Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 7, 2025
in Regional Politics
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Igihugu cy’u Rwanda cyikuye mu muryango wa CEEAC nyuma y’aho Repubulika ya demokarasi ya Congo ikibangamiye.

Uyu mwanzuro u Rwanda rwawufashe uyu munsi ku wa gatandatu tariki ya 07/06/2025, mu nama yawo yarimo ibera i Malabo.

Nk’uko amakuru abivuga u Rwanda nirwo rwari rugeze ku mwanya wo kuyobora uyu muryango, ariko RDC iza kubyitambikamo, iruburiza uburyo.

U Rwanda itangazo rwashyize hanze, rugaragaza ko RDC ifatanyije n’ibindi bihugu bimwe na bimwe bigize uyu muryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afrika yo hagati (CEEAC), yakoresheje nabi uwo muryango ku nyungu zayo bwite.

Rikavuga ko byongeye kugaragara no mu nama ya 26 y’abakuru b’ibihugu by’uyu muryango yaberaga i Malabo, ngo kuko uburenganzira bw’u Rwanda bwo kuyobora uyu muryango ku buryo buhererekanywa, nk’uko biteganywa n’ingingo ya gatandatu y’amasezerano shingiro y’uyu muryango, bwirengangijwe kubushake hagenderewe ku byifuzo bya RDC.

Mu kwezi kwa kabiri umwaka wa 2023, u Rwanda rwahejwe mu nama ya 22 y’uyu muryango yaberaga i Kinshasa muri RDC, biturutse ku mabwiriza ya perezida Felix Tshisekedi wayoboraga uyu muryango.

Ibibazo bishyamiranya impande zombi byakunze kugaragara mu nama za CEEAC, ndetse tariki ya 04/06/2025 hari habaye inama yo ku rwego rw’abaminisitiri yari igamije kunga u Rwanda na Congo, ariko iki gihugu gikomeza gutsimbarara ku mugambi wo kwitambika iby’uko u Rwanda rwahabwa ubuyobozi bwabwo. U Rwanda rwari rwavuze ko nibikomeza gutyo rugomba kuva muri CEEAC.

Ubundi uyu muryango ugizwe n’ibihugu birimo Angola, Congo-Brazaville, RDC, Cameroun, Gabon, Tchad, Guinee, Equatoriale, Centrafrique, u Rwanda, u Burundi, na Sāo.

Tags: CEEACRdcRwandaUmwanzuro
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Abarenga batatu baguye mu gitero cyagabwe i Tsotso.

Abarenga batatu baguye mu gitero cyagabwe i Tsotso.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?