Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Afrika y’Epfo ku ntambara ibera muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 28, 2025
in Regional Politics
0
Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Afrika y’Epfo ku ntambara ibera muri RDC.
114
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Afrika y’Epfo ku ntambara ibera muri RDC.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiranye ikiganiro na perezida wa Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, aho baganiriye ku byerekeye intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni amakuru yashyizwe hanze n’ibiro by’umukuru w’igihugu cya Afrika y’Epfo, bivuga ko aba bakuru b’ibihugu baganiriye ku ntambara ikomeje guteza imfu ku basirikare bo mu muryango wa Afrika y’Amajy’epfo, SADC.

Ibi biro byagize biti: “Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko imirwano ikwiye guhagarikwa vuba na bwangu kandi ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zirebwa n’aya makimbirane bigasubukurwa.”

U Rwanda narwo binyuze muri minisitiri warwo w’ubabanye n’amahanga, yatangaje ko perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida wa Afrika y’Epfo, kandi ko ibiganiro byabo byatanze umusaruro ndetse kandi ko byabayemo n’ubwumvikane.

Kimwecyo, perezida Ramaphosa, ubwo yari aheruka i Kigali mu Rwanda naho yumvikanye na perezida Paul Kagame ko intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa RDC ikwiye guhagarikwa binyuze mu biganiro by’amahoro.

Ariko ntibyagezweho, kuko ingabo za Afrika y’Epfo ziri mu butumwa bw’umuryango wa SADC zakomeje kuba muri RDC, kandi zikaba zigikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo Wazalendo na FDLR irimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda.

Icyo gihe uyu mu perezida amaze gusubira muri Afrika y’Epfo yagize ati: “Ibikorwa biri kuba bishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda, bikozwe n’umutwe wa FDLR. Hari imitwe myinshi ikorera muri iki gice. Twemeranyije ko igisubizo cy’amahoro cya politiki ari bwo buryo bwiza ku bikorwa bya gisirikare ibyo ari byo byose. Mvuye mu Rwanda mfite imyumvire ivuguruye na gahunda y’uko tugomba gushaka igisubizo cya politiki.”

Afrika y’Epfo yemeje ko kuva tariki ya 23/01 kugeza tariki ya 24/01/2025, abasirikare bayo benshi bapfiriye muri iyi mirwano. Muri aba bapfuye barimo barindwi bari mu butumwa bwa SADC na babiri bari mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye.

Igihugu cya Malawi na cyo gifite abasirikare mu butumwa bwa SADC cyemeje ko mu minsi ibiri, abasirikare bacyo batatu bapfiriye muri iyi ntambara bahanganyemo n’abarwanyi ba M23 mu mujyi wa Sake no mu nkengero z’umujyi wa Goma.

Bivugwa ko mbere y’uko M23 ifata umujyi wa Goma, abasirikare bari mu butumwa bwa SADC bamanitse amaboko, kimwe n’abari mu butumwa bwa LONI, aho bategereje gucyurwa mu bihugu byabo.

Tags: GomaKagameM23Ramaphosa
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Menya icyo u Burundi buri kuvuga ku mujyi wa Goma wa fashwe na m23.

Uko byifashe i Goma nyuma y'aho M23 ihafashe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?