Kabila yashinje Tshisekedi kugendera kubihuha anavuga icyo agiye gukora byihuse.
Joseph Kabila wabaye perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yashinje Tshisekedi wa musimbuye kuri uwo mwanya kuba nyiribayazana w’ibibazo byose Congo ifite no kuba ubutegetsi bwe bugendera kubihuha.
Hari mu ijambo yaraye atanze mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24/05/2025, aho yavuze ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwagendeye kubihuha buvuga ko yagiye i Goma bunatangira ku mugendaho.
Joseph Kabila muri iki kiganiro yemeje ko atagiye i Goma ariko ko agiye gutegura kujayo.
Yavuze ko kutavuga byari kuzamujana imbere y’ubutabera bw’amateka , anavuga ko abaturage b’iki gihugu cye ko bari mukaga kubera ubutegetsi bubi bubayoboye.
Avuga ko mu mwaka wa 2019, kwaribwo yavuye ku butegetsi asiga igihugu kiri hamwe, gifite amahoro, nta myenda gifite kandi igisirikare gikomeye ndetse n’inzego z’ubutegetsi zihamye.
Nyamara ngo nyuma mu myaka yakurikiyeho igihugu cyahise cy’injira mu miyoborere mibi irimo induru na kavuyo nokudakurikiza amategeko, gusuzugura abaturage ndetse n’intambara z’urudaca.
Joseph Kabila kandi yashinje Tshisekedi gucamo abaturage ibice, gutegekesha icyenewabo, gukoresha abacanshuro, n’ibindi byakenesheje Congo.
Yanavuze ko atazatatira indahiro yarahiye nk’umusirikare, avuga ko agiye gufatanya n’abaturage bo mu Burasirazuba bwa Congo batereranywe na Leta, agasaba ko ibagarukaho kuko na bo bakeneye ko abana babo biga.
Mu ngingo yatanze, Kabila yavuze ko leta iriho igomba guhagarika Intambara, igashyira ubutegetsi mu gihugu hose, ikagendera ku mategeko, ikunga abanyekongo, bakaba umwe, igateza imbere igihugu kandi ubukungu bw’iki gihugu ikabucungwa neza bugasaranganywa, kuganira mu buryo buhoraho, ikagarura icyizere mubafatanyabikorwa ba RDC, kureka gukoresha abacanshuro no gucura abasirikare bose bamahanga bari muri iki gihugu bakaja iwabo.
Avuga ko mu gihe ubutegetsi bwokora gutyo, igihugu cyahita kiva mukaga kirimo kimanga.
Uyu wahoze ari perezida w’iki gihugu atangaje ibi mu gihe Sena ya RDC yamwambuye ubudahangarwa bwo kuba umuseteri ubuzima bwe bwose, nkuko amategeko y’iki gihugu abiteganya kuwabaye umukuru w’igihugu.