
Abasirikare umunani(8), bomungabo za EACRF bakomoka mugihugu ca Kenya bafashwe nigisirikare ca Republika iharanira democrasi ya Congo (FARDC), bamara umwanya ungana namasaha umunani bafunzwe nimugihe bari babikanze bibwirako ari abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23.
Yanditswe na Bruce Bahanda, Tariki 20.03.2023, saa 4:20Pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Mugitondo cyo k’witariki 19.03. 2023, kumbuga nkoranya mbaga (Social Media), hakomeje guca videwo igaragaza abasirikare batawe muri yombi, aho bari bakikijwe n’abaturage benshi bavugaga ko aringabo zo mumutwe utinyitse cane muri Congo Kinsha uzwi kwizina rya M23 abo basirikare bafatiwe mumujyi wa Goma.
Bivugwa ko haje kuba igenzura kurabo batawe muriyombi, maze Meya wa Goma, Komiseri Kabeya Makossa François, yamenyesheje itangazamakuru ko abafashwe atari abarwanyi ba M23, ahubwo ko ari abasirikare ba Kenya bari bagiye mu kiruhuko.
Uyu Komiseri Makossa amaze gusanga koko ko atari abasirikare ba M23, yategetse ko bahabwa Komiseri wa Polisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru maze nawe arabaherekeza abageze ku kibuga cy’indege gikuru ca Goma.
Yagize ati: “Ndamenyesha abaturage ko ari abasirikare b’Abanyakenya umunani bari bagiye mu kiruhuko iwabo. Basatswe kandi bari bafite imyambaro gusa. Komiseri wa Polici muntara ya Kivu Yaruguru, yabaherekeje ku kibuga cy’indege, bafata indege bagana iwabo.”
Leta ya Republika iharanira democrasi ya Congo (RDC), irikanga kwinjirirwa ningabo zumutwe wa M23 mugihe ejo tariki 19.03.2023, imirwano yari ikomeje hagati yabo n’ihuriro rya FARDC, FDLR, Mai Mai ndetse na Bacancuro, mubice biri muri Teritware ya Masisi, maze M23 yigarurira bimwe muribyo bice.




