Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kera kabaye, perezida w’u Burundi ngwarashaka gusaba imbabazi u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 9, 2025
in Regional Politics
0
Kera kabaye, perezida w’u Burundi ngwarashaka gusaba imbabazi u Rwanda.
114
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kera kabaye, perezida w’u Burundi ngwarashaka gusaba imbabazi u Rwanda.

You might also like

Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.

Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo.

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko perezida w’iki gihugu, Evariste Ndayishimiye, ko ashobora kwerekeza vuba mu Rwanda mu ibanga rikomeye, agamije gusaba imbabazi no gutangira inzira nshya y’u bwiyunge hagati y’ibihugu byombi, ninyuma y’aho umwuka ukomeje kuba mubi ku mibanire y’ibi bihugu.

Ni amakuru yashyizwe hanze mu gihe Repubulika ya demokarasi ya Congo iri mu rugendo rwo gushaka umuti w’intambara n’ibibazo by’u mutekano bimaze igihe biyogoje u Burasirazuba bwayo, ndetse ikaba imaze kwerekana ubushake bwo gukorana n’ibihugu bituranye, harimo n’u Rwanda.

Icyarushijeho gukomeza gusiga u Burundi mu rungabangabo ni icyemezo cy’umuryango wa Afrika y’Amajyepfo, SADC, cyo gutangira gukura ingabo zawo muri RDC, ibintu byatumye umubano w’akarere uhindura isura.

Mu gihe ibi byose bibaye, u Burundi bwakomeje gushinjwa n’inzego z’umutekano mu karere ko bukigira uruhare mu gufasha umutwe wa FDLR, ushinjwa iterabwaba n’ubwicanyi muri RDC no mu Rwanda.

Ni muri urwo rwego intumwa z’iperereza z’u Rwanda n’iz’u Burundi ziherutse guhurira mu ntara ya Kirundo tariki ya 10/03/2025, aho zaganiriye ku bibazo bikomeje gutuma umubano w’ibihugu byombi uguma mu makuba, harimo n’ikibazo cy’imipaka yafunzwe n’u Burundi kuva mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko ibiganiro hagati y’impande zombi bigikomeje nubwo hari ibibindindiza byinshi harimo n’imvugo za perezida Ndayishimiye zibasira u Rwanda.

Yagize ati: “Rimwe na rimwe perezida w’u Burundi atanga ikiganiro mu bitangazamakuru mpuzamahanga ashinja u Rwanda, bikaba bitundindiza mu byo twifuza . Ntabwo ari Abanyarwanda gusa n’Abarundi bifuza ko twagarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi.”

Hari n’andi makuru avuga ko nyuma y’aho u Burundi bubonye ko ibindi bihugu bikomeye byo mu karere biri gushakira amahoro, ndetse n’igitutu mpuzamahanga gikomeje kwiyongera, byatumye perezida Ndayishimiye atekereza gukora uruzinduko rutungiranye i Kigali mu Rwanda, agamije gusaba imbabazi no kwiyegereza ubuyobozi bw’u Rwanda.

Ni mu gihe kubyerekeye ibyimibanire u Burundi bukomeje kwiyongera ku rutonde rw’i bihugu biri mu kato, ndetse umubano wabwo na SADC na EAC utameze neza nk’uko byahoze.

Hari impungenge ko gukomeza imvugo z’urwango n’ibikorwa bya gisirikare bihabanye n’ubufatanye bw’akarere bishobora gutuma u Burundi burushaho kwigizwayo mu biganiro by’amahoro mu karere.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Leta yarwo ya garagaje ko ifite ubushake bwo gukomeza ibiganiro, ariko isaba ko imvugo zishingiye ku binyoma zibasira u Rwanda zihagarara, kugira ngo habeho icyizere cy’umutekano ushingiye ku kuri n’inyungu rusange.

Nyamara n’ubwo aya makuru yakomeje gusakazwa, ariko ntacyo u Burundi burayavugaho, ariko amakuru yizewe aturuka mu bantu ba hafi y’u butegetsi bw’iki gihugu avuga ko ibiganiro byimbitse bikomeje mu rwego rw’umutekano n’iperereza, mu gihe haramutse habonetse umutekano wuzuye ku mpande zombi zikumvikana ku buryo bwo gukomeza urugendo rwo kunga ubumwe.

Icyizere kiracyariho, ariko ibikubiye mu byo perezida Ndayishimiye azahitamo kuvuga uko bizagenda niba hagati y’u Rwanda n’u Burundi umubano ushobora kongera kugaruka, cyangwa niba urujijo rukomeza kuganza.

Tags: ImbabaziNdayishimiyeRwanda
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.

Perezida Museveni yavuze amavu n'amavuko y'intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n'uko yorangizwa. Umukuru w'igihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yatangaje ko intambara ihanganishije Israel, Iran na...

Read moreDetails

Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.

Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze. Umukuru w'igihugu cya Uganda Yoweli Kaguta Miseveni azongera yiyamamaze mu matora ateganyijwe kuba muri iki gihugu umwaka utaha wa 2026. Ku munsi w'ejo...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo.

by Bruce Bahanda
June 24, 2025
0
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria. Ni kuri uyu wa...

Read moreDetails

Kabila yageze i Bukavu muri Kivu y’Epfo, menya ikihamugenza.

by Bruce Bahanda
June 24, 2025
0
Kabila yageze i Bukavu muri Kivu y’Epfo, menya ikihamugenza.

Kabila yageze i Bukavu muri Kivu y'Epfo, menya ikihamugenza. Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, asimburwa na Felix Tshisekedi uyoboye iki gihugu,...

Read moreDetails

Leta y’u Rwanda yasubije abagize igihe bavuga ko Perezida Kagame arwaye.

by Bruce Bahanda
June 24, 2025
0
Leta y’u Rwanda yasubije abagize igihe bavuga ko Perezida Kagame arwaye.

Leta y'u Rwanda yasubije abagize igihe bavuga ko Perezida Kagame arwaye. U butegetsi bw'igihugu cy'u Rwanda bwasubije abagize igihe bavuga ko umukuru w'iki gihugu ko arwaye, ndetse hari...

Read moreDetails
Next Post
Uko byifashe i Katogota ahiriwe imirwano ikomeye ku munsi w’ejo ku wa mbere.

FARDC yahuriye n'akaga mu gitero yagabye mu Rugezi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?