Kubera inkoni z’abungeri, FARDC yarashe imbunda z’imisaada.
Uyu munsi mu Minembwe humvikanye urusaku rw’imbunda rwinshi, nyuma y’uko ingabo z’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, zikorera muri aka gace zarashe abungeri b’inka b’Abanyamulenge zibaziza kuba bari bitwaje inkoni mu maboko; mu kubarasa zakoresheje imbunda zirimo Mashinigani, izwi ko iri muzu musaada.
Igihe cy’amanywa yo kuri uyu wa gatanu tariki ya 07/02/2025, ni bwo mu Minembwe humvikanye ibiturika byinshi.
Bivugwa ko iryo rasagura ryavuye kukuba abasirikare bari mu Madegu batonganiye telefone, bahita batangira kurasa hejuru.
Icyaje gukurikiraho, aba basirikare ba FARDC barangije ahari abasore b’Abanyamulenge baragiye inka, ni ko guhita baberekezaho imitutu ya za mbunda barabarasa.
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko bakoresheje imbunda zamashinigani, kibariga n’izindi zifashishwa mu ntambara ikomeye.
Nta muntu zishe cyangwa zakomerekeje, ndetse n’inka ntayakomeretse.
Gusa, Minembwe.com yabwiwe ko iryo turika ry’imbunda ryatumye isoko ya gatanu iremura. Iyi akaba ari isoko nkuru ya Minembwe, iremwa n’antu benshi abavuye kure n’abaturiye aka karere ka Minembwe.
Ku rundi ruhande, abasirikare bari basanzwe muri aka gace ka Minembwe, abenshi boherejwe i Bukavu kuja kuharinda hadafatwa n’umutwe wa M23.
Hagataho, uyu mujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, ubwoba bukomeje kwiyongera, abenshi mu baturage baho, bahungiye i Bujumbura mu Burundi, i Kamembe mu Rwanda, ndetse abandi bagiye bahungira mu bindi bice bitarimo imirwano.
Ni mu gihe bivugwa ko umutwe wa M23 uri gusatira werekeza gufata uyu mujyi.