• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kwivumbura kwa perezida Tshisekedi byavuzwe ko ari ugushakira igisubizo aho kitari.

minebwenews by minebwenews
October 8, 2024
in Regional Politics
1
Kwivumbura kwa perezida Tshisekedi byavuzwe ko ari ugushakira igisubizo aho kitari.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kwivumbura kwa perezida Tshisekedi byavuzwe ko ari ugushakira igisubizo aho kitari.

You might also like

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

Byatangajwe n’umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko uburakari perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yarakariye perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa mu nama ya OIF, byatewe n’uko ibyo yifuzaga bitagezweho nyamara hari ibindi nabyo byari bikenewe.

Félix Tshisekedi Tshilombo wari wagiye mu nama y’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF) yari yabereye i Paris mu Bufaransa, yanze kwitabira inama yo mu muhezo yari yahuje abakuru b’ibihugu bagenzi be!

Bikavugwa ko impamvu Tshisekedi atarangije gahunda zose zibyo biganiro bya OIF, ari uko yababajwe n’uko ku munsi wa mbere wayo, perezida Emmanuel Macron atigeze avuga ku kibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, by’umwihariko ngo yamagane u Rwanda arushinja kuba nyiribayazana w’ibibazo kuri Congo.

Ibi byemejwe na minisitiri ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga n’ibikorwa bya OIF muri RDC, Bestine Kazadi, mu kiganiro yagiranye na TV5 Monde, yasobanuye ko impamvu Tshisekedi yanze kwitabira iyi nama ari uko yababajwe n’uko Macron atamaganye u Rwanda ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Yagize ati: “Ni ukuri ko RDC yababajwe cyane n’uko perezida Macron ubwo yatangizaga inama muri Villers-Cotterets. Kubera ko yarondoye urutonde rw’ibihugu bya La Francophonie byagizweho ingaruka n’amakimbirane, ntiyavuga ku mutekano muke uri muri RDC, nyamara ari igihugu cyingenzi cyane.”

Rero, mu butumwa bw’umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo busubiza minisitiri Kazadi, yagaragaje ko uyu muyobozi wo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo yakabaye ababazwa no kuba igihugu cyabo cyarananiwe gukemura ikibazo cy’umutekano muke, n’ubufasha giha imitwe irimo FDLR bubangamira ubusugire n’ubwigenge bw’ibihugu bihana imbibi.

Yagize ati: “Akababaro kagaragajwe na minisitiri w’umunyekongo kagiye mu mwanya utari wo. Kuba RDC yarananiwe gukemura umutekano muke uri imbere y’imbibi zayo, ndetse no guha intwaro n’amafaranga imitwe y’abajenosideri irimo FDLR, ni cyo gikomeye kibangamira ubwigenge n’ubusugire bw’abaturanyi bayo.”

Perezida Emmanuel Macron ubwo yabazwaga ku kwivumbura kwa perezida Félix Tshisekedi yasubije ko nubwo yarakajwe n’uko atavuze ikibazo cy’u Burasirazuba bwa RDC mu mbwirwaruhame ye, hari n’ibindi bihugu bigize umuryango wa OIF atavuzeho birimo Laos na Birimanie.

Yagize ati: “Hari n’ibindi bibazo byinshi by’intambara nta vuzeho. Ntabwo navuze kuri Loas, sinavuze kuri Birimanie. Ntibyari bikwiye ko numvwa nabi. Ayo makimbirane nayavuzeho mu bihe byashize, mu nama zitandukanye.”

Hagati aho nubwo RDC igaragaza ko ihangayikishijwe n’umutekano muke mu Burasirazuba bw’iki gihugu, ingabo zayo zikomeje gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, zikawuha ubufasha burimo imbunda amafaranga n’imyitozo ya gisirikare.

Ibyo RDC ibikora mu gihe ikibazo cya FDLR kiri muri bimwe mu bibazo biganirwaho cyane mu gihe intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo ziba zahuriye i Luanda muri Angola n’ahandi.

Ndetse mu minsi ishize intumwa za RDC zari zagaragaje ko zifite ubushake bwo gusenya burundu umutwe wa FDLR, mu nama yaberaga i Luanda tariki ya 14/09/2024, zaje kwisubiraho , zanga ko haba indi nama y’inzobere mu iperereza iganirwaho birambuye uko uyu mugambi wagombaga kunozwa.

Perezida Emmanuel Macron mu nama ya OIF yagaragaje ko ashyigikiye ibiganiro by’i Luanda ko bikomeza, kugira ngo u Rwanda na Congo Kinshasa bigere ku myanzuro y’amahoro arambye.

          MCN.
Tags: Emmanuel MacronOIFTshisekediYolande
Share41Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bubiligi, u Bufaransa,...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano? Perezida Évariste Ndayishimiye yagaragaje amagambo akomeye igihe...

Read moreDetails

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails
Next Post
Rurambo:uwiyita Gen Irunga yitandukanyije na Red-Tabara, yihuza n’undi mutwe.

Rurambo:uwiyita Gen Irunga yitandukanyije na Red-Tabara, yihuza n'undi mutwe.

Comments 1

  1. Kavune Obadias says:
    1 year ago

    Uwivumburira umwijima arimbura mano
    Iyo azimbura ngo ahunge igihugu

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?