Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kinshasa mu burakari bwinshi yavuze icyo igiye gukora nyuma y’aho yemeje urupfu rwa guverineri w’intara ya Kivu Yaruguru.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 25, 2025
in Regional Politics
0
Kinshasa mu burakari bwinshi yavuze icyo igiye gukora nyuma y’aho yemeje urupfu rwa guverineri w’intara ya Kivu Yaruguru.
147
SHARES
3.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kinshasa mu burakari bwinshi yavuze icyo igiye gukora nyuma y’aho yemeje urupfu rwa guverineri w’intara ya Kivu Yaruguru.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyemeje bidasubirwaho urupfu rwa Maj Gen Peter Cirumwami Nkuba, wari na guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, gishimangira ko kigomba ku muhorera byanze bikunze.

Urupfu rwa Maj Gen Peter Cirumwami rwemejwe nyuma y’inama y’ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za RDC yateranye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 24/01/2025.

Iyi nama ikaba yarayobowe na perezida Félix Tshisekedi, yanzura ko ingabo z’iki gihugu zogomba guhorera Maj Gen Peter Cirumwami bise intwari ikomeye.

Umuvugizi w’igisirikare cya RDC, ubwo yatangazaga urupfu rwa Maj Gen Peter Cirumwami yavuze ko ubwo yaraswaga na M23 , yahise yoherezwa kwa muganga ngo ahabwe ubuvuzi bukwiye, ariko akitaba Imana azize ibikomere.

Muri iryo jambo rya Maj Gen Sylvain Ekenge, yavuze kandi ko perezida w’iki gihugu cya RDC, yatanze amabwiriza akomeye yo gukubura umwanzi no ku mwirukana mu nkengero z’umujyi wa Goma.

Hanyuma perezida Félix Tshisekedi kandi yunamiye Peter Cirumwami amwita intwari yakoze uko ishoboye ngo arinde igihugu cye, kugera ubwo agwa ku mirongo y’imbere ku rugamba.

Usibye ni byo, leta yavuze ko hazategurwa imihango yo ku musezera bwa nyuma ku rwego rw’igihugu izabera i Kinshasa kugira ngo ahabwe agaciro kamukwiye.

Urupfu rwa Maj Gen Peter Cirumwami rwabanje gutangazwa n’umutwe wa M23, aho wahamije ko yaguye ku musozi wa Kasengezi arashwe n’abasirikare bawo.

General Cirumwami wapfuye, yakunze kugaragara nk’ushigikiye cyane imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, ahanini muri iyi ntambara leta ya Kinshasa ihanganyemo n’u mutwe wa M23.

Raporo nyinshi z’impuguke za LONI zagiye zigaragaza ko Maj Gen Peter Cirumwami ko ari we wari umuhuza ukomeye w’ubutegetsi bwa Kinshasa n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze iyo mu Rwanda mu 1994.

Cirumwami yishwe mu gihe M23 yatangaje ku wa 23/01/2025, ko igiye gufata umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tags: GuhohoreraKinshasaM23
Share59Tweet37Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano ikomeye yaramukiye mu duce two muri Kalehe.

Lt Gen.Masunzu agiye kugerageza guhangana na M23 bwa nyuma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?