Ku Ndondo: Wazalendo Bahahuriye n’Urugamba Rukomeye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki ya 12/03/2026, ku Ndondo muri gurupema ya Bijombo, teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, habereye imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba Wazalendo na MRDP-Twirwaneho, bituma bamwe mu bagabye igitero bahasiga ubuzima.
Amakuru yizewe Minembwe Capital News yahawe n’umwe mu baturage batuye muri ako gace avuga ko muri iryo joro abarwanyi ba Wazalendo bagabye igitero ku baturage batuye ku Ndondo.
Uwo muturage mu butumwa yatanze yagize ati:
“Iri joro ryakeye Abajenesi barindwi (7) bo muri Wazalendo bahasize ubuzima nyuma y’imirwano yabereye hano ku Ndondo.”
Amakuru akomeza avuga ko abo barwanyi ba Wazalendo bari bagabye igitero bagamije kwibasira abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, ndetse no gusahura amatungo yabo arimo inka, ihene n’intama, nk’uko byagiye bivugwa kenshi mu bitero byagiye bigabwa muri ako karere.
Gusa ngo ubwo icyo gitero cyatangiraga, MRDP-Twirwaneho yahise itabara abaturage, maze imirwano iratangira. Iyo mirwano yarangiye bamwe mu bagabye igitero bahasize ubuzima, mu gihe abandi bakomeretse, nubwo umubare wabo utaratangazwa neza.
Amakuru aturuka mu baturage avuga ko imirwano yabereye cyane mu gace kitwa Mumitamba hafi ya Mugeti, aho abarwanyi ba Wazalendo bakunze gukoresha nk’inzira banyuramo bagaba ibitero ku baturage batuye muri ako gace.
Si ubwa mbere ako gace kagabwaho ibitero nk’ibi. Mu mpera z’icyumweru gishize na bwo bivugwa ko abarwanyi ba Wazalendo bagabye igitero muri ako gace ka Mitamba, ariko Twirwaneho bakaza kubasubiza inyuma nyuma y’imirwano yamaze amasaha menshi.
Akarere ka Bijombo, gaherereye mu misozi y’i Mulenge muri teritwari ya Uvira, kamaze imyaka myinshi karangwa n’umutekano muke uterwa n’ibitero bivugwa ko bigabwa n’ingabo za FARDC, Wazalendo, FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi ku baturage b’Abanyamulenge.
Abaturage bo muri ako karere bakomeje gusaba ko hashyirwa imbaraga mu kugarura umutekano urambye, kugira ngo bashobore gusubira mu buzima busanzwe no gukora ibikorwa byabo by’iterambere mu mutuzo.




