• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Afrika y’Epfo ku ntambara ibera muri RDC.

minebwenews by minebwenews
January 28, 2025
in Regional Politics
0
Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Afrika y’Epfo ku ntambara ibera muri RDC.
114
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Afrika y’Epfo ku ntambara ibera muri RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiranye ikiganiro na perezida wa Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, aho baganiriye ku byerekeye intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni amakuru yashyizwe hanze n’ibiro by’umukuru w’igihugu cya Afrika y’Epfo, bivuga ko aba bakuru b’ibihugu baganiriye ku ntambara ikomeje guteza imfu ku basirikare bo mu muryango wa Afrika y’Amajy’epfo, SADC.

Ibi biro byagize biti: “Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko imirwano ikwiye guhagarikwa vuba na bwangu kandi ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zirebwa n’aya makimbirane bigasubukurwa.”

U Rwanda narwo binyuze muri minisitiri warwo w’ubabanye n’amahanga, yatangaje ko perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida wa Afrika y’Epfo, kandi ko ibiganiro byabo byatanze umusaruro ndetse kandi ko byabayemo n’ubwumvikane.

Kimwecyo, perezida Ramaphosa, ubwo yari aheruka i Kigali mu Rwanda naho yumvikanye na perezida Paul Kagame ko intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa RDC ikwiye guhagarikwa binyuze mu biganiro by’amahoro.

Ariko ntibyagezweho, kuko ingabo za Afrika y’Epfo ziri mu butumwa bw’umuryango wa SADC zakomeje kuba muri RDC, kandi zikaba zigikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo Wazalendo na FDLR irimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda.

Icyo gihe uyu mu perezida amaze gusubira muri Afrika y’Epfo yagize ati: “Ibikorwa biri kuba bishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda, bikozwe n’umutwe wa FDLR. Hari imitwe myinshi ikorera muri iki gice. Twemeranyije ko igisubizo cy’amahoro cya politiki ari bwo buryo bwiza ku bikorwa bya gisirikare ibyo ari byo byose. Mvuye mu Rwanda mfite imyumvire ivuguruye na gahunda y’uko tugomba gushaka igisubizo cya politiki.”

Afrika y’Epfo yemeje ko kuva tariki ya 23/01 kugeza tariki ya 24/01/2025, abasirikare bayo benshi bapfiriye muri iyi mirwano. Muri aba bapfuye barimo barindwi bari mu butumwa bwa SADC na babiri bari mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye.

Igihugu cya Malawi na cyo gifite abasirikare mu butumwa bwa SADC cyemeje ko mu minsi ibiri, abasirikare bacyo batatu bapfiriye muri iyi ntambara bahanganyemo n’abarwanyi ba M23 mu mujyi wa Sake no mu nkengero z’umujyi wa Goma.

Bivugwa ko mbere y’uko M23 ifata umujyi wa Goma, abasirikare bari mu butumwa bwa SADC bamanitse amaboko, kimwe n’abari mu butumwa bwa LONI, aho bategereje gucyurwa mu bihugu byabo.

Tags: GomaKagameM23Ramaphosa
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Menya icyo u Burundi buri kuvuga ku mujyi wa Goma wa fashwe na m23.

Uko byifashe i Goma nyuma y'aho M23 ihafashe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?