Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.
Umubare w’abantu ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zimaze kwicira mu mujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’aho umutwe wa M23 wirukanye izi ngabo mu bice byinshi byo muri iyi ntara na Kivu Yaruguru zigahungira muri uyu mujyi wa Uvira, n’abantu babarirwa 70.
M23 yafashe umujyi wa Goma muri Kivu y’Amajyaruguru ku ya 27/01/2025, icyo gihe ni bwo ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zatangiye guhungira i Bukavu na Uvira.
Ahagana ku wa 16/02/2025, uyu mutwe na bwo winjiye muri Bukavu urayifata, Ingabo za Leta zari ziyirimo hamwe n’izari zayihungiiyemo ziturutse i Goma, zahungiye i Uvira na Nyengezi kimwe na Kamanyola.
Nanone kandi Kamanyola na Nyangenzi, n’ibindi bice byinshi byo muri Kivu y’Amajyepfo, byaje kwigarurirwa n’aba barwanyi bo muri M23, abahunze bo muri uru ruhande rwa Leta ya Congo bagahungira i Uvira.
Ibi byaje gutuma iki gice cy’umujyi wa Uvira cyaje no kwimurirwamo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo ku rwego rwa Leta y’i Kinshasa, kibamo umutekano muke, abaturage batangira kwicwa kibandi no gusahurwa ibyabo.
Ababicaga bakanabasahura, ni FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo.
Itsinda ry’abaturage bake riherereye muri icyo gice cya Uvira amatohoza ryakoze, rirangije riha ubu butumwa ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, ryasanze abaturage bamaze kwicwa muri ubwo buryo bwavuzwe haruguru ari 64, ariko ko uyu mubare ushobora kuzamuka ukarenga 70 mu gihe boramuka bashizemo n’abasirikare bishwe n’abo muri ubwo buryo.
Ubutumwa bw’iri tsinda bwanditse bugira buti: “Uvira, guhera mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka kugeza uyu munsi, abantu 64 nibo bamaze kwicwa. Uyu mubare ushobora kwiyongeraho dushizemo n’abasirikare bishwe muri ubwo buryo.”
Muri aba baturage bishwe barimo Kinyungu Sangephar w’imyaka ikabakaba 60, wiciwe muri Quartier ya Mulongwe, yicwa arashwe igihe cijoro mu byumweru bitatu bishize.
Barimo kandi n’abandi bantu babiri bishwe ijoro rimwe muri Quartier ya Karmeli/Talatala, bicwa mu ijoro ryo ku itariki ya 19/05/2025.
Si abo gusa kuko no mu ijoro ryo ku itariki ya 11/05/2025, hishwe kandi undi mugabo wari uzwi cyane ku izina rya Angola, we yarasiwe muri Quartier ya Kabindula iherereye hafi no mu mujyirwagati wa Uvira.
Hanyuma y’ibyo hari
n’abandi bagiye bicwa mu bihe bitandukanye, uherereye mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.
Nk’uko iri tsinda ribisobanura abenshi muri aba bishwe, bazize gushigikira umutwe wa M23, abandi bakishwa igihe baje gusahurwa naziriya ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo bagira ngo bari rwanirira bakaraswa.
Kugeza n’ubu uyu mujyi wa Uvira uracyarimo umutekano muke. Benshi bizera ko ubwicanyi buwukorerwamo, buzarangira mu gihe uzaba wageze mu biganza by’abarwanyi ba M23 n’aba Twirwaneho.
Unarebye ibice aba barwanyi bamaze kubohoza birangwamo amahoro n’ituze, bitandukanye kure n’uduce ingabo za Congo n’abambari bazo bagenzura.