
President wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwana Félix Antoine Tshisekedi, yavuze ko atari inyuma y’umushinga w’itegeko utavugwaho rumwe ku bwenegihugu uzwi ku izina rya “Congolity”, ugamije kubuza abaturage ba Congo, bavutse ku babyeyi b’abanyamahanga, gutanga kandidatire yamatora yumukuru w’Igihugu, ateganywa kuba uyumwaka.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 11.04.2023, saa 7:15 AM, kamasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, nuko President wa Congo Kinshasa yavuze ko atarinyuma yumushinga w’itegeko ribuza Abacongomani bavuka kubabyeyi babiri bafite ubwenegihugu batemerewe Gutanga kandidatire yamatora yumukuru w’Igihugu ateganywa kuba uyumwaka muri Republika ya democrasi ya Congo.
Iritegeko ryakumiraga abafite umubyeyi waba atavuka muri Congo Kinshasa, nimugihe amatora yo ateganywa kuba mukwezi Kwa 12 uyumwaka wa 2023.
Iri tangazo rya President wa Republika ya democrasi ya Congo, rije nyuma y’icyumweru gishize umuyobozi widini Gatolika muri Congo Kinshasa nawe abikozeho, Cardinal Floridine Ambongo, aho yamaganye uyu mushinga w’itegeko avuga ko ari akaga kuri demokarasi y’igihugu.
Abatavuga rumwe na President Félix Antoine Tshisekedi, bavuga ko ashaka gutora iryo tegeko kugira ngo abuze abamurwanya, cyane cyane uwahoze ari Governor w’Intara ya Katanga bwana Moise Katumbi, kuba ya kwiyamamariza umwanya wa Président murayo matora ateganywa kuba muriki gihugu ca Congo Kinshasa.




