Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 4, 2025
in Conflict & Security
0
Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.

You might also like

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

Amakuru: Iby’igitero i Katana.

Umubare w’abantu ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zimaze kwicira mu mujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’aho umutwe wa M23 wirukanye izi ngabo mu bice byinshi byo muri iyi ntara na Kivu Yaruguru zigahungira muri uyu mujyi wa Uvira, n’abantu babarirwa 70.

M23 yafashe umujyi wa Goma muri Kivu y’Amajyaruguru ku ya 27/01/2025, icyo gihe ni bwo ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zatangiye guhungira i Bukavu na Uvira.

Ahagana ku wa 16/02/2025, uyu mutwe na bwo winjiye muri Bukavu urayifata, Ingabo za Leta zari ziyirimo hamwe n’izari zayihungiiyemo ziturutse i Goma, zahungiye i Uvira na Nyengezi kimwe na Kamanyola.

Nanone kandi Kamanyola na Nyangenzi, n’ibindi bice byinshi byo muri Kivu y’Amajyepfo, byaje kwigarurirwa n’aba barwanyi bo muri M23, abahunze bo muri uru ruhande rwa Leta ya Congo bagahungira i Uvira.

Ibi byaje gutuma iki gice cy’umujyi wa Uvira cyaje no kwimurirwamo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rwa Leta y’i Kinshasa, kibamo umutekano muke, abaturage batangira kwicwa kibandi no gusahurwa ibyabo.

Ababicaga bakanabasahura, ni FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo.

Itsinda ry’abaturage bake riherereye muri icyo gice cya Uvira amatohoza ryakoze, rirangije riha ubu butumwa ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, ryasanze abaturage bamaze kwicwa muri ubwo buryo bwavuzwe haruguru ari 64, ariko ko uyu mubare ushobora kuzamuka ukarenga 70 mu gihe boramuka bashizemo n’abasirikare bishwe n’abo muri ubwo buryo.

Ubutumwa bw’iri tsinda bwanditse bugira buti: “Uvira, guhera mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka kugeza uyu munsi, abantu 64 nibo bamaze kwicwa. Uyu mubare ushobora kwiyongeraho dushizemo n’abasirikare bishwe muri ubwo buryo.”

Muri aba baturage bishwe barimo Kinyungu Sangephar w’imyaka ikabakaba 60, wiciwe muri Quartier ya Mulongwe, yicwa arashwe igihe cijoro mu byumweru bitatu bishize.

Barimo kandi n’abandi bantu babiri bishwe ijoro rimwe muri Quartier ya Karmeli/Talatala, bicwa mu ijoro ryo ku itariki ya 19/05/2025.

Si abo gusa kuko no mu ijoro ryo ku itariki ya 11/05/2025, hishwe kandi undi mugabo wari uzwi cyane ku izina rya Angola, we yarasiwe muri Quartier ya Kabindula iherereye hafi no mu mujyirwagati wa Uvira.

Hanyuma y’ibyo hari
n’abandi bagiye bicwa mu bihe bitandukanye, uherereye mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Nk’uko iri tsinda ribisobanura abenshi muri aba bishwe, bazize gushigikira umutwe wa M23, abandi bakishwa igihe baje gusahurwa naziriya ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo bagira ngo bari rwanirira bakaraswa.

Kugeza n’ubu uyu mujyi wa Uvira uracyarimo umutekano muke. Benshi bizera ko ubwicanyi buwukorerwamo, buzarangira mu gihe uzaba wageze mu biganza by’abarwanyi ba M23 n’aba Twirwaneho.

Unarebye ibice aba barwanyi bamaze kubohoza birangwamo amahoro n’ituze, bitandukanye kure n’uduce ingabo za Congo n’abambari bazo bagenzura.

Tags: AbantuBishweUvira
Share31Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
M23 yigaruriye uduce twinshi mu mirwano yarimaze iminsi irenga ibiri.

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahamagaje intumwa zayo ryari ryarohereje i...

Read moreDetails

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahinduriye imirimo Birato Rwihimba Emmanuel wari guverineri w'i ntara...

Read moreDetails

Amakuru: Iby’igitero i Katana.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
I Walikale habereye imirwano ikomeye.

Amakuru: Iby'igitero i Katana. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye igitero mu gice cya Katana kimaze iminsi ibarirwa mu mezi atatu kigenzurwa n'umutwe wa M23,...

Read moreDetails

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa. Minisitiri w'u butabera muri Repubulika ya demokarasi ya Congo yitabye ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo kunyereza amafaranga yari agenewe kubaka gereza y'i Kisangani...

Read moreDetails

Amakuru mashya: Hagaragajwe icyabaye kuri Wazalendo mu Rurambo kiyicya intege.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Amakuru mashya: Hagaragajwe icyabaye kuri Wazalendo mu Rurambo kiyicya intege. Amakuru aturuka mu Rurambo ho mu misozi ya teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, agaragaza ko...

Read moreDetails
Next Post
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?