Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Kwivumbura kwa perezida Tshisekedi byavuzwe ko ari ugushakira igisubizo aho kitari.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 8, 2024
in Regional Politics
1
Kwivumbura kwa perezida Tshisekedi byavuzwe ko ari ugushakira igisubizo aho kitari.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kwivumbura kwa perezida Tshisekedi byavuzwe ko ari ugushakira igisubizo aho kitari.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Byatangajwe n’umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko uburakari perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yarakariye perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa mu nama ya OIF, byatewe n’uko ibyo yifuzaga bitagezweho nyamara hari ibindi nabyo byari bikenewe.

Félix Tshisekedi Tshilombo wari wagiye mu nama y’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF) yari yabereye i Paris mu Bufaransa, yanze kwitabira inama yo mu muhezo yari yahuje abakuru b’ibihugu bagenzi be!

Bikavugwa ko impamvu Tshisekedi atarangije gahunda zose zibyo biganiro bya OIF, ari uko yababajwe n’uko ku munsi wa mbere wayo, perezida Emmanuel Macron atigeze avuga ku kibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, by’umwihariko ngo yamagane u Rwanda arushinja kuba nyiribayazana w’ibibazo kuri Congo.

Ibi byemejwe na minisitiri ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga n’ibikorwa bya OIF muri RDC, Bestine Kazadi, mu kiganiro yagiranye na TV5 Monde, yasobanuye ko impamvu Tshisekedi yanze kwitabira iyi nama ari uko yababajwe n’uko Macron atamaganye u Rwanda ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Yagize ati: “Ni ukuri ko RDC yababajwe cyane n’uko perezida Macron ubwo yatangizaga inama muri Villers-Cotterets. Kubera ko yarondoye urutonde rw’ibihugu bya La Francophonie byagizweho ingaruka n’amakimbirane, ntiyavuga ku mutekano muke uri muri RDC, nyamara ari igihugu cyingenzi cyane.”

Rero, mu butumwa bw’umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo busubiza minisitiri Kazadi, yagaragaje ko uyu muyobozi wo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo yakabaye ababazwa no kuba igihugu cyabo cyarananiwe gukemura ikibazo cy’umutekano muke, n’ubufasha giha imitwe irimo FDLR bubangamira ubusugire n’ubwigenge bw’ibihugu bihana imbibi.

Yagize ati: “Akababaro kagaragajwe na minisitiri w’umunyekongo kagiye mu mwanya utari wo. Kuba RDC yarananiwe gukemura umutekano muke uri imbere y’imbibi zayo, ndetse no guha intwaro n’amafaranga imitwe y’abajenosideri irimo FDLR, ni cyo gikomeye kibangamira ubwigenge n’ubusugire bw’abaturanyi bayo.”

Perezida Emmanuel Macron ubwo yabazwaga ku kwivumbura kwa perezida Félix Tshisekedi yasubije ko nubwo yarakajwe n’uko atavuze ikibazo cy’u Burasirazuba bwa RDC mu mbwirwaruhame ye, hari n’ibindi bihugu bigize umuryango wa OIF atavuzeho birimo Laos na Birimanie.

Yagize ati: “Hari n’ibindi bibazo byinshi by’intambara nta vuzeho. Ntabwo navuze kuri Loas, sinavuze kuri Birimanie. Ntibyari bikwiye ko numvwa nabi. Ayo makimbirane nayavuzeho mu bihe byashize, mu nama zitandukanye.”

Hagati aho nubwo RDC igaragaza ko ihangayikishijwe n’umutekano muke mu Burasirazuba bw’iki gihugu, ingabo zayo zikomeje gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, zikawuha ubufasha burimo imbunda amafaranga n’imyitozo ya gisirikare.

Ibyo RDC ibikora mu gihe ikibazo cya FDLR kiri muri bimwe mu bibazo biganirwaho cyane mu gihe intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo ziba zahuriye i Luanda muri Angola n’ahandi.

Ndetse mu minsi ishize intumwa za RDC zari zagaragaje ko zifite ubushake bwo gusenya burundu umutwe wa FDLR, mu nama yaberaga i Luanda tariki ya 14/09/2024, zaje kwisubiraho , zanga ko haba indi nama y’inzobere mu iperereza iganirwaho birambuye uko uyu mugambi wagombaga kunozwa.

Perezida Emmanuel Macron mu nama ya OIF yagaragaje ko ashyigikiye ibiganiro by’i Luanda ko bikomeza, kugira ngo u Rwanda na Congo Kinshasa bigere ku myanzuro y’amahoro arambye.

          MCN.
Tags: Emmanuel MacronOIFTshisekediYolande
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Rurambo:uwiyita Gen Irunga yitandukanyije na Red-Tabara, yihuza n’undi mutwe.

Rurambo:uwiyita Gen Irunga yitandukanyije na Red-Tabara, yihuza n'undi mutwe.

Comments 1

  1. Kavune Obadias says:
    8 months ago

    Uwivumburira umwijima arimbura mano
    Iyo azimbura ngo ahunge igihugu

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?