
Igihugu ca Afrika y’Epfo cyahamagaje abasirikare babo umunani(8), bashinjwa imyifatire mibi yo kujya mu buraya mugihe bari mubutumwa bw’amahoro M’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Bariya basirikare umunani (8) bari mu butumwa bwa MONUSCO mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Mu cyumweru gishize hatanzwe amakuru ko hafashe ingamba zirimo kubahagarika no kubafunga mu gihe harimo gukorwa iperereza.
Stéphane Dujarric, umuvugizi w’umunyamabanga mukuru wa L’ONI, mu cyumweru gishize yatangaje ko abo basirikare “mu gihe cy’amasaha y’umukwabu bagiye mu kabari kazwiho kuba ahantu hakorerwa uburaya” hafi y’umujyi wa Beni.
Yongeyeho ko abapolisi bo muri ubu butumwa bageze ahabereye ibyo “basanga aribyo ariko bagakangwa n’abagize izo ngabo”, ubwo bari bagiye guta muri yombi abashinjwa ibyo byaha.
Dujarric yavuze ko iperereza ryatangiye kuri abo basirikare bashinjwe kurenga ku mategeko ngengamyitwarire y’abasirikare bari mu butumwa bwa L’ONI.
Mu itangazo, igisirikare ca Afrika y’Epfo(SANDF) basohoye kuriki Cyumweru tariki 15/10/2023, bavuze ko “Kubera uburemere bw’ibyo birego, SANDF yafashe icyemezo cyo kugarura muri Afrika y’Epfo abo basirikare bavugwa gusubiza ibibazo kuri ibi birego no kuvuga ibyabaye.”
Gusa iki gisirikare cyavuze ko L’ONI yarenze ku mabwiriza yo gutangaza ibirego nk’ibi, ntihite ibimenyesha abategetsi ba Afrika y’Epfo ahubwo “bakabimenyera mu binyamakuru”.
Afrika y’Epfo ifite abasirikare barenga 1,000 mu butumwa bwa MONUSCO, ni iya gatanu mu kugirayo ingabo nyinshi inyuma y’Ubuhinde, Pakistan, Bangladesh na Nepal.
Abasirikare ba MONUSCO na mbere hose bagiye bavugwaho ibirego by’imyifatire mibi ijyanye n’imibonano mpuzabitsina.
Mu mwaka w’2017, abasirikare batanu bayo barezwe imyifatire idahwitse nk’iyo, aho umwe muri bo yashinjwe gutera inda umwana w’umunye-kongo utarageza imyaka y’ubukure.
Congo imaze igihe isaba “kwihutisha” kuvana izi ngabo muri iki gihugu ngo bitarenze m’ukwezi kwa (12) uyu mwaka, aho zishinjwa kunanirwa guhagarika imitwe y’itwaje imbunda nokutagarura umutekano, mu myaka irenga 25 zimaze muriki gihugu ca Republika ya Demokorasi ya Congo.
By Bruce Bahanda.