
Leta Ya President Félix Antoine Tshisekedi, i Kinshasa batangaje umubare w’imitwe yinyeshamba ikorera ku butaka bwico gihugu.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 19.04.2023, saa 12:35 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru amaze kugera kwisoko ya Minembwe Capital News, dukesha ibitangaza makuru bikorera i Kinshasa kumurwa mukuru w’Igihugu ca Congo( RDC), namakuru avuga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko itunze imitwe yitwaje intwaro igera Kuri 266. Iyi mitwe, yose ikorera muburasirazuba bw’ikigihugu ca Congo Kinshasa.
Ibi byatangajwe nukuriye P-DDRCS, ariwe Tommy Tambwe, ukuriye gahunda yo kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari inyeshamba.
Tommy Tambwe yasobanuye ko muriyo mitwe yitwaje intwaro ikorera muri Congo harimo 252 ikomoka imbere mu gihugu nindi 14 ikomoka mu bihugu by’amahanga birimo Uburundi, Uganda ndetse n’Urwanda.
Mu mitwe ikomoka mu mahanga ikorera mu burasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo (RDC) harimo iya FDLR, RUD-Urunana ndetse n’imitwe ya P5 ishamikiye ku ishyaka RNC ya Kayumba Nyamwasa yose igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
Irimo kandi ADF yo muri Uganda na RED-Tabara yo mu gihugu cy’u Burundi.
Ni imitwe ikorera mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’amajyepfo, Ituri, Tanganyika na Maniema.
Iki gihugu ca Congo Kinshasa, kimaze imyaka irenga 25 kirimo intambara zurudaca hagati mugihugu, izintambara zose ziba zikagira ingaruka kubanyagihugu, nibyabo.
Harimo guhunga Igihugu, Congo Kinshasa akabarico gihugu gifite impunzi nishi zimwe murizo zahungiye mubihugu byamahanga nomugihugu Imbere.




