bo bavuye muri ako gace, batatanira mu tundi duce.