Kabila kuja kwe i Goma bivuz’iki kuri iyi ntambara Ibera muri RDC, umusesenguzi.
Umusesenguzi kuri Politiki ya Repubulika ya demokarasi ya Congo asesengura ko gusubira muri iki gihugu kwa Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wacyo kuba yakiriwe mu Burasizuba bw’iki gihugu, ari intambwe ikomeye ku ruhande rumwe ishobora gukurura intambara ndende cyangwa kurundi ruhande bikaba amahirwe menshi yo kuyirangiza vuba.
Umusesenguzi w’Umunyamerika, Simon Fraser, yabwiye itangazamakuru ko intambara ibera muri RDC ejo hayo hazagenwa n’ibiganiro hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa biyobowe na Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Ni mu gihe binateganyijwe ko muri uku kwezi kwa gatandatu tugiye kwinjiramo impande zombi zizahurura i Washington DC zigashyira umukono ku masezerano y’amahoro yo kurangiza iyi intambara.
Ku wa mbere w’iki cyumweru umutwe wa M23 watangaje ko Joseph Kabila bamwakiriye i Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu.
Uyu munyamerika avuga ati: “Niba ibyo biganiro binaniranye, amasezerano ntagerweho, ntekereza ko kuhagera kwa Joseph Kabila kwaba ingenzi ndetse mu bigize amakuba yigihe kirekire bikabonerwa igisubizo kirambye.
M23 yakiriye uyu munyapolitiki w’imyaka 53 y’amavuko uri mu bakomeye wanayoboye iki gihugu cya RDC imyaka 18, wubuye imirwano mu mpera z’umwaka wa 2021 kubera ko abo mu Barasirazuba bw’iki gihugu cyabo batotezwaga bakanicywa, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abanyamulenge, Abahema n’Abatutsi bose muri rusange.
I Kinshasa bamaganye iki cyemezo cya Kabila cyo kuja i Goma, ndetse ubundi na Sena y’iki gihugu imwambura ubudahangarwa bwo kuba umusenateri ubuzima bwe bwose nk’uko amategeko agenga iki gihugu abikora ku wabaye umukuru w’igihugu.
Kabila yanenze bikomeye ubu butegetsi bw’i Kinshasa bwa mwambuye ubudahangarwa, agaragaza ko ari ubutegetsi bw’i gitugu kandi ko bugendera ku makuru y’ibihuha.
Anenga ubucamanza bwemeye gukoreshwa ku mugaragaro ku nyungu za politiki.
Ubwo yatangaga iri jambo yagize ati: “Nk’umusirikare, narahiriye kurinda igihugu kugeza kugitambo kiruta byose. Ubushize nari ku butegetsi, uyu munsi sindi ku butegetsi, ariko nkomeje kuba indahemuka kuri iyo ndahiro kurusha mbere hose.”
Nk’uko uriya musesenguzi we abibona, avuga ko mu gihe RDC n’u Rwanda byagera ku masezerano y’amahoro, icyo gihe Kabila azaba yarishize mu kaga.
Ariko ngo mu gihe ntamusaruro bizageraho, icyo gihe azaba yariteganyirje neza.
Yongeyeho kandi ko kuja i Goma kwe byemeje amakuru yavugaga ko afasha uyu mutwe wa M23.
Ku rundi ruhande avuga ko kuza kwa Kabila muri iki gice kigenzurwa n’umutwe wa M23, ari ngenzi kuri uyu mutwe, ngo kuko wari uhorana abawushigikiye bake, bityo ko uzahita ubona n’ibindi bihugu biwushigikiye byahoraga ari inshuti za Joseph Kabila.
Yagize ati: “Biragoye kuvuga ko M23 ifite abayishigikiye mu muryango mugari wa Banye-Congo no mu bindi bihugu. Ariko kubera Kabila wayoboye iki gihugu bagiye kubabona benshi.”
Avuga kandi ko Kabila yaba akunzwe cyangwa nta kundwe, ariko ko ari umuntu ukomeye muri politiki ya Congo no mu karere. Kubera ibyo bishobora guha andi mahirwe uyu mutwe wa M23 kugirirwa icyizere mu gihugu imbere no hanze yacyo.
Uyu Kabila uvugwa ni umugabo ufite imitungo minini cyane muri RDC, yaba iyimukanwa n’itimukanwa. Hari nk’inzuri nini afite, inyubako i Kinshasa n’i Lubumbashi n’ahandi muri iki gihugu.
Mu mwaka wa 1997, yari umusirikare ufite imyaka 26 y’amavuko, akaba yari umuntu wahoraga hafi ya se, Laurent Desire Kabila.
Mu mwaka wa 2021, Laurent Desire Kabila yarishwe uyu muhungu we Joseph Kabila afata ubutegetsi. Ubutegetsi bwe inshuro nyinshi bwarwanye intambara zitandukanye n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uwari ukomeye cyane mu myaka yashize wa CNDP(Congere National Pour la Defense du peuple) wa Gen.Laurent Nkunda.
Rero kuza kwa Kabila i Goma bishobora kuzabyara amahoro n’ituze birambye, ari kandi ku rundi ruhande bishobora kuzakomeraho mu gihe amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC yagira umusaruro mwiza. Ariko mu gihe uwo musaruro ubuze kuri we no kuri uyu mutwe asanze harimo ibyiza byinshi.