Komanda wa Wazalendo yishwe.
Umwe mu bakomando bo mu ihuriro rya Wazalendo basanzwe bafatikanya n’Ingabo za Congo(FARDC) kurwanya umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho yishwe arashwe kibandi muri Kivu y’Amajyepfo.
Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatanu tariki ya 30/05/2025, ni bwo uyu muyobozi wari umwe mubayoboye Wazalendo yishwe n’abantu batazwi.
Amakuru aturuka muri ibyo bice avuga ko uyu mukomanda ko yarasiwe muri Quartier ya Kalundu iherereye i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.
Ni amakuru agaragaza kandi ko yarashwe mu masaha ya saa tanu ziri joro ryo ku wa kane rishyira kuri uyu wa gatanu.
Ariko kugeza ubu abamwishe ntibaramenyekana, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.
Uwo mukondo waraye yishwe yarazwi ku izina rya Risasi.

Kuva uyu mujyi wa Uvira uhungiyemo ihuriro ry’abasirikare ba Leta batsinzwe ku rugamba i Goma n’i Bukavu wakomeje kuberamo ubwicanyi bukorwa mu buryo nk’ubu uyu mu Mai Mai yishwemo.
Ubwo bwicanyi bukorerwa abasivili, abasirikare, abapolisi n’abandi bakozi ba Leta.
Hagataho, umutekano wo muri uyu mujyi wa Uvira ugenda urushaho kuzamba uko bwije n’uko bukeye bitewe n’imiyoberere mibi irangwa mu ihuriro ry’ingabo za Congo zigenzura ako gace.