Kwa Tshisekedi byakaze, abadepite bafatanye mu mashati, ndetse hafi gukubitana amangumi
Muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu nteko ishinga amategeko bagaragaye bafatanye mu mashati, aho hari uruhande rushigikiye Vital Kamerhe, perezida w’inteko ishinga amategeko uri ku gitutu cyo kweguzwa, n’abatamushigikiye.
Amakuru agaragaza ko ibyo byabaye aha’rejo, ubushamirane bwabo bwaviriyemo bamwe guterana amagambo hafi kugukibitana ingumi.
Abashigikiye Kamerhe bavuga ko atari we kibazo muri RDC, abatamushigikiye na bo bakavuga ko agomba kugenda ngo kuko ntacyo ashoboye.
Ibi byo guterana amagambo byatumye abanyamakuru babikura mu cyumba iyo inteko iteranira, babishyira ku karubanda bakoresheje amashusho no gufata amajwi.
Depite Crispin Mbindule ni we watangije ibyo kurwanya Vital Kamerhe, nyuma uko yagiye abicengeza muri bagenzi be abona benshi bamushigikiye, kuko amakuru avuga ko abari nyuma ye ni abadepite 262.
Uyu Crispin yagize ati: “Tugiye gukuraho Kamerhe kubera ko adashoboye.”
Yongeyeho ati: “Kamerhe yemeye amakosa, asaba imbabazi, kandi usaba imbabazi aba afite icyo yishinja. Ntabwo dutanga imbabazi.”
Yanavuze ko kubera ko Kamerhe ari we perezida w’inteko ishinga amategeko, ntabwo bomureka gusa ngo agende, bazamukirikiza ubutabera.
Ni mu gihe uyu Kamerhe yigeze gushinjwa kunyereza amafaranga y’igihugu abarirwa muri miliyoni z’amadolari y’Amerika ubwo perezida Felix Tshisekedi yari akija ku butegetsi, gusa icyo gihe yaje guhabwa imbabazi bituma asubira mu mirimo ye ya politiki.
Abadepite bamushinja kutagira umucyo mu mikorere y’ubuyobozi bwe, kubuza ko abadepite bakora igenzura ry’iyo mikorere, ibibazo bijyanye n’amafaranga y’ibirarane bimaze amezi 10, no kutagira uburyo bwiza bwo kuvuza abadepite.
Ishyaka rya perezida Felix Tshisekedi, ubushize ryatangaje ko atari ryo ryatangije umushinga wo gukuraho Vital Kamerhe ahubwo ko ari ibyavutse gusa mu badepite bonyine.