• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kera kabaye, ubutegetsi bw’i Kinshasa bwajanwe mu rukiko.

minebwenews by minebwenews
April 15, 2025
in Regional Politics
0
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kera kabaye, ubutegetsi bw’i Kinshasa bwajanwe mu rukiko.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Abaturage batatu bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo bajyanye kurega Leta ya perezida Felix Tshisekedi mu rukiko rw’umuryango wa Afrika y’i Burasizuba ruzwi nka EACJ, bayishinja ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyoko muntu.

Aba baturage batatu ni Masoso Bideri Antoinette ukomoka muri Kivu y’Amajyepfo, David Fati Karambi ukomoka muri Kivu y’Amajyaruguru na Mandro Logoliga Paul ukomoka mu ntara ya Ituri.

Aya makuru avuga ko aba Banye-Congo batatu bajyanye iki kirego mu rukiko rw’umuryango wa EACJ ku ya 11/04/2025, aho ngo bunganiwe n’abanyamategeko bane.

Mu gutanga iki kirego bagaragaje ko ingabo za Congo zagabye ibitero bya drones mu bice bituwemo n’Abanyamulenge, kandi ko ibyo bitero byatangiye kugabwa muri ibyo kuva tariki ya 19 kugeza 25 z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2025.

Nk’uko babisobanuriye urwo rukiko, bagaragaje ko ibitero byagabwe i Gakangala n’i Lundu, bipfiramo benshi, bikomerekeramo benshi abandi benshi barahunga.

Bashinje ingabo za Congo kandi kugaba ibitero by’indege y’intambara ya Sukhoi muri Minembwe tariki ya 10/03/2025, nabyo bihitana abandi benshi, byangiza n’ikibuga cy’indege cyaho gisanzwe gikoreshwa n’abasivili.

Aba baturage bagaragarije urukiko kandi ko uretse ibi bitero n’ibindi byakurikiyeho, Leta y’i Kinshasa yanze kurinda Abanyamulenge ibitero imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ibagabaho mu bice bitandukanye byo muri teritware ya Fizi harimo n’ibyo yabagabyeho tariki ya 03/03/2025.

Tariki ya 23/02/2025, umutwe wa CODECO wagabye igitero mu ntara ya Ituri bigasobanurwa ko cyapfiriyemo benshi bo mu bwoko bw’Abahema kandi ko leta y’i Kinshasa itagize ubushake bwo kubatabara.

Urukiko rwa EAC kandi barugaragarije ko leta y’i Kinshasa yahagaritse serivisi za bank n’iz’u bucuruzi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, igamije kubabaza Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Basobanura ko leta y’i Kinshasa yafunze Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi, ibashinja gukorana n’umutwe wa M23. Batanze urugero kuri Olive Kirohaa wafunzwe mu minsi ishize.

Muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hamaze iminsi humvikana imvugo z’urwango zibasira cyane cyane abavuga ururimi rw’ikinyarwanda n’igiswahili. Abatanze ikirego bagaragaje ko ikigamijwe ari genocide kandi ko ikibabaje izi mvugo zikwirakwizwa n’abayobozi ba Leta y’iki gihugu.

Basabye uru rukiko gutegeka Leta guhagarika ibitero bigabwa ku Banyamulenge, Abatutsi n’Abahema, igafata ingamba zo kurinda umutekano wabo, ikemera ko ubucuruzi na serivisi za bank bisubukurwa mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Sibyo gusa, kuko kandi basabye uru rukiko gutegeka Leta y’i Kinshasa igaha indishyi Abanyamulenge, Abatutsi n’Abahema zibyo babuze n’ibyangirikiye mu bitero bagabwagaho.

Tariki ya 11/04/2025, umwanditsi w’urukiko rwa EAC yamenyesheje minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa ya Leta y’i Kinshasa kwiregura akoresheje inyandiko mu minsi itarenze 45, bitaba ibyo urubanza rukaba Leta idahari.

Tags: EacjRdc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Mwenga: Inka zirenga 70 basanze zapfuye.

Mwenga: Inka zirenga 70 basanze zapfuye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?